• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano

Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano

Editorial 27 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, UBUKERARUGENDO

Ministeri y’ububanyi n’amahanga ya Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamenyesheje abaturage bazo ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano we wose, ariko inatangaza ko abaturage bazo bagenda muri Tanzania kurushaho kwigengesera muri iki gihe kubera ibyaha, iterabwoba n’ibikorwa bya leta byibasira abantu hashingiwe ku gitsina cyabo cyangwa abakundana babihuje.

Iyi Ministeri mu itangazo ryayo kuri uyu wa Gatatu, itariki 26 Ukuboza, yavuze ko ibyaha by’ihohotera bimaze kumenyerwa mu gihugu cya Tanzania, aho ikomoza ku byaha byo gukubita no gukomeretsa, gushimuta abantu, gufata ku ngufu no gushimuta imodoka.

Ubutegetsi bwa Perezida Trump bwashyize ahagaragara uko ibihugu byo mu karere bikurikirana mu kugendamo wigengesereye mu gihe uri Umunyamerika.

Igihugu cya Tanzania cyashyizwe ku rwego rwa kabiri (level 2), Kenya na Ugandan abyo biri kuri ururwego rwa kabiri ariko abaturage b’Abanyamerika bakagirwa inama yo kwigengesera bisanzwe mu gihe babirimo, Somalia na Sudan y’Epfo byose byashyizwe ku rwego rwa 4, aho nta muturage wa Amerika ugirwa inama yo kuhakandagira.

Igihugu cya Sudani cyo cyashyizwe ku rwego rwa gatatu, aho Abanyamerika basabwa kubanza kubitekerezaho mbere yo gufata icyemezo cyo kujyayo.

Igihugu cy’u Rwanda kiri mu bihugu bidasaba kwigengesera mu gihe ubigiyemo, mbese mu bihugu ushobora kujyamo wizeye umutekano wawe wose.

Raporo y’Ikigo cy’Abanyamerika Gallup’s Law and Order Index 2017, yashyize u Rwanda ku mwanya wa Gatanu ku Isi mu bihugu bitekanye n’amanota 87%.

Raporo yayo ya 2018 yo yashimangiye ko ruza ku mwanya wa kabiri mu bifite abaturage batekanye muri Afurika.

Ugutekana kw’abanyarwanda ntikurangirira mu kuba barya bakaryama gusa.

Amafaranga leta ishyira mu bikorwa by’iterambere ava mu nguzanyo z’amahanga, ibipimo bigaragaza ko u Rwanda rufite izibasha kugenzurwa kurusha ibindi bihugu byo mu karere.

Ibyo bijyana n’uburyo rugaragaza ubushobozi bwo kwishyura inguzanyo rufata, nk’uko byagaragajwe na Standard and Poor (S&P) Global Ratings 2018.

Raporo y’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ubukungu (World Economic Forum, WEF) mu 2016, igaragaza ko u Rwanda ari igihugu cya mbere muri Afurika gifite guverinoma itajegajega, rukaba ku mwanya wa karindwi ku Isi.

Raporo y’Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (WEF), igaragaza uko Polisi z’Ibihugu zihagaze mu kugirirwa icyizere n’abaturage, yashyize iy’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika n’uwa 13 ku Isi.

2018-12-27
Editorial

IZINDI NKURU

Kuki Urupfu Rwa Karegeya  Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda

Kuki Urupfu Rwa Karegeya Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda

Editorial 25 Jan 2019
Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Editorial 20 Jan 2025
Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Editorial 06 Jan 2022
Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Editorial 04 Jun 2025

4 Ibitekerezo

  1. Sunday
    December 27, 201812:51 pm -

    Iyo Niyompamvu Kagome atera akaduruvayo mubihugu byabaturanyi abantu bagirengo urwanda nirwo rwonyine rufite amahoro mukarere kandi ntayo

    Subiza
    • Bikorimana Mubarak
      December 27, 20185:55 pm -

      Ndumva wowe uri bamenya kbsa!!!! Uzabagire inama nabo bazane akaduruvayo hano. Ese konumva bazi ubateza akaduruvayo kuki batakirinda? Cg nibimwe urugo rwawe rukunanira ngo nabaturanyi bakuroga? Ohhh mwishakemo ibisubizo byibibazo byanyu, naho twe twayotse cyera turakataje

      Subiza
  2. Amahe kamili
    December 27, 20181:11 pm -

    Aliko mwagiye mufunga comment zimwe bamwe batagira indero batambutsa hano.

    Mbaye mbashimiye

    Subiza
    • Sunday
      December 27, 20186:49 pm -

      Ntutinye ukuri kuko birazwi hose ko arikokazi kabo kubwicanyi.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC ku mwanya wa 3 nyuma yo gutsindira Mukura VS iwayo
Mu Rwanda

Police FC ku mwanya wa 3 nyuma yo gutsindira Mukura VS iwayo

Editorial 13 Mar 2017
Impamvu yatumye mfata ikemezo cyo kuva mu ishyaka  Ishema Party rya Tomas Nahimana
ITOHOZA

Impamvu yatumye mfata ikemezo cyo kuva mu ishyaka Ishema Party rya Tomas Nahimana

Editorial 16 Jun 2016
U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.
Amakuru

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

Editorial 06 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru