• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse

Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse

Editorial 07 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Abagize Inteko Ishinga Amatageko Umutwe w’Abadepite baherutse kwemeza umushinga w’Itegeko ryerekeye gukumira, kurwanya no guhana icuruzwa ry’abantu no gushaka inyungu mu bandi.

Ni umushinga witezweho guha ibihano bikomeye abantu bashishikariza abandi gukora imirimo ivunanye no kubashora mu bikorwa by’ubusambanyi.

Ugamije kandi kurwanya ibyaha birimo gukoresha abantu uburaya hagamijwe inyungu, guhatira abantu gukora imirimo ivunanye haba mu Rwanda no hanze yarwo no gukoresha abana imirimo nk’iyo.

Nyuma yo kwemeza uwo mushinga, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Me Uwizeyimana Evode, yabwiye The New Times dukesha iyi nkuru ko iryo tegeko rizazana umucyo mu kumenya ubwoko bw’icyaha cyakozwe mu birebana n’icuruzwa ry’abantu.

Yagize ati “Twari dufite itegeko ryavugaga ko rihana icyaha cy’icuruzwa ry’abantu ariko mu by’ukuri ntiryasobanuraga mu buryo burambuye ubwoko bw’icyaha cyakozwe. Uyu mushinga rero uri kwibanda ku gukumira.”

Uteganya ko umuntu wese uzahamwa n’icyaha cy’icuruzwa ry’abantu azahabwa igihano cy’igifungo cy’imyaka itari munsi y’icumi itanarenga 15, akazanatanga ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 10 ariko atarenze miliyoni 15 Frw.

Iyo icyo cyaha gikorwa mu buryo bwambukiranya imipaka ibihano biba igifungo cy’imyaka itari munsi ya 20, itarenga 25 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 20 ariko atarenga miliyoni 25 Frw.

Gushyigikira icuruzwa ry’abantu nabyo birahanirwa, ubihamijwe agafungwa imyaka itari munsi y’irindwi ariko itarenga 10 agatanga n’ihazabu y’amafaranga atari munsi ya miliyoni zirindwi ariko atarenga miliyoni 10.

Uwo mushinga ugaragaza kandi ko umuntu umenya amakuru ku muntu ushobora kugurishwa,ufite uruhare mu icuruzwa ry’abandi cyangwa ugambirira gukora icyo cyaha ntatange amakuru kuri byo ku nzego zibishinzwe nawe aba akoze icyaha.

Uwo nahamwa icyo cyaha, azahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’umwaka umwe kitarenze imyaka itatu.

Mu gihe ari ikigo cya Leta cyangwa cyigenga, umuryango cyangwa ishyirahamwe rifite aho rihuriye n’amategeko, kigahamwa n’icyaha cyo gucuruza abantu cyangwa gushaka inyungu mu bandi, kizatanga ihazabu itari munsi ya miliyoni 50 Frw ariko itarenga miliyoni 100 Frw.

Ku bijyanye n’imirimo ivunanye, ubucakara cyangwa ibindi bifitanye isano, umuntu ubikoresha aba akoze icyaha gituma ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’umwaka ariko kitarenga imyaka itatu n’ihazabu itari munsi ya miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda ariko itarenga miliyoni eshatu.

Mu rwego rwo kurandura umuco w’ubuhuza mu gucuruza indaya, gushora abantu mu busambanyi, mu buraya, kwishyurira umuntu gukora ubusambanyi, gutanga ahantu hagakodeshwa hagamije gukorerwa ubusambanyi no korohereza abantu gukora uburaya byose bizajya bihanirwa.

Ibyo byaha byose bihanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda.

Me Uwizeyimana Evode yavuze ko nubwo uwo mushinga w’Itegeko urebana n’ibyaha bikomeye, ngo ibiteganywa nawo bizashyirwa mu bikorwa kugira ngo hakumirwe ibyaha byo gushaka inyungu ku bantu.

Yagize ati “Tuzi neza ko ibi byaba bigoye kubitahura ariko polisi yacu n’abashinjacyaha bahuguwe ku kumenya no gukurikirana ibyo byaha. Tuzakomeza no gushora imari mu kubaka ubushobozi.”

Hategerejwe ko uwo mushinga wemezwa na Perezida wa Repubulika ukabona gusohoka mu igazeti ya Leta, ugatangira gushyirwa mu bikorwa.

2018-02-07
Editorial

IZINDI NKURU

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo ku wa 08 Ugushyingo 2017

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo ku wa 08 Ugushyingo 2017

Editorial 09 Nov 2017
Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni

Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni

Editorial 12 Dec 2018
“Nta muntu waturemye, nta n’uwaturemeye, twaremwe n’Imana” – Perezida Paul Kagame

“Nta muntu waturemye, nta n’uwaturemeye, twaremwe n’Imana” – Perezida Paul Kagame

Editorial 07 Nov 2021
Madamu Jeannette Kagame arahurira na Perezida Trump mu masengesho yo gusengera Amerika

Madamu Jeannette Kagame arahurira na Perezida Trump mu masengesho yo gusengera Amerika

Editorial 08 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa
Mu Rwanda

Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Editorial 05 Jun 2018
Mu burundi:   Abagabo babiri bigeze kuyobora u Burundi   bashobora guhitanwa na Nkurunziza mu minsi yavuba
Mu Rwanda

Mu burundi: Abagabo babiri bigeze kuyobora u Burundi bashobora guhitanwa na Nkurunziza mu minsi yavuba

Editorial 16 Feb 2016
Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019
UBUKUNGU

Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Editorial 30 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru