Umuyobozi w’icyubahiro wungirije wa APR FC, Gen. MK Mubarakh, yahaye ubutumwa abakunzi b’iyi kipe mbere yitegura gukinia imikino CECAFA Kagame Cup 2026, ababwira ko ikipe yiteguye neza ndetse ko abafana bakwiye no kuzitabira imikino iyi kipe izakina.
Gen. MK Mubarakh yasabye abafana ba APR FC gukomeza kuba hafi y’ikipe yabo no kuyishyigikira muri iri rushanwa, aho intego ari uguhatanira kongera kwegukana igikombe.
Mu butumwa yageneye abafana, yagize ati: “Bafana ba APR FC, muraho neza! Benshi muri mwe ntiduherukanye, ariko sinshidikanya ko muri amahoro.”
Uyu muyobozi w’icyubahiro yavuze ko ubuyobozi bwa APR FC bwakiriye ibyifuzo by’abakunzi b’ikipe ndetse bukora ibishoboka kugira ngo bushyireho ikipe ishobora guhangana n’andi makipe.
Yagize ati: “Ubuyobozi bw’ikipe mukunda bwazirikanye ubusabe bwanyu bubahahira intwaro zikwiye. Ahasigaye ni ahanyu.”
Gen. MK Mubarakh yasabye abafana kuzitabira umukino wa mbere wa APR FC muri CECAFA Kagame Cup 2026, avuga ko urugendo rwo gushaka ikindi gikombe rutangirira kuri uwo mukino.
Ati: “Kandi birahera kuri uyu wa Gatanu muri CECAFA Kagame Cup 2026. Igikombe kirajya mu bindi twibitseho.”
Yakomeje asaba abafana kubika neza amatike bazakoresha ku mukino wa mbere, kuko azabafasha no mu yindi mikino ikipe izakira muri iri rushanwa.
Ati: “Itike yo ku wa Gatanu muzayibike neza kuko mu mikino yindi twakira izabahesha kureba undi mukino.”
APR FC izitabira CECAFA Kagame Cup 2026 ishaka kongera kwandika amateka muri iri rushanwa rihuza amakipe akomeye yo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati.



