• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abashakashatsi mu by’ikirere bazatangira koherereza ubutumwa ibindi biremwa biba kuyindi mibumbe iri mw’Isanzure

Abashakashatsi mu by’ikirere bazatangira koherereza ubutumwa ibindi biremwa biba kuyindi mibumbe iri mw’Isanzure

Editorial 02 Jan 2017 ITOHOZA

Mu gihe ubushakashatsi mu bijyanye n’ikirere bukomeje gutera imbere hakaba hari byinshi bimaze kuvumburwa ibitari bike bikaba bikibitswe mu ibanga rikomeye kubera kwanga gutera ubwoba ikiremwamuntu, abantu benshi baracyari mugihirahiro bibaza niba mu isanzure iyi si dutuye ariyo yonyine ituwe nibiremwa bifite ubwenge cg ubuzima.

Gusa iyo usomye ubushakashatsi ibyo bwagezeho ubona ko hari amabanga menshi abashakashatsi na za leta zibakoresha badashaka kugaragaza kubera impamvu zitandukanye.

Nkuko tubikesha ikigo METI (Messaging Extra Terrestrial Intelligence) gikorera I San Francisco muri Amerika kikaba cyiga ibijyanye n’ibindi biremwa bishobora kuba bituye muyindi mibumbe itari iyi si yacu, baravuga ko ubu mugihe gito kitarenze umwaka wa 2017 cg ukurikiyeho wa 2018, ko bazatangira koherereza ubutumwa ibyo biremwa bituye kuyindi migabane.

Ubwo rero ni ukumenya ko ubu bushakashatsi bwatangiye mu myaka yaza 1980 bushobora kuba hari icyo bwagezeho kuko ntabwo baba bazatangira kuvugana n’ibiremwa baba batarigeze babona ikiranga ko bibaho kuko bagomba kugira aho bahera.

-5192.jpg

Mu gihe ubu butumwa buzatangira kohererezwa ibi biremwa bifite ubwenge nkatwe cg bibudusumbya, kandi bitaboneka kuri iyi si yacu ngo bazaba bafite intego yo gushyiraho imikoranire n’ubucuti hagati y’ikiremwa muntu nibyo biremwa bindi bibarizwa kure cyane uvuye hano turi.

Umuyobozi mukuru wa METI, Mr Douglas Vakoch yatangaje ko mbere yuko bohereza ubwo butumwa butandukanye ngo bari kwigira hamwe n’abandi bashakashatsi uko ubutumwa buzoherezwa bugomba kuba buteye kugira ngo butazateza ikibazo hagati y’ikiremwamuntu nibyo biremwa bindi.

Ikindi kibazo bafite ngo ni ukumenya indamutso bazaramutsamo ibyo biremwa mu gihe bashaka kubyimenyekanishaho ndetse n’ururimi bazavuganamo nabyo.

Ikibazo cyingorabahizi abashakashatsi bo kuri iyi si bafite ngo ni ukumenya igihe gikwiriye bishobora kwemera ko tubivugisha tutabibangamiye. Ikiriho ngo ni uko umubano ugomba kubaho hagati y’abatuye iy si nabiriya biremwa bindi. Aha umuntu yakwibaza niba koko batarabonye aho biri bakaba badashaka ko abandi bantu bagira icyo babimenyaho.

-5191.jpg

Itsinda ry’abanyabwenge rikaba riri kwigira hamwe icyakorwa ngo ibi bibazo bibonerwe igisubizo vuba byihuse bityo ikiremwamuntu gitsure umubano nibyo biremwa bindi bifite ubwenge bushobora kuba burenze ubwacu.

Ahantu abashakashatsi batekeraza ko hari ibi biremwa ni ahitwa Proxima Centauri hakaba hari umubumbe umeze nk’isi yacu ufite izuba rindi ritari iri ryacu kandi uyu mubumbe ukaba uzenguruka iryo zuba. Abashakashatzi bakoze inyigo zitandukanye basanga kuri Proxima Centauri hashobora kub ibinyabuzima nka hano ku isi.
Ubutumwa buzoherezwa ahantu hatandukanye mu isanzure, mundimi zinyuranye harimo icyongereza. Kumusozo wa buri butumwa hazajya havugwa ngo: Anyone is listening ? / Hari uwaba atwumva ? Nyuma yaho bazajya bohereza n’umuziki.

Ubu ikivugwa ni uko hari abantu batandukanye bakora mu by’umutekano bavuga ko hari ibiganiro bihuza ibihugu byibihangage mubyubushakashatsi mu kirere bakaba bavuga ko imikoranire hagati y’ikiremwamuntu n’ibindi biremwa byo kuyindi mibumbe yatangiye bakaba bashaka uburyo babimenyesha abantu muri rusange buhoro buhoro.

-5190.jpg

Tubitege amaso gusa mugihe hamaze kuvumburwa indi mibumbe igera kubihumbi ntawahakana ko itariho ibindi biremwa bifite umwimerere waho bituye kandi bikaba biturusha ubwenge.

Gusa ntibazadukoreho bahamagara ibishobora kutugira abacakara babyo.

Hakizimana Themistocle

2017-01-02
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyamakuru Jean Bosco Gasasira wabaga munzu y’abasazi muri Suede, Kabonero na Didas Gasana b’Umuseso bagaruwe Kampala mu bikorwa byo kurwanya u Rwanda

Abanyamakuru Jean Bosco Gasasira wabaga munzu y’abasazi muri Suede, Kabonero na Didas Gasana b’Umuseso bagaruwe Kampala mu bikorwa byo kurwanya u Rwanda

Editorial 25 Nov 2017
“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

Editorial 04 Feb 2025
Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Editorial 29 Mar 2021
Menya imitwe 7 satani akoresha asenya umuntu- Ev Murangira Valery Uwitije

Menya imitwe 7 satani akoresha asenya umuntu- Ev Murangira Valery Uwitije

Editorial 23 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwemerewe kwakira icyiciro cya Kabiri cya Basketball Africa league
IMIKINO

U Rwanda rwemerewe kwakira icyiciro cya Kabiri cya Basketball Africa league

Editorial 31 Oct 2019
Mpayimana yemeye ko yatsinzwe amatora, ashimira Kagame wesheje umuhigo
Mu Rwanda

Mpayimana yemeye ko yatsinzwe amatora, ashimira Kagame wesheje umuhigo

Editorial 05 Aug 2017
Afrobasketball: Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwabonye itike ya 1/4
Amakuru

Afrobasketball: Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwabonye itike ya 1/4

Editorial 31 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru