• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame

‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame

Editorial 02 Mar 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame mu ijambo ryamaze umwanya munini atanga impanuro, yavuze ko amateka y’u Rwanda afite umwihariko ari na yo mpamvu Abanyarwanda (by’umwihariko abayobozi) bagomba gukora cyane ku muvuduko wihariye.

Yagize ati “Amateka y’aho tuvuye harimo byinshi by’umwihariko biduha gukora, kumva bifite umwihariko wabyo…Inshingano dufite tuba twifuza ko buri wese azigiramo imyumvire mizima, nubwo bitoroshye kuri buri wese ariko ngira ngo tubifitemo ‘ambitions’ (ubushake)… Umuntu yakwiba ngo kuki ari twe turi hano, twagize amateka yo mu 1994 na mbere yaho, kuki ari twe twagize amateka ya Jenoside…tugomba kwibaza ngo kuki?”

Perezida Kagame avuga ko ayo mateka ya Jenoside n’ibyatumye iba ntaho Abanyarwanda bazabihungira, ngo ni yo mpamvu bagomba gukorana umwihariko kugira ngo bagere ku iterambere.

Ati “Bidusaba umwihariko kuko tuva muri ayo mateka tugana aho umuntu yakagombye kuba ari. Bidusaba gukora mu buryo budasanzwe, muri ubwo bushake ‘ambitions’ abantu bagomba gukora bagana mu majyambere, hagomba kubaho ‘sense of urgency’ (kwiyumvamo ko ibintu byihutirwa). Umwihariko, ‘ambitions’ n’ako gaciro tuvuga, mu mateka yacu twagizemo icyuho kinini cyane tugomba gukora cyane tukakiziba.”

Yavuze ko umuntu atagira ubushake bwo gukora bitandukanye birimo ikinyuranyo n’amateka u Rwanda rwanyuzemo mu gihe arimo abaho yumva ko ibintu ari ibisanzwe.

Perezida Kagame yasabye abayobozi gukorera hamwe buri umwe akirinda gukora ibye kandi abantu baba bumvikanye uko ibintu bigomba gukorwa. Yavuze ko mu myaka 15 ishize hari ikintu cya ‘careless’ (kutita ku bintu umuntu ashinzwe cyakunze kubaho), asaba ko abayobozi bakora ibyo umutimanama ubasaba gukora.

Ati “Kuvugana na mugenzi wawe, umuturanyi wawe ni ikintu gikomeye ngo tugere ku ntego twifuza.”

Kagame ngo yatangajwe n’ifoto yabonye igaragaraza abayobozi baje mu mwiherero bose bunamye baganira na telefoni zabo nta n’umwe uvugana na mugenzi we.

Kagame yanenze cyane abayobozi bahombya Leta bamwe mu byo bita kwibagirwa, abandi bakaba babifata nk’ubumenyi buke mu byo bakora, ariko ngo yasanze hari abasinya amasezerano Leta igirana n’abikorera nabi bagaha inyungu ibigo by’abikorera bagamije kuzagabana inyungu, ibyo ngo ni ukunyereza umutungo wa Leta kandi ntibizihanganirwa.

Ati “‘Contracts’ za Leta n’ibigo by’abikorera ziha amahirwe y’inyungu bamwe, kandi zikajya ku ruhande rw’abikorera. Umuntu yibaza ku bumenyi dufite muri icyo kintu, ukibaza kuki batsindwa (Leta itsindwa igahomba), umuntu yakwibaza ko ari ubushobozi buke, ariko ni ibikorwa bibi ‘malpractices’ byihishe inyuma utamenya impamvu yabyo.”

-5940.jpg

Evode Imena warekuwe by’agateganyo, akurikiranyweho bene ibi byaha

Yavuze ko usanga abo bantu bagabana inyungu n’abikorera ugasanga ibyo bakora ari uguhombya Leta kandi ngo ntibizemerwa. Yavuze ko u Rwanda rufite amikoro make ariko ugasanga mu bayobozi harimo abahombya igihugu, akibaza niba intego yavuze zagerwaho.

Yagize ati “Tugomba gukora neza kugira ngo tubone umusaruro, ibikozwe nabi bitera igihombo bitewe n’imigirire mibi ihombya igihugu. Gukora ibyo dufitiye ubushobozi bizatuma tugera ku bisubizo by’ibyo dushaka kugeraho. Twakwishimira ibyo twagezeho ariko kuki tutakora ibyo dufitiye ubushobozi?”

Kagame yavuze ko abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho kuko ngo ibyo bakora biba bicagase.

Yavuze ko ashima abayobozi ku byo bagezeho bigaragara ariko akanashima abaturage babumviye kugira ngo bigerweho kuko ngo iyo hatabamo ubushake bwabo ntibyari kugerwaho.

Abari mu mwiherero barawukora mu matsinda bitewe n’icyiciro cy’ubuzima buri wese akoramo, haba mu bukungu, imibereho myiza, ubutabera, uburenganzira bwa muntu n’imiyoborere.

-5941.jpg

Umwiherero

2017-03-02
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Editorial 08 May 2021
Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Editorial 08 Jun 2017
Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 

Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 

Editorial 21 Aug 2021
Itangazo ryo guhindura Amazina : INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NSHIMIYIMANA JEAN CLAUDE RUSABA GUHINDURA AMAZINA

Itangazo ryo guhindura Amazina : INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NSHIMIYIMANA JEAN CLAUDE RUSABA GUHINDURA AMAZINA

Editorial 29 Mar 2018
Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Editorial 08 May 2021
Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Editorial 08 Jun 2017
Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 

Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 

Editorial 21 Aug 2021
Itangazo ryo guhindura Amazina : INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NSHIMIYIMANA JEAN CLAUDE RUSABA GUHINDURA AMAZINA

Itangazo ryo guhindura Amazina : INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NSHIMIYIMANA JEAN CLAUDE RUSABA GUHINDURA AMAZINA

Editorial 29 Mar 2018
Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Editorial 08 May 2021
Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Editorial 08 Jun 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru