• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

Editorial 12 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ubwicanyi bukomeje gukaza umurego mu gihugu cya Uganda. Mu mpera z’ukwezi kwa Kanama, umudamu witwa Nagirinya n’umushoferi we Ronald Kitayimbwa barashimuswe nyuma baricwa. Tariki ya 6 Nzeli 2019, abantu babiri aribo Merina Tumukunde na Joshua Ntireho Ruhegyera biciwe ku muhanda munini uva Entebbe werekeza mu mugi wa Kampala

Abantu benshi bagarutse kuri ubu bwicanyi bumaze igihe muri Uganda bemeza ko butashoboka inzego z’umutekano zitabirimo urebye abantu bicwa uko baba bakomeye ndetse n’uburyo bikorwamo, bigaragara ko bikorwa nababa barabikoreye imyitozo.

Mbere yuko yicwa , Tumukunde n’umugabo we bari bitabiriye umuhango wo gushyingura uwahoze ari umukuru w’urukiko rw’ikirenga, Alfred Karokora yavuzeko yabwiwe ko ariwe uzicwa atungurwa no kubona umugore we ariwe bishe.

Umushakashatsi muri Kaminuza ya Makarere Yusuf Serunkuma Kajura, yabwiye Television yo muri Uganda NTV ati “Urebye uburyo ubwicanyi bukorwa, bigaragara ko inzego z’umutekano zananiwe inshingano cyangwa se akaba aribo babiri inyuma. Afande Kirumira mbere yuko yicwa yarabivugaga ati mu minsi mike nzicwa, Major Kigundu nawe ni uko, urebye amasasu yarashwe Afande Kawesi n’uburyo byakozwemo, ubona atari ibyakorwa n’abantu basanzwe, ni abantu bari hafi n’ubutegetsi kandi tubana nabo. Bazi neza uko umutekano wa Perezida Museveni uteye, bashobora kumviriza telephone, uhamagara Perezida utabaza nyuma ukazamahagarwa ntuzongere guhamagara Perezida ukundi, uwabikora ntabwo ari kure ya Perezida ari iruhande rwe. Abashimuta bakanica abantu ni abari mu imbere y’ubutegetsi”

Kubijyanye n’ubwicanyi bubera muri Uganda, Perezida Museveni yabwiye inteko ishinga amategeko tariki ya 18 Ukwakira 2018 ko igisubizo cyabonetse kuko bagiye gushyira cameras ahantu hose ku buryo ntawe uzaba acyitegembya ngo akore icyaha yigendere. Ibi byatwaye akayabo k’amafaranga kangana na miliyari 380 z’amashiringi ariko ntibyabuza ubwicanyi gukomeza. Hashize umunsi umwe Museveni asabye ko abashinzwe izo Cameras bakwirukanwa.

Museveni asuzuma camera zikoreshwa mu mihanda ya Kampala ahavugwa ubwicanyi ndenga kamere

Ikibazo si abashinzwe Cameras kuko niba abaregwa ubwicanyi ari abantu bamuri iruhande ntakabuza nta kizabihagarika. Igihe cyari kigeze ngo ubwicanyi muri Uganda buhagarare, ndetse na Uganda ihagarike gushyigikira imitwe y’iterabwoba iba ishaka gukora ibikorwa by’iterabwoma mu Rwanda cyane cyane RNC na FDLR.

2019-09-12
Editorial

IZINDI NKURU

Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Editorial 22 Apr 2021
Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.

Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.

Editorial 25 Jan 2021
“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

Editorial 04 Jul 2024
Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Editorial 29 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup
Amakuru

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Editorial 17 Oct 2021
Ibikorwa by’Abanyarwanda Nibyo bizaca Impaka mu Matora
Amakuru

Ibikorwa by’Abanyarwanda Nibyo bizaca Impaka mu Matora

Editorial 12 Feb 2024
Nyanza: Nyiri Hoteli yaguyemo Abanyeshuri arafunze, uwigisha koga aracyashakishwa
Mu Rwanda

Nyanza: Nyiri Hoteli yaguyemo Abanyeshuri arafunze, uwigisha koga aracyashakishwa

Editorial 26 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru