• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abanyarwanda batatu barokotse abakozi b’inzego z’umutekano za Uganda bari bitwaje Kalashnikov

Abanyarwanda batatu barokotse abakozi b’inzego z’umutekano za Uganda bari bitwaje Kalashnikov

Editorial 11 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batatu, ku mugoroba wo ku wa Gatandatu barokotse igikorwa cy’inzego z’umutekano za Uganda, zabafashe zitwaje imbunda za Kalachnikov, ariko bamenye ko hari umugambi wo kubahitana bakizwa n’amaguru.

Amakuru avuga ko byakozwe n’abantu babiri bambaye gisivili, “bari mu modoka ifite ibirahuri byijimye, bafite n’imbunda.”

Nk’uko ikinyamakuru Virunga Post cyabitangaje, abanyarwanda Habimana Juvénal w’imyaka 31, Nduwamungu Félix w’imyaka 52 na Bizimana Cyprien w’imyaka 36 bose bakomoka mu Karere ka Musanze, bari mu modoka ya Fuso ahagana saa cyenda n’iminota 40, ku isaha yo muri Uganda.

Abo bantu babiri bitwaje intwaro ngo bahagaritse imodoka yabo babasaba ibyangombwa.

Abo banyarwanda bavuga ko ari abacuruzi b’imbaho kandi basanzwe bazigura muri Uganda bakazigurisha mu Rwanda, ubucuruzi bakora guhera mu 2017.

Bavuga ko abo bagabo babiri nyuma yo gufata ibyangombwa byabo, babasabye kubakurikira. Habimana, Nduwamungu na Bizimana barabinginze ngo babarekure bikomereze urugendo, abandi babima amatwi, bumvisha aba Banyarwanda ko bagomba kubakurikira.

Ni nako byagenze kuko bisanze ku biro bya Polisi y’Akarere ka Rubanda, abo bakozi babanza kujya kuvugana n’umuyobozi wa polisi muri ako karere (DPC, District Police Commander).

Bavuga ko bakubise agatima ku bikorwa bya hato na hato byibasira abanyarwanda bimaze iminsi muri Uganda, batangira gutekereza ko ibi byo batabirokoka, bakeka ko hari umugambi wo kubahitana.

Bahise biyungura inama yo gukizwa n’amaguru bayoboka iy’ishyamba imodoka yabo bayita aho. Bagenda ijoro ryose batunguka ku mupaka wa Cyanika mu Karere ka Burera.

Nk’uko amakuru abivuga, abo bagabo bakomeje gusaba ubufasha kugira ngo basubizwe imodoka yabo, kimwe n’inyandiko zirimo ibyangombwa byabo.

Ikinyamakuru Virunga Post kivuga ko cyabonye amakuru ko Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imisoro n’Amahoro, RRA, cyageragezaga kuvugana na bagenzi babo ku ruhande rwa Uganda, ariko kugeza ubu nta kintu kiremeranywaho.

Icyo ni kimwe mu bikorwa biheruka byibasira Abanyarwanda muri Uganda by’umwihariko, aho batabwa muri yombi mu buryo budakurikije amategeko, bagashimutwa bakanakorerwa iyicarubozo rya hato na hato, byose bigakorwa n’inzego z’umutekano za Uganda.

Ibi bikorwa binagarukwaho cyane n’abanyarwanda bamaze iminsi birukanwa muri icyo gihugu, bisa n’aho birimo kuba buri munsi.

2019-02-11
Editorial

IZINDI NKURU

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

Editorial 21 Dec 2024
Inyandiko zidasinye ‘tract’ zisebya ubutegetsi buriho mu Rwanda zasanzwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Inyandiko zidasinye ‘tract’ zisebya ubutegetsi buriho mu Rwanda zasanzwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Editorial 14 May 2018
Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Editorial 13 Feb 2024
Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Editorial 20 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri
Amakuru

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

Editorial 10 Feb 2024
Bitewe n’urukumbuzi afitiye abakunzi b’umuziki we , Eric Senderi Hit yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bugaruka ku iterambere u Rwanda rwagezeho
Amakuru

Bitewe n’urukumbuzi afitiye abakunzi b’umuziki we , Eric Senderi Hit yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bugaruka ku iterambere u Rwanda rwagezeho

Editorial 22 Mar 2021
Nyaruguru: Mapengu Damascene Akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 9 yarangiza agashaka kumuroha
ITOHOZA

Nyaruguru: Mapengu Damascene Akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 9 yarangiza agashaka kumuroha

Editorial 23 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru