• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umugore wa Ishimwe Moses Rutare yasobanuye iyicarubozo ryakorewe umugabo we muri Uganda

Umugore wa Ishimwe Moses Rutare yasobanuye iyicarubozo ryakorewe umugabo we muri Uganda

Ubwanditsi 12 Mar 2019 ITOHOZA

Kuri uyu  wa Mbere nibwo Ishimwe yarekuwe nyuma yo kwishyura ingwate ya miliyoni ebyiri z’amashilingi ya Uganda naho abishingizi be babiri basabwa kugaragaza ko bafite miliyoni icumi nkuko Chimpreports yabitangaje.

Uyu mugabo ufite ikigo gikora ibijyanye no gutegura ibirori mu Rwanda, yabuze ku wa 22 Ukuboza 2018 ahagana saa sita z’amanywa ubwo yari yagiye gusenga mu giterane cy’amasengesho cyari cyateguwe n’umuhanuzi Elvis Mbonye wo muri Zoe Ministries.

Mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru Kassim Kayira, umugore wa Ishimwe, Eunice Esule, yavuze ko rwari urugendo rutoroshye dore ko yamubonye nyuma y’iminsi hafi 69 atawe muri yombi, bityo ashimira Imana cyane ko uyu munsi abashije gusohoka.

Ati “ Ubwo namubonaga bwa mbere yari afite intege nke kurusha uko ameze uyu munsi, yageragezaga kwishingikiriza ikintu, naramubajije ambwira ko ameze neza. Yari afite intege nke cyane, yarambwiye ngo baramukubitaga”.

Esule uvuga ko inshuro zose yagiye abona Ishimwe yari yaracitse intege ndetse yari yaratakaje icyizere, gusa ashima Imana ko uyu munsi yabashije gusohoka atanze ingwate.

Ati “ Ndasenga nsaba Imana ko batakongera kumuta muri yombi. Kandi niba hari aho bishoboka rwose bamugirire impuhwe. Uyu mugabo rwose twari twagiye mu masengesho, asohoka gato kuko twari mu gace kamwe muri Bugolobi”.

Uyu mugore avuga ko we na Ishimwe bari bitabiriye ibikorwa by’amasengesho byateguwe Prophet Elvis Mbonye wo mu itorero rya Zoe Ministries yaberaga ahitwa Bugolobi ku muhanda wa Plot 4 Luthuli.

Akomeza avuga ko nyuma yo kumushakisha no kubaririza hose, kuri Noheli aribwo yabashije kumenya ko yatawe muri yombi abibwiwe n’inshuti ye.

Nyuma y’iminsi itatu yaje guhamagarwa abwirwa asabwa gutanga ibyangombwa bya Ishimwe, aha akaba ari naho yaje kumenyera ko ari mu maboko y’Urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare (CMI).

Nyuma yo kurekurwa, Esule avuga ko ateganya gutanga ubuhamya no kumushakira ubufasha butuma abasha gukira ibikomere kugira ngo abashe gusubira mu kazi ke ka buri munsi.

Biteganyijwe ko Urubanza rwe ruzaba tariki 1 Mata 2019.

U Rwanda rwasohoye amazina y’abanyarwanda basaga 900 bafashwe, abafunzwe, abatotejwe cyangwa abirukanywe muri Uganda mu buryo budakurikije amategeko mu myaka mike ishize.

Src : Igihe

2019-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika

Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika

Ubwanditsi 19 Sep 2016
Jeannette Kagame yakiriwe na Michelle Obama i New York

Jeannette Kagame yakiriwe na Michelle Obama i New York

Ubwanditsi 20 Sep 2016
Umuhungu wa Osama bin Laden yashyizwe ku rutonde rw’abahigwa Bukware kubera iterabwoba

Umuhungu wa Osama bin Laden yashyizwe ku rutonde rw’abahigwa Bukware kubera iterabwoba

Ubwanditsi 06 Jan 2017
“Icyegeranyo RWANDA CLASSIFIED, ni urukozasoni umuntu wese ushyira mu gaciro akwiye kwirinda.”- Impuguke mu itangazamakuru n’amateka.

“Icyegeranyo RWANDA CLASSIFIED, ni urukozasoni umuntu wese ushyira mu gaciro akwiye kwirinda.”- Impuguke mu itangazamakuru n’amateka.

Ubwanditsi 07 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika
Amakuru

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 18 Oct 2023
Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!
Amakuru

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Ubwanditsi 09 Apr 2021
Valens Ndayisenga  ararira ayo kwarika nyuma yo  kudatwara shampiyona
Mu Rwanda

Valens Ndayisenga ararira ayo kwarika nyuma yo kudatwara shampiyona

Ubwanditsi 27 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru