• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’

Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’

Editorial 09 Apr 2016 Mu Mahanga

Nyuma yaho Leta ishyiriyeho ikigega cyo gutera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye FARG, iki kigega cyagerageje gufasha abarokotse n’ubwo abenshi batagezweho nizo nkunga n’abazibonye zikaza ari intica ntikize.

Muri izi nkunga z’ingoboka ziri mu bice bitandukanya harimo kwivuza, amacumbi,kurihira abanyeshuri n’ibindi.. mubihe byashize habayemo amakosa menshi akomeye, guhimba liste z’abahawe bourse, kuriha liste z’abanyeshuri kabiri, kunyereza ibyagenewe impfubyi n’abapfakazi , kurihira abatabikwiye, guhimba ibyangombwa byo gucika kwicumu, amashyirahamwe ya baringa yitiriwa abarokotse n’ibindi…

N’ubwo bimeze gutya ariko FARG, hari abanyeshuri barihiriwe Kaminuza, amashuri abanza n’ayisumbuye. Abafashijwe barashima ubwitange bwa leta, ariko bafatanyije n’Imiryango ireberera inyungu z’Abarokotse iyo Jenoside AERG na IBUKA, bagasaba ko leta yakomeze kwerekana ubushake bwayo igafasha bamwe muri bo barangije kaminuza bakabona akazi n’uburyo bwo gukomeza amashuri mu kiciro cya gatatu cya Masters.

Mu minsi ishize, Inteko rusange yahuje imiryango irengera inyungu z’abarokotse Jenoside, IBUKA yagaragaje ko ibasabira kurihirirwa icyiciro cya gatatu cya kaminuza kizabaha ubumenyi bwatuma bihangira imirimo cyangwa bibeshaho mu bundi buryo.

Mu nteko rusange yahuje Ibuka n’indi miryango irengera inyungu z’abacitse ku icumu, hafashwe umwanzuro wo gukomeza gukorera ubuvuzi abo banyeshuri bagafashwa kongera ubumenyi buzabafasha.

Leta y’u Rwanda ifite inshingano zo kuba umubyeyi w’abatagira kivurira mu gihugu. IBUKA yayishimiye ubufasha butandukanye yahaye abacitse ku icumu rya Jenoside, kugeza uyu munsi.

Muri bo harimo abanyeshuri barangiza mu ishami ry’amategeko, ariko ntibakora ibijyanye n’ishami bize batarabonye ubumenyi busabwa ku banyamategeko nk’abavoka, abacamanza n’abahesha b’inkiko.

-2611.jpg

Perezida wa IBUKA, Dr Jean Pierre Dusingizemungu

Perezida wa IBUKA, Dr Jean Pierre Dusingizemungu avuga ko leta yafashije icyo cyiciro kikaba gihabwa ubwo bumenyi i Nyanza, ariko ko hari ibindi byiciro bikeneye ubumenyi burenze ubw’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (A0). Muri bo harimo abize ubuganga, n’andi mashami ya tekiniki atandukanye nayo asaba ubumenyi burenze ubw’icyo cyiciro cya kaminuza.

Kwiga bigarukira he? Ufasha agarukira he?

Abenshi bavuga ko kwiga bitajya birangira. Ufasha nawe ageza ku rwego ashoboye, afite ubushobozi yakwishimira ko uwo yafashije nawe ageze ku cyiciro cyo kwifasha, kwibeshaho no gufasha abandi.

Abantu twaganiriye bavuga ko leta ari umubyeyi kandi yatabaye abana igihe bari bafite ibibazo, kuba izi ko mu Rwanda hari ikibazo cy’ubushomeri cyane mu rubyiruko, ngo yagakwiye kubafasha kugera byibura ku rwego rwa masters, cyangwa igashakira abandi amasomo yunganira kaminuza azabafasha kwibeshaho, kuko n’ubundi urihirira umuntu ntaho byanditse ko amurihirira kugeza ku cyiciro cya kabiri gusa.

Ibuka yo ibona ko ubwo abo leta yarihiriye batapfushije ubusa amahirwe babonye bakiga neza, bikwiye ko leta yakomeza kubafasha wenda igahera ku byasabwa birimo amanota n’ibindi ariko ikabitaho.

Hari kandi n’imiryango, imishinga n’ibigo bitandukanye byagiye birihirira abanyeshuri mu mashuri yisumbuye na za kaminuza byabafashije nk’ababyeyi babo, ku buryo ikomeje kubarihirira byabafasha bakagera ku rwego rwo kwihangira imirimo no kwibeshaho.

AERG ishyigikiye ubwo busabe

-2610.jpg

Milindi Jean de Dieu, Umuyobozi Mukuru wa AERG, umuryango w’abanyeshuri biga mu mashuri makuru na za kaminuza yavuze ko hari abanyeshuri bacikirije ayisumbuye na kaminuza leta ikwiye gufasha gusubukura ayo mashuri, hari kandi n’abarangije ayisumbuye basaga ibihumbi umunani bagitegereje kurihirirwa muri kaminuza.

Ku bijyanye no kurihirira abataragize amahirwe yo kubona akazi, Milindi yemera ko nabyo bikenewe cyane, mu gihe hari n’abakwiye guhabwa amahirwe yo kongererwa amasomo atangwa nyuma ya kaminuza y’igihe gito cyangwa kinini, ikindi yagaragaje ni uko bagombye guhabwa inguzanyo na banki n’ibigo by’imari bikabafasha kwiteza imbere.

Yagize ati “ Abenshi barangije kwiga kaminuza, babonye amahugurwa ajyanye n’ibyo bize bakongera ubumenyi cyangwa babonye inguzanyo bakihangira imirimo byabafasha cyane.”

Bamwe bifuza ko IBUKA na FARG bakagombye kwicara bakareba abarihirirwa na kaminuza , hakagenwa ibyagenderwaho.

Ibuka yumva ko niyo hagenda harihirirwa bake mu gihe runaka ariko bikagenda bikorwa uko umwaka utaha.

-2612.jpg

Eng. Ruberangeyo Theophile ushinzwe ikigega FARG

Ku ruhande rw’ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, Umuyobozi mukuru wa FARG, Eng. Ruberangeyo Theophile yavuze ko abo banyeshuri bahawe ayo mahirwe byabafasha, ariko ko barimo gukorera ubuvugizi abanyeshuri 8920 bacikirije amashuri yisumbuye na kaminuza ku buryo bafashwa kujyanwa mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro (VTC na IPRC).

Leta igenera FARG inkunga ingana na 6% y’imisoro yakiriye, akoreshwa mu bikorwa bitandukanye.

Umwanditsi wacu yifashishije Igihe.com

2016-04-09
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Yatawe muri yombi atwaye imodoka iriho ibirango by’imodoka za perezida Museveni

Uganda: Yatawe muri yombi atwaye imodoka iriho ibirango by’imodoka za perezida Museveni

Editorial 25 May 2018
Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Editorial 10 Jun 2016
Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Editorial 13 Nov 2022
Nyamagabe : Abayobozi 4 batawe muri yombi bazira  kunyereza umutungo wa rubanda muri gahunda ya Gir’inka

Nyamagabe : Abayobozi 4 batawe muri yombi bazira kunyereza umutungo wa rubanda muri gahunda ya Gir’inka

Editorial 14 Sep 2016
Uganda: Yatawe muri yombi atwaye imodoka iriho ibirango by’imodoka za perezida Museveni

Uganda: Yatawe muri yombi atwaye imodoka iriho ibirango by’imodoka za perezida Museveni

Editorial 25 May 2018
Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Editorial 10 Jun 2016
Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Editorial 13 Nov 2022
Nyamagabe : Abayobozi 4 batawe muri yombi bazira  kunyereza umutungo wa rubanda muri gahunda ya Gir’inka

Nyamagabe : Abayobozi 4 batawe muri yombi bazira kunyereza umutungo wa rubanda muri gahunda ya Gir’inka

Editorial 14 Sep 2016
Uganda: Yatawe muri yombi atwaye imodoka iriho ibirango by’imodoka za perezida Museveni

Uganda: Yatawe muri yombi atwaye imodoka iriho ibirango by’imodoka za perezida Museveni

Editorial 25 May 2018
Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Editorial 10 Jun 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru