• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abagenzacyaha 160 basoje amahugurwa yo kurwanya ibyaha byibasira ibidukikije

Abagenzacyaha 160 basoje amahugurwa yo kurwanya ibyaha byibasira ibidukikije

Editorial 26 Jun 2017 Mu Rwanda

Ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, kuri iki cyumweru tariki ya 25 Kamena, hasojwe amahugurwa y’iminsi 2 yahuzaga abagenzacyaha 160 bo ku rwego rw’akarere bakorera mu turere twose tw’igihugu, abo ku rwego rw’intara ndetse na bamwe mu bagenzacyaha bakorera ku cyicaro gikuru cy’ishami ry’ubugenzacyaha muri Polisi y’u Rwanda, bakaba bahugurwaga ku kurwanya ibyaha byibasira ibidukikije, amahugurwa yari afite insanganyamatsiko igira iti:” Turwanye ibyaha byibasira ibidukikije- Dufatanyije birashoboka.”

Ni amahugurwa yateguwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije na Polisi y’u Rwanda.

Mu muhango wo gusoza aya mahugurwa, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana, yabwiye aba bagenzacyaha ko igihugu na Polisi y’u Rwanda baha agaciro akazi gakomeye bakora, ariko bakajya bakora bafite intego n’icyerekezo.

Aha yababwiye ati:”Buri gihe mujye muzirikana ko ibyo mukora bihura n’icyerekezo cy’igihugu, intego ya Polisi y’u Rwanda, muharanire kuva mu rujijo, kandi mushake ubumenyi.”

Yakomeje ababwira ati:”Igihugu gishishikajwe no kubashakira ibikoresho bishoboka ngo mukore akazi kanyu neza, ariko byose bizagerwaho ari uko murangwa na disipuline, indangagaciro, kugendana n’igihe ndetse no gutangira amakuru ku gihe.”

IGP Gasana yasoje abasaba ko ibyo bigiye muri aya mahugurwa birimo kurengera ibidukikije, kurwanya ruswa n’ibindi, byatuma batahana ukwiyemeza gushya, bakarushaho gukora akazi neza no guha serivisi nziza ababagana.

Umuyobozi wungirije w’ishami ry’ubugenzacyaha (CID) muri Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Morris Murigo, yasabye aba bagenzacyaha gukora kazi kabo neza, bakagenza ibyaha uko bikwiye, kugirango abanyarwanda babone ubutabera bukwiye.

Aha yavuze ati:”Ubutabera ni ingenzi mu iterambere ry’igihugu n’iry’abaturage. Musobanukirwe amategeko mukoresha mu mwuga w’ubugenzacyaha, ariko munamenye ko nimutarangwa na disipuline n’indangagaciro mutazuzuza inshingano zanyu neza.”

-7092.jpg

Basoza amahugurwa

Mu biganiro bahawe n’abakozi b’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije, byibanze ku gufatanya n’iki kigo ku kurengera urusobe rw’ibinyabuzima, kurengera ahantu nyaburanga no gukangurira baturage kwirinda kwinjiza amashashi mu gihugu no kuyata aho babonye, abarenze kuri ibi byose bakabihanirwa.

Baganiriye kandi ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, basaba ko ubucukuzi bwayo nabwo bugomba kurengera ibidukikije.

Source : RNP

2017-06-26
Editorial

IZINDI NKURU

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Editorial 07 Feb 2025
Abanyeshuli batangiye kurwanya Nkurunziza bakoresheje intwaro bashoboye

Abanyeshuli batangiye kurwanya Nkurunziza bakoresheje intwaro bashoboye

Editorial 16 Jun 2016
Inkomoko y’ishoramari rya RPF

Inkomoko y’ishoramari rya RPF

Editorial 01 Jul 2017
Ibihugu by’Afurika biriga ku buryo bwo gusigasira ibimera n’imbuto zabyo

Ibihugu by’Afurika biriga ku buryo bwo gusigasira ibimera n’imbuto zabyo

Editorial 20 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo
IKORANABUHANGA

Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Editorial 02 Apr 2019
Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?
Amakuru

Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Editorial 13 Jan 2025
RDF yasobanuye iby’umuturage warashwe n’uko yatemye imbunda n’umuhoro
Mu Rwanda

RDF yasobanuye iby’umuturage warashwe n’uko yatemye imbunda n’umuhoro

Editorial 24 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru