• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Editorial 12 Apr 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame mu kiganiro yagiranye na bamwe mu banyamakuru k’umugoroba wo kuri uyu wa gatandatu, tariki ya 9/4/2016, kuri Stade Amahoro i Remera, yavuze ko ashingiye ku makuru y’uko hari ibihugu byo mu karere bishyigikiye abahunze u Rwanda bashinjwa kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igahitana abasaga miliyoni; yavuze ko abazagerageza gutera u Rwanda nabo bazineza ko bitazabahira.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rufite inshingano yo guharanira ko Jenoside itazongera kuba mu gihugu, mu bindi bihugu ho rukaba rwafatanya n’amahanga mu kuyikumira.

Umukuru w’igihugu yavuze ko ajya yumva ko mu bihugu by’abaturanyi hari ‘abaribwaribwa’ ngo bashaka gufasha Interahamwe n’indi mitwe gutera u Rwanda, ariko ngo yiteguye guhangana nabo.

Yagize ati “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke. Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje, ariko bamwe bashaka no kubikora ubundi barabizi, bazi ko bitazabahira. Ngira ngo ni nacyo kibatinza. Ariko uwangirira ngo babigerageze.”

Perezida Kagame yavuze ko ibikorerwa mu bindi bihugu u Rwanda ruzategereza amahanga icyo azabikorera, ariko ngo ibyo kugarura Jenoside mu Rwanda byo “ntabwo bishoboka.”

PREZIDA PAUL KAGAME YASABYE ABANYARWANDA KUTARANGAZWA N’IBY’ABARUNDI BATUKANA KU KARUBANDA NK’ABASHUMBA

Perezida Kagame abajijwe icyo avuga ku bimaze iminsi bivugwa n’ubutegetsi bw’u Burundi ko u Rwanda rwaba rushaka ko muri iki gihugu naho haba Jenoside, yavuze ko nta mwanya abanyarwanda bakwiye guta bavuga ku bijyanye n’u Burundi.

Ati “Ibiba i Burundi cyangwa ibibera i Burundi numva nta kinini nkwiye kuba mbivugaho ntabwo byantwarira umwanya kuko n’abandi Banyarwanda ntibikabatwarire umwanya munini.”

“Ntabwo bikwiye kuturangaza. Dukwiye gukomeza gukora ibyo dushaka gukora byubaka igihugu cyacu. Ibyo bitandukanye n’ibyakwambuka umupaka biturutse aho ariho hose bikinjira mu gihugu cyacu ariko ibivugirwa hanze ntabwo numva twajya mu bitutsi ngo dutukane tubasubize twese tube kimwe.”

” Ntabwo njye numva nabijyamo nta n’umunyarwanda nabwira gutukana.

Iby’Abarundi mubirekere Abarundi, Abanyarwanda dukore ibidukwiye bijyanye n’umutekano mu gihugu cyacu n’amajyambere y’igihugu cyacu.

Iby’Abarundi mubirekere Abarundi niyo baba bavuga Abanyarwanda cyangwa batuka Abanyarwanda mubibarekere.”

-2628.jpg

Leta y’u Burundi yagiye ishinja u Rwanda kuba rushyigikiye abagamije guhirika ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza, kugeza n’aho bemeza ko hari urubyiruko rw’Abarundi ruri kwitoreza rugamije gushyira mu bikorwa uwo mugambi.

Perezida Kagame yakomoje ku kibazo cy’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania
Kuva Tanzania yabona Perezida mushya, Dr John Pombe Magufuli, umubano w’u Rwanda n’iki gihugu wahinduye isura ugenda uba mwiza ibyemezwa n’abakuru b’ibihugu byombi.

Perezida wa Tanzania yagiriye uruzinduko mu Rwanda aho yanifatanyije n’Abanyarwanda mu muhango wo gutangiza ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ageze mu Rwanda yatangaje ko uruzinduko rwe rugamije gushimangira umubano w’igihugu cye n’u Rwanda.

-2626.jpg

Perezida Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru

Ubwo yabazwaga ikibazo cy’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania bagasigayo imitungo yabo, Perezida Kagame yagize ati “Umubano uri hagati y’u Rwanda na Tanzania bitewe n’ubuyobozi bushya buriho umeze neza. Nicyo cyangombwa, nicyo cy’ibanze nubwo umubano mwiza uriho uzakemura ibibazo byose byaba biri hagati ya Tanzania n’u Rwanda binyuze mu butwererane n’inzego zose z’ubufatanye ari hagati y’ibihugu byombi cyangwa se mu bijyanye no kwishyira hamwe kwa EAC.Nicyo rero kiri mu bizakemurwa mu byari bihari. Ngira ngo yarabyivugiye mwarabyumvise ukuntu ubu urujya n’uruza rw’abanyarwanda n’abanyatanzaniya ruzashoboka birenze ibisanzwe n’abafite rero icyo bashaka gukurikirana birashoboka ko bazabikurikirana.

Umwanditsi wacu

2016-04-12
Editorial

IZINDI NKURU

Suzuma amafaranga uhawe ko atari amahimbano

Suzuma amafaranga uhawe ko atari amahimbano

Editorial 11 Feb 2016
Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Editorial 12 Jul 2024
Uganda: Gen Kale Kayihura arabarizwa I Nairobi

Uganda: Gen Kale Kayihura arabarizwa I Nairobi

Editorial 05 Nov 2018
Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi

Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi

Editorial 04 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gasabo: Polisi yataye muri yombi agatsiko k’abajura bamennye inzu
Mu Rwanda

Gasabo: Polisi yataye muri yombi agatsiko k’abajura bamennye inzu

Editorial 31 Mar 2017
Portugal ya Christiano yakatishije itike y’umukino  wa nyuma
IMIKINO

Portugal ya Christiano yakatishije itike y’umukino wa nyuma

Editorial 07 Jul 2016
Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa
Amakuru

Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa

Editorial 07 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru