• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo

Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo

Ubwanditsi 15 Feb 2016 Mu Rwanda

Besigye yabujijwe kwiyamamaza muri Kampala

Kuri uyu wa mbere 15 Gashyantare hiriwe invururu mu mugi wa Kampala nyuma yaho Colonel Kizza Besigye afashwe na polisi akabuzwa kujya mu mujyi hagati aho yagombaga kwiyamariza. Polisi y’Uganda ivuga ko atafashe Besigye ahubwo yamutwaye iwe imukuye mu nzira aho atari yemerewe gukorera campaign. Nyuma Besigye yagerageje kujya kuri Kaminuza ya Makerere gukora campaign ariko invururu zimutangirira ahitwa Wandegeya.

Amakuru ava Entebbe ku kibuga k’indege yemeza ko hari abantu benshi barimo kuva mugihugu batinya ko amatora ashobora kuzakurikirwa n’invururu. Abasirikare na polisi buzuye mu mugi wa Kampala barokeresha ibyuka bihumya guhangana nabigaragambya.

-2136.jpg

-2134.jpg

-2133.jpg

-2135.jpg

-2137.jpg

Ibi bibaye mbere y’iminsi ibiri gusa ngo mu gihugu cya Uganda bazabe bari mu matora, aho abitoza bazaba bahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika n’abagize inteko nshingamategeko, bikomeje kugaragara yuko Perezida uriho, Yoweri Kaguta Museveni azatsindira umwanya wa Perezida wa Repubulika nta buriganya burimo.

Muri ayo matora kandi bikanagaragara yuko ishyaka rye rya NRM rizatsindira imyanya myishi y’ubudepite kandi hatanabayeho ibintu byo kwiba amajwi nk’uko abatari ku butegetsi cyangwa n’indorerezi z’amahanga zihora zibishinja abategeka igihugu Museveni n’ishyaka rye bari ku butegetsi kuva mu 1986.

Muri ayo matora ya Perezida wa Repubulika muri Uganda, azaba tariki 18 z’uku kwezi, Museveni azaba ahanganye n’abandi bakandida barindwi badatahiriza umugozi umwe, abakomeye muri abo bakaba ari Kizza Besigye wa FDC na Amama Mbabazi w’iyamamaza nk’umukandida w’igenga.

Amama Mbabazi yabaye Minisitiri w’intebe muri ubu butegetsi bwa Museveni, yarigeze no kuba umunyamabanga mukuru w’ishyaka riri ku butegetsi, NRM. Col. Besigye we, uboneka yuko afite ingufu kurusha abandi muri opozisiyo, yabaye umuganga wa Museveni bakiri mu ishyamba ubu akaba yariyemeje kurwanya ubutegetsi bwe.

Besigye amaze kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika inshuro eshatu atsindwa na Museveni, akaba yaranakomeje kuba umushyitsi wa polisi ashyirwa mabuso kubera gushinjwa iteza ry’akavuyo mu gihugu.

Mu bindi bihugu by’amahanga, cyane muri Amerika, abakandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika bagira ibiganiro mpuzaruhame kuri za radiyo na televiziyo, bakajya impaka ndetse kenshi bakanasebanya. Ibihugu bimwe na bimwe bya Afurika nabyo bimaze gufata iyo nzira y’abakandida Perezida kujya impaka nk’izo ariko Museveni, kimwe n’abamwe bamwe mu basanzwe bari kuri uwo mwanya w’ubukuru b’ibihugu bakabyanga, cyane yuko nta tegeko cyangwa amabwiriza abibahatira !

Perezida Museveni ntabwo yigeze yitabira ikiganiro mpaka cya mbere cyamuhuzaga n’abandi bakandida Perezida muri aya matora, abajijwe avuga yuko ibiganiro nk’ibyo byaharirwa abanyeshuli bo muri segonderi, ariko nyuma yitabira icyo ku wagatandatu ushize, aho yavuze yuko nta muntu wakinisha guhungabanya umutekano wa Uganda igihe cyose akiyoboye igihugu.

Muri Uganda manda ebyiri ntarengwa z’umuntu gukomeza kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu zakuweho muri 2006, ubu Museveni akaba ikiyamamaza nta nkomyi.

Mu Burundi ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza bwagerageje gukuraho manda nk’izo ntarengwa birananirana agerageje gutangira ibyo kwiyamamaza, bitemewe n’amategeko, induru ziravuga ubu u Burundi bukaba buri mu ntambara kuva muri Mata umwaka ushize ! Mu Rwanda itegeko ribuza Perezida Kagame kuba yakongera kwiyamamariza indi manda ryashoboye gukurwaho mu mpera z’umwaka ushize.

Kuri uyu wa mbere muri icyo gihugu cya Uganda Museveni na Besigye bari mubikorwa byo kwiyayamamaza aho Museveni yarangije icyo gikorwa mu mahoro ariko ibya Besigye biba akavuyo n’icyo gikorwa cyo kwiyamamaza kitarangiye.

Aho yiyamamarizaga Wandegeya muri Kampala, kampanye ya Besigye yajemo impagarara abashinzwe umutekano babarasamo ibisasu by’imyotsi, ukwiyamamaza kurangira imburagihe.

Kampanye za perezida wa Repubulika muri Uganda zishigaje iminsi ibiri gusa kuko nk’uko bitegenywa na komisiyo y’amatora zigomba kurangira umunsi umwe mbere y’itora. Amatora muri icyo gihugu azaba tariki 18 z’uku kwezi.

Kayumba Casmiry

2016-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Ubwanditsi 16 Jun 2021
Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Ubwanditsi 17 Oct 2022
Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Ubwanditsi 30 May 2018
Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro
ITOHOZA

Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Ubwanditsi 29 Jun 2016
‘U Rwanda  nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR
ITOHOZA

‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.

Ubwanditsi 09 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru