• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari   |   30 Jun 2025

  • APR BBC izahura na REG ku mukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball 2025, ni nyuma yo gusezerera Patriots BBC   |   30 Jun 2025

  • AMAFOTO: Serumogo Omar yongereye amasezerano muri Rayon Sports, Rushema Chris na Tambwe Gloire basinya amasazerano mashya   |   28 Jun 2025

  • Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka   |   28 Jun 2025

  • AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali   |   26 Jun 2025

  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Abakinnyi ba Rayon Sports bacitsemo ibice, hari abadashaka umutoza

Abakinnyi ba Rayon Sports bacitsemo ibice, hari abadashaka umutoza

Editorial 06 Jun 2018 IMIKINO

Rayon Sports idahagaze neza muri shampiyona, iravugwamo umwuka mubi aho igice kimwe cy’abakinnyi cyamaze kumenyesha abayobozi ko kitagishaka umutoza Ivan Minnaert.

Yaba iri mu bihe byiza cyangwa ibibi, biragoye ko Rayon Sports yamara amezi atatu umwuka ari mwiza, abakinnyi, abatoza, abayobozi, abafana n’abaterankunga batahiriza umugozi umwe.

Nyuma y’agahenge kari kamaze iminsi, umwuka mubi wongeye kuzamuka muri iyi kipe idahagaze neza muri shampiyona aho itsinda ry’abakinnyi batishimye, bamaze kumenyesha ubuyobozi ko badashaka umutoza Ivan Minnaert.

Mu bakinnyi batanu baganiriye na IGIHE, dukesha iyi nkuru babiri bahurije ku kuba umutoza ‘abavangira ndetse agira abakinnyi be, akunda anahoza mu kibuga kabone n’iyo baba batameze neza’ ikaba ari imwe mu mpamvu ziri gutuma umusaruro ukomeje kubura.

Umwe yagize ati “Nitwe twisabiye ko umutoza agenda. Hari ibyemezo afata ukabona ko ashaka guteranya abakinnyi.”

Undi wo mu bashyigikiye umutoza, yagize ati “Njye ndi muri Rayon Sports nk’umukinnyi, nta kidasanzwe umutoza adusaba uretse kwitanga, tugakina. Gusa iyo urebye ibyo abakinnyi bamwe bari gukora, ubona ko hari ikibazo, nta bushake bashyiramo.”

Nyuma yo gutsindwa n’Amagaju FC ibitego 2-1 kuri uyu wa Kabiri kuri Stade Amahoro, nk’uko bisanzwe abayobozi barimo Umunyamabanga Itangishaka King Bernard n’abahagarariye amatsinda y’abafana, bagiye kwakira ikipe ku Kimihurura.

Nk’uko umwe mu bari bahari yabivuze mu gihe bari bamaze kwicara, batangiye kwiyakira, haje uwitwa Rutagambwa Martin wigeze kuba Visi Perezida wa Rayon Sports ikiyoborwa na Gacinya Dennis, wavuze ko bitarenze kuri uyu wa Gatatu, Ivan (nawe wari uhari) atazaba akiri umutoza w’iyi kipe.

Ayo magambo yateje ikibazo hagati y’abari bagiye kwakira ikipe, bamwe bemeranywa na Rutagambwa ariko ngo Itangishaka King ababwira ko nta n’umwe ufite uburenganzira bwo kwirukana umutoza kuko Atari bo bayobozi ahubwo bagomba gutegereza Perezida Muvunyi, umaze iminsi hanze y’igihugu akaba agomba kuza kuri uyu wa Kane tariki 7 Kamena akaba ariwe uzanzura icyakorwa.

Umwuka mubi nturi mu bakinnyi n’abayobozi gusa kuko n’abafana ku mukino w’Amagaju FC bavugirije induru umutoza bamwereka ko batamwishimiye ndetse ku nshuro ya mbere uyu mwaka, ntibigeze bakomera ikipe amashyi nk’uko basanzwe babigenza.

Rayon Sports igifite urugamba rukomeye mu gushaka igikombe cya shampiyona gisa n’igikomeje kuyijya kure, igomba gusura Musanze FC tariki 8 Kamena mu mukino wa nyuma mu y’ibirarane, bikaba biteganyijwe ko ikora imyitozo mu Nzove saa 15:00 kuri uyu wa Gatatu.

Rayon Sports yongeye kuvugwamo umwuka mubi

2018-06-06
Editorial

IZINDI NKURU

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Editorial 25 Feb 2016
Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya

Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya

Editorial 02 Feb 2016
Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Editorial 29 Oct 2021
CHAN2016: Rutahizamu Sugira Eneste Amavubi ayagejeje   1/4

CHAN2016: Rutahizamu Sugira Eneste Amavubi ayagejeje 1/4

Editorial 20 Jan 2016
Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Editorial 25 Feb 2016
Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya

Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya

Editorial 02 Feb 2016
Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Editorial 29 Oct 2021
CHAN2016: Rutahizamu Sugira Eneste Amavubi ayagejeje   1/4

CHAN2016: Rutahizamu Sugira Eneste Amavubi ayagejeje 1/4

Editorial 20 Jan 2016
Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Editorial 25 Feb 2016
Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya

Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya

Editorial 02 Feb 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru