• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Editorial 27 May 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Mu ruzinduko rwe rwa mbere mu Rwanda, Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, kuri uyu wa kane tariki 27 Gicurasi 2021, yavugiye ijambo ritazibagirana ku rwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi.

Ubwo yari amaze kunamira inzirakarengane zisaga 250.000 ziruhukiye muri urwo rwibutso, Perezida Macron waranzwe n’imvugo yuzuyemo ubumuntu, yagarutse ku nzira y’inzitane Abatutsi bishwe ndetse n’abarokotse banyuzemo muri Jenoside bakorewe mu mwaka w’1994, maze avuga ko “amazina y’abishwe urw’agashinyaguro yanditse ku ibuye ritazigera risibangana.

Yasobanuraga ko ibyabaye mu Rwanda birenze ukwemera, kuko ari “ubwirakabiri bwagwiriye ikiremwamuntu aho kiva kikagera”, aboneraho gushimangira ko igihugu cye cyashyigikiye Leta y’abajenosideri, maze agira ati:” Abanyuze mu ijoro ry’icuraburindi nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira.

Dusabye iyo mpano ikomeye y’imbabazi”

Perezida Macron kandi yagaragaje ko Jenoside itagereranywa n’ikindi kintu icyo aricyo cyose, ntisobanurwe n’umubare w’abayizize ahubwo ikareberwa mu mpamvu bishwe, kandi mu Rwanda hishwe Abatutsi.

Aha akaba yashenye abirirwa bavuga ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri, ndetse anashimangira ko azaharanira ko abagize uruhare bose muri Jenoside yakorewe Abatutsi bashyikirizwa ubutabera.

Perezida w’Ubufaransa kandi yatangaje ko igihugu cye cyahagurukiye kwiyunga n’amateka, Ati:”Iyi myaka 27 yabaye iyo guhakana, kwinangira, kwigira abere no guhisha ukuri. Nicishije bugufi, mu cyubahiro mbagomba,ariko uyu munsi naje kwemera uruhare rwacu mu byababayeho. Mbisabiye imbabazi.”

Perezida Macron kandi yasabye urubyiruko rw’u Rwanda n’urw’Ubufaransa gushyira hamwe bakubaka amateka mashya, ashingiye ku bufatanye muri byose, ku kuri no kubahana.

Biteganyijwe ko mbere y’uko asoza uruzinduko rwe rw’iminsi 2 mu Rwanda, Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, bagirana ikiganiro n’abanyamakuru, aho byitezwe ko Perezida Macron asobanura kurushaho “impano ikomeye y’imbabazi” yasabye Abanyarwanda.

2021-05-27
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame araza gusangira na Mark Zuckerberg washinze Facebook nyuma yo kwakirwa na Macron muri Champs-Elysée

Perezida Kagame araza gusangira na Mark Zuckerberg washinze Facebook nyuma yo kwakirwa na Macron muri Champs-Elysée

Editorial 23 May 2018
Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka Kibonke yavuze ko ataretse ibikorwa byo gusetsa ajya imbere y’abantu bizwi nka Standup Comedy, asobanura ko kuri ubu ahubwo yahisemo kuyikora mu buryo bwa Filimi

Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka Kibonke yavuze ko ataretse ibikorwa byo gusetsa ajya imbere y’abantu bizwi nka Standup Comedy, asobanura ko kuri ubu ahubwo yahisemo kuyikora mu buryo bwa Filimi

Editorial 11 Mar 2021
Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Editorial 02 Apr 2019
Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha

Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha

Editorial 04 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation
UBUKUNGU

Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation

Editorial 14 Nov 2017
Kigali: Abasore batinda kurongora bahorana impamvu nyinshi
Mu Rwanda

Kigali: Abasore batinda kurongora bahorana impamvu nyinshi

Editorial 24 Mar 2017
Kenya: Uhuru Kenyatta atsinze amatora n’amajwi 98%, Odinga agira o,8%
Mu Mahanga

Kenya: Uhuru Kenyatta atsinze amatora n’amajwi 98%, Odinga agira o,8%

Editorial 30 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru