• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Editorial 08 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batuye mu gihugu cya Canada baratangaza ko banejejwe no kwakira perezida w’u Rwanda, Paul Kagame uzitabira kuri uyu wa 09 Kamena 2018 inama ku buzima bw’inyanja n’imibereho y’abazituriye izanitabirwa n’abandi bayobozi n’abakuru b’imiryango mpuzamahanga.

Nk’uko bigaragara mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Rushyashya ifitiye kopi, ryashyizwe ahagaragara n’Umuryango Nyarwanda muri Canada (La Communauté rwandaise au Canada (RCA-Canada) ngo intego y’uyu muryango wabo ni ukwigisha abawugize kubana mu mahoro n’abandi, kuba abaturage bafite inshingano no kugira uruhare mu mibereho n’ubukungu by’igihugu cya Canada cyabakiranye yombi.

Bavuga ko bakurikiranira hafi impinduka nziza zigenda ziba mu Rwanda kuva mu 1994, kandi bakaba bateganya gutanga umusanzu wabo mu guteza imbere ubumwe bw’igihugu no mu iterambere ryacyo na cyane ko guverinoma y’u Rwanda ishyira imbere kwegera abaturage bayo bari muri diaspora.

Uyu Muryango Nyarwanda muri Canada ukaba utangaza ko utewe ishema no kwakira perezida w’u Rwanda, Paul Kagame uzafatanya n’abandi bayobozi b’isi ndetse n’abayobozi b’imiryango mpuzamahanga mu nama idasanzwe igamije kwigisha kwita ku buzima bw’inyanja n’imibereho y’abazituriye iteganyijwe kuri uyu wa gatandatu, itariki 09 Kamena 2018.

Abanyarwanda baba muri Canada bavuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yasize isenye u Rwanda ikamara abaturage barwo mu nzego zose z’ubukungu, ariko imiyoborere myiza, amahoro n’umutekano byazanywe na guverinoma iriho bikaba byarafashije igihugu kugera ku iterambere ritangaje muri politiki, ubukungu n’imibereho.

Umuryango Nyarwanda muri Canada ngo ukaba wongeye gutangaza ko ushyigikiye perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, akaba na perezida wa Afurika Yunze Ubumwe muri iki gihe. Ngo kubera kureba kure kwe n’ubuyobozi bwe, ubukungu bw’u Rwanda bukomeza kuzamuka byibuze ku rugero rwa 7%, ubukene bwaragabanyutse bigaragara, ndetse ngo n’icyizere cyo kubaho cyavuye ku myaka 34 mu 1990 kigera ku myaka 64 mu 2015.

Ngo nk’uko byemezwa na raporo ya Loni kandi, u Rwanda ruri mu bihugu 5 bya mbere bifite ingabo nyinshi mu bikorwa byo kubungabunga amahoro by’Umuryango w’Abibumbye n’abasirikare 5136, abapolisi 978, n’indorerezi za gisirikare 32 mu butumwa 6 bwa Loni harimo n’ubwo ihuriyeho na Afurika Yunze Ubumwe nka MINUAD na MINUSS.

2018-06-08
Editorial

IZINDI NKURU

Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Editorial 28 Dec 2021
Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi

Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi

Editorial 23 Apr 2025
Muhumure nta Ebola iri mu Rwanda: Ministiri Diane Gashumba

Muhumure nta Ebola iri mu Rwanda: Ministiri Diane Gashumba

Editorial 19 Jul 2019
Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

Administrator 29 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burusiya bwemeje ko Syria yashwanyurije mu kirere ibisasu 71 mu birenga 100 yarashweho
INKURU NYAMUKURU

U Burusiya bwemeje ko Syria yashwanyurije mu kirere ibisasu 71 mu birenga 100 yarashweho

Editorial 15 Apr 2018
Impuguke za Loni zemeje ko nta gatege abahoze muri M23 basubiye muri RDC bafite
Mu Rwanda

Impuguke za Loni zemeje ko nta gatege abahoze muri M23 basubiye muri RDC bafite

Editorial 17 Aug 2017
Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo
UBUKUNGU

Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo

Editorial 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru