• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Icyogajuru cya NASA cyavumbuye umubumbe wa mbere uruta Isi uri ahantu hashobora guturwa

Icyogajuru cya NASA cyavumbuye umubumbe wa mbere uruta Isi uri ahantu hashobora guturwa

Ubwanditsi 08 Jan 2020 IKORANABUHANGA

Icyogajuru cy’Ikigo cya Amerika gishinzwe iby’isanzure (NASA) kiri mu butumwa bwo gushakisha imibumbe mishya, TESS (Transiting Exoplanet Survey Satellite), cyavumbuye umubumbe wa mbere ungana n’Isi ushobora guturwaho, mu bilometero byinshi uturutse ku Isi.

Ibimaze kugerwaho muri ubu butumwa byatangarijwe mu nama ya 235 yigira hamwe ibijyanye n’isanzure, mu mujyi wa Honolulu muri Leta ya Hawaii, kuri uyu wa Mbere. Ni inkuru nziza kuko uwo ari umubumbe mushya utari mu rwunge rw’izenguruka Izuba, uri ahantu imiterere yaho ishobora gutuma haba amazi.

Imibare y’ahabanga yagaragaje ko uwo mubumbe wiswe TOI 700 d ufite ubugari buruta Isi ho 20%, ndetse uhabwa n’inyenyeri yawo ingufu zingana na 86% ugereranyije n’izo Izuba ryohereza ku Isi. Uzenguruka inyenyeri yayo iminsi 37 ubariye ku gihe cyo ku Isi.

Indi mibumbe ibiri bisangiye inyenyeri, TOI 700 b na c, yo siko imeze. Uwa b ukomeye nk’uko Isi imeze ndetse uzenguruka inyenyeri yawo mu minsi 10 yo ku Isi, mu gihe uwa c wo ufatwa nk’ugizwe n’imyuka ndetse ubugari bwawo buruta Isi inshuro 2.6, ku buryo bushakirwa hagati y’ubw’Isi na Neptune, ukazenguruka inyenyeri yawo mu minsi 16 ubariye ku gihe cyo ku Isi.

Iyi mibumbe ariko ikururana n’inyenyeri yayo cyane, ku buryo itizenguruka aribyo bituma igice kimwe gihora ari ku manywa.

Umuyobozi muri NASA, Paul Hertz, yavuze ko ubutumwa bwa TESS bwatangijwe hagamijwe gushakisha imibumbe ingana n’Isi izenguruka inyenyeri ziyikikije, kandi burimo gutanga umusaruro.

Yakomeje ati “Imigabane izenguruka inyenyeri ziri hafi byoroshye kuyikurikirana wifashishije indebakure ziri mu isanzure no mu ku Isi. Kuvumbura TOI 700 d ni ikintu gikomeye muri siyansi kibashije kuvumburwa muri TESS. Kwemeza ingano y’uwo mubumbe n’agace gashobora guturwa hifashishijwe Spitzer ni indi ntsinzi kuri Spitzer mu gihe hitegurwa ko isoza ubutumwa muri uku kwezi kwa Mutarama.”

Spitzer ni indebakure (telescope) yoherejwe mu kirere kuwa 25 Nzeri 2003. Indi ndebakure iri mu kirere ni Kepler, nayo ikomeje kugaragaza byinshi ku isanzure.

Ku ikubitiro byatekerezwaga ko inyenyeri TOI 700 d izenguruka yaba ishyuha cyane, ku buryo imibumbe iyikikije nayo igomba kuba iyegereye kandi ishyushye, kugira ngo ibashe kubaho. Nyamara abashakashatsi baje kwerekana ko atariko bimeze. Ubwo hakosorwaga ibipimo, byaje kugaragara ko ingano yawo iri hafi y’iy’Isi, ndetse ko iri ahantu hashobora kuba ubuzima.

Biteganyijwe ko indi ndebakure ya NASA yiswe James Webb Space Telescope izoherezwa mu isanzure mu 2021, izerekana niba iyo mibumbe ifite ikirere ndetse n’ibyaba bikigize, kugira ngo hemezwe bidasubirwaho niba hashobora kuba ubuzima.

TOI 700 d ifite igice kinini gishobora guturwa

2020-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isosiyete HUAWEI Rwanda yashyizeho yang shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu

Isosiyete HUAWEI Rwanda yashyizeho yang shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu

Ubwanditsi 07 Nov 2019
Ibyuma bikoreshwa basaka byaba bigira ingaruka ku buzima?

Ibyuma bikoreshwa basaka byaba bigira ingaruka ku buzima?

Ubwanditsi 12 Mar 2019
Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Ubwanditsi 15 May 2019
Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Ubwanditsi 24 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka
Mu Mahanga

[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Umuhanzi Irakunda Mexance Yashyize hanze indirimbo yise Niyibigena
Amakuru

Umuhanzi Irakunda Mexance Yashyize hanze indirimbo yise Niyibigena

Ubwanditsi 09 Nov 2020
Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi
Mu Rwanda

Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi

Ubwanditsi 13 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru