• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Icyogajuru cya NASA cyavumbuye umubumbe wa mbere uruta Isi uri ahantu hashobora guturwa

Icyogajuru cya NASA cyavumbuye umubumbe wa mbere uruta Isi uri ahantu hashobora guturwa

Ubwanditsi 08 Jan 2020 IKORANABUHANGA

Icyogajuru cy’Ikigo cya Amerika gishinzwe iby’isanzure (NASA) kiri mu butumwa bwo gushakisha imibumbe mishya, TESS (Transiting Exoplanet Survey Satellite), cyavumbuye umubumbe wa mbere ungana n’Isi ushobora guturwaho, mu bilometero byinshi uturutse ku Isi.

Ibimaze kugerwaho muri ubu butumwa byatangarijwe mu nama ya 235 yigira hamwe ibijyanye n’isanzure, mu mujyi wa Honolulu muri Leta ya Hawaii, kuri uyu wa Mbere. Ni inkuru nziza kuko uwo ari umubumbe mushya utari mu rwunge rw’izenguruka Izuba, uri ahantu imiterere yaho ishobora gutuma haba amazi.

Imibare y’ahabanga yagaragaje ko uwo mubumbe wiswe TOI 700 d ufite ubugari buruta Isi ho 20%, ndetse uhabwa n’inyenyeri yawo ingufu zingana na 86% ugereranyije n’izo Izuba ryohereza ku Isi. Uzenguruka inyenyeri yayo iminsi 37 ubariye ku gihe cyo ku Isi.

Indi mibumbe ibiri bisangiye inyenyeri, TOI 700 b na c, yo siko imeze. Uwa b ukomeye nk’uko Isi imeze ndetse uzenguruka inyenyeri yawo mu minsi 10 yo ku Isi, mu gihe uwa c wo ufatwa nk’ugizwe n’imyuka ndetse ubugari bwawo buruta Isi inshuro 2.6, ku buryo bushakirwa hagati y’ubw’Isi na Neptune, ukazenguruka inyenyeri yawo mu minsi 16 ubariye ku gihe cyo ku Isi.

Iyi mibumbe ariko ikururana n’inyenyeri yayo cyane, ku buryo itizenguruka aribyo bituma igice kimwe gihora ari ku manywa.

Umuyobozi muri NASA, Paul Hertz, yavuze ko ubutumwa bwa TESS bwatangijwe hagamijwe gushakisha imibumbe ingana n’Isi izenguruka inyenyeri ziyikikije, kandi burimo gutanga umusaruro.

Yakomeje ati “Imigabane izenguruka inyenyeri ziri hafi byoroshye kuyikurikirana wifashishije indebakure ziri mu isanzure no mu ku Isi. Kuvumbura TOI 700 d ni ikintu gikomeye muri siyansi kibashije kuvumburwa muri TESS. Kwemeza ingano y’uwo mubumbe n’agace gashobora guturwa hifashishijwe Spitzer ni indi ntsinzi kuri Spitzer mu gihe hitegurwa ko isoza ubutumwa muri uku kwezi kwa Mutarama.”

Spitzer ni indebakure (telescope) yoherejwe mu kirere kuwa 25 Nzeri 2003. Indi ndebakure iri mu kirere ni Kepler, nayo ikomeje kugaragaza byinshi ku isanzure.

Ku ikubitiro byatekerezwaga ko inyenyeri TOI 700 d izenguruka yaba ishyuha cyane, ku buryo imibumbe iyikikije nayo igomba kuba iyegereye kandi ishyushye, kugira ngo ibashe kubaho. Nyamara abashakashatsi baje kwerekana ko atariko bimeze. Ubwo hakosorwaga ibipimo, byaje kugaragara ko ingano yawo iri hafi y’iy’Isi, ndetse ko iri ahantu hashobora kuba ubuzima.

Biteganyijwe ko indi ndebakure ya NASA yiswe James Webb Space Telescope izoherezwa mu isanzure mu 2021, izerekana niba iyo mibumbe ifite ikirere ndetse n’ibyaba bikigize, kugira ngo hemezwe bidasubirwaho niba hashobora kuba ubuzima.

TOI 700 d ifite igice kinini gishobora guturwa

2020-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntibisanzwe muri Konka Group bazanye uburyo bwo gutanga inguzanyo kubikoresho byo murugo na Telefone [ VIDEO ]

Ntibisanzwe muri Konka Group bazanye uburyo bwo gutanga inguzanyo kubikoresho byo murugo na Telefone [ VIDEO ]

Ubwanditsi 08 May 2018
Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook

Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook

Ubwanditsi 11 Apr 2018
APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW

APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW

Ubwanditsi 22 Sep 2024
U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

Ubwanditsi 10 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe
POLITIKI

Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi
Amakuru

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Ubwanditsi 19 Aug 2023
Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko hari imitwe itatu ishaka gutera u Burundi iyobowe na Hussein Radjabu
ITOHOZA

Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko hari imitwe itatu ishaka gutera u Burundi iyobowe na Hussein Radjabu

Ubwanditsi 16 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru