• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo

Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo

Ubwanditsi 15 Feb 2016 Mu Rwanda

Besigye yabujijwe kwiyamamaza muri Kampala

Kuri uyu wa mbere 15 Gashyantare hiriwe invururu mu mugi wa Kampala nyuma yaho Colonel Kizza Besigye afashwe na polisi akabuzwa kujya mu mujyi hagati aho yagombaga kwiyamariza. Polisi y’Uganda ivuga ko atafashe Besigye ahubwo yamutwaye iwe imukuye mu nzira aho atari yemerewe gukorera campaign. Nyuma Besigye yagerageje kujya kuri Kaminuza ya Makerere gukora campaign ariko invururu zimutangirira ahitwa Wandegeya.

Amakuru ava Entebbe ku kibuga k’indege yemeza ko hari abantu benshi barimo kuva mugihugu batinya ko amatora ashobora kuzakurikirwa n’invururu. Abasirikare na polisi buzuye mu mugi wa Kampala barokeresha ibyuka bihumya guhangana nabigaragambya.

-2136.jpg

-2134.jpg

-2133.jpg

-2135.jpg

-2137.jpg

Ibi bibaye mbere y’iminsi ibiri gusa ngo mu gihugu cya Uganda bazabe bari mu matora, aho abitoza bazaba bahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika n’abagize inteko nshingamategeko, bikomeje kugaragara yuko Perezida uriho, Yoweri Kaguta Museveni azatsindira umwanya wa Perezida wa Repubulika nta buriganya burimo.

Muri ayo matora kandi bikanagaragara yuko ishyaka rye rya NRM rizatsindira imyanya myishi y’ubudepite kandi hatanabayeho ibintu byo kwiba amajwi nk’uko abatari ku butegetsi cyangwa n’indorerezi z’amahanga zihora zibishinja abategeka igihugu Museveni n’ishyaka rye bari ku butegetsi kuva mu 1986.

Muri ayo matora ya Perezida wa Repubulika muri Uganda, azaba tariki 18 z’uku kwezi, Museveni azaba ahanganye n’abandi bakandida barindwi badatahiriza umugozi umwe, abakomeye muri abo bakaba ari Kizza Besigye wa FDC na Amama Mbabazi w’iyamamaza nk’umukandida w’igenga.

Amama Mbabazi yabaye Minisitiri w’intebe muri ubu butegetsi bwa Museveni, yarigeze no kuba umunyamabanga mukuru w’ishyaka riri ku butegetsi, NRM. Col. Besigye we, uboneka yuko afite ingufu kurusha abandi muri opozisiyo, yabaye umuganga wa Museveni bakiri mu ishyamba ubu akaba yariyemeje kurwanya ubutegetsi bwe.

Besigye amaze kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika inshuro eshatu atsindwa na Museveni, akaba yaranakomeje kuba umushyitsi wa polisi ashyirwa mabuso kubera gushinjwa iteza ry’akavuyo mu gihugu.

Mu bindi bihugu by’amahanga, cyane muri Amerika, abakandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika bagira ibiganiro mpuzaruhame kuri za radiyo na televiziyo, bakajya impaka ndetse kenshi bakanasebanya. Ibihugu bimwe na bimwe bya Afurika nabyo bimaze gufata iyo nzira y’abakandida Perezida kujya impaka nk’izo ariko Museveni, kimwe n’abamwe bamwe mu basanzwe bari kuri uwo mwanya w’ubukuru b’ibihugu bakabyanga, cyane yuko nta tegeko cyangwa amabwiriza abibahatira !

Perezida Museveni ntabwo yigeze yitabira ikiganiro mpaka cya mbere cyamuhuzaga n’abandi bakandida Perezida muri aya matora, abajijwe avuga yuko ibiganiro nk’ibyo byaharirwa abanyeshuli bo muri segonderi, ariko nyuma yitabira icyo ku wagatandatu ushize, aho yavuze yuko nta muntu wakinisha guhungabanya umutekano wa Uganda igihe cyose akiyoboye igihugu.

Muri Uganda manda ebyiri ntarengwa z’umuntu gukomeza kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu zakuweho muri 2006, ubu Museveni akaba ikiyamamaza nta nkomyi.

Mu Burundi ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza bwagerageje gukuraho manda nk’izo ntarengwa birananirana agerageje gutangira ibyo kwiyamamaza, bitemewe n’amategeko, induru ziravuga ubu u Burundi bukaba buri mu ntambara kuva muri Mata umwaka ushize ! Mu Rwanda itegeko ribuza Perezida Kagame kuba yakongera kwiyamamariza indi manda ryashoboye gukurwaho mu mpera z’umwaka ushize.

Kuri uyu wa mbere muri icyo gihugu cya Uganda Museveni na Besigye bari mubikorwa byo kwiyayamamaza aho Museveni yarangije icyo gikorwa mu mahoro ariko ibya Besigye biba akavuyo n’icyo gikorwa cyo kwiyamamaza kitarangiye.

Aho yiyamamarizaga Wandegeya muri Kampala, kampanye ya Besigye yajemo impagarara abashinzwe umutekano babarasamo ibisasu by’imyotsi, ukwiyamamaza kurangira imburagihe.

Kampanye za perezida wa Repubulika muri Uganda zishigaje iminsi ibiri gusa kuko nk’uko bitegenywa na komisiyo y’amatora zigomba kurangira umunsi umwe mbere y’itora. Amatora muri icyo gihugu azaba tariki 18 z’uku kwezi.

Kayumba Casmiry

2016-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.

Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.

Ubwanditsi 19 May 2021
Abasirikare bakekwaho kwica umuturage basabiwe gufungwa iminsi basigaje ku Isi

Abasirikare bakekwaho kwica umuturage basabiwe gufungwa iminsi basigaje ku Isi

Ubwanditsi 08 Sep 2017
Abacungagereza 36 birukanwe kubera guta akazi

Abacungagereza 36 birukanwe kubera guta akazi

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden

Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden

Ubwanditsi 23 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye
Amakuru

Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Ubwanditsi 18 Apr 2025
Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri
Amakuru

Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Ubwanditsi 16 Jul 2025
Inyeshyamba za FDLR zongeye kuvugwa ku butaka bw’u Burundi
ITOHOZA

Inyeshyamba za FDLR zongeye kuvugwa ku butaka bw’u Burundi

Ubwanditsi 31 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru