• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Editorial 18 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Urubuga SOS Médias-Burundi dukesha aya makuru, ruravuga ko abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi, cyane cyane abaturiye ishyamba rya Kibira ryegereye u Rwanda, binubira cyane kuba inzego z’ umutekano ntacyo zikora ngo zibarinde ibikorwa by’ubwicanyi n’ ubusahuzi, bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba, FLN, ugizwe n’ inyeshyamba z’ Abanyarwanda.

Abo baturage bavuga ko aho kubatabara, igisirikari n’ Imbonerakure z’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, usanga bakorana bya hafi na FLN, babaha ibyo kurya n’imiti.
Ikindi abaturage bavuga, ni uko abacuruzi bo mu duce twa Mukoma,Gacumbegeti, na Rutorero, nabo bagemurira FLN mu ishyamba rya Kibira, ariko ngo iyo batinze kubagezaho ingemu, izo ngegera zirara mu myaka n’ amatungo by’ abaturage, ugize ngo aravuga akahasiga ubuzima, inzego z’ umutekano zirebera.

Guverineri w’iyo ntara ya Cibitoke, BIZOZA Carême, we yabwiye SOS Médias-Burundi ko agiye kuvugana n’ inzego z’ umutekano ngo bakarebera hamwe uko bakoma imbere ubugizi bwa nabi bukorwa na FLN, ndetse anaburira abakorana nayo ko bazabihanirwa. Ese imvugo izaba ingiro?

FLN ni umutwe w’ iterabwoba washinzwe na Paul Rusesabagina n’ibindi byihebe, ukaba ufite indiri mu ishyamba rya Kibira mu Burundi, ariko ryegereye umupaka w’u Rwanda. Aho niho bava bakinjira mu Rwanda guhungabanya umutekano, nk’uko babigenje mu bihe bitandukanye mu turere twa Nyamasheke, Nyaruguru na Nyamagabe.

Abafatiwe muri ibyo bitero bagashyikirizwa ubucamanza, batanze ubuhamya bushimangira ko FLN ifashwa n’inzego z’ umutekano mu Burundi, haba mu kubona abarwanyi n’ intwaro, ndetse n’ inzira bakoresha bagaba udutero-shuma mu Rwanda.

Leta y’ icyo gihugu irabihakana, nyamara ntirashobora gusobanura impamvu ntacyo ikora ngo isenye ibirindiro bya FLN mu ishyamba rya Kibira. Muri Gicurasi 2021 hari amakuru yatangajwe na ”Burundi Daily” yavugaga ko icyo gihugu kigiye kohereza mu Rwanda abarwanyi 20 ba FLN, ariko icyo gikorwa cyaje guhera mu magambo.
Ku ruhande rwayo, Leta y’ u Rwanda ivuga ko yifuza kuvugurura umubano n’uBurundi umaze igihe warajemo igitotsi, ndetse muri Nyakanga 2021, uRwanda rwashyikirije uBurundi abarwanyi 19 b’ umutwe wa RED-Tabara, bafatiwe ku butaka bwarwo bari bikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’ u Burundi.

Perezida w’ u Burundi, Evariste Ndayishimiye, amaze kumvikana kenshi avuga ko nta gikwiye kubangamira umubano mwiza w’ “ibihugu by’ibivukanyi”, ariko nta gikorwa kiraherekeza iyo mvugo nziza.

2022-07-18
Editorial

IZINDI NKURU

Abaturarwanda barasabwa kuzizihiza iminsi mikuru isoza umwaka mu mutekano usesuye

Abaturarwanda barasabwa kuzizihiza iminsi mikuru isoza umwaka mu mutekano usesuye

Editorial 25 Dec 2016
Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Editorial 14 Jun 2022
u Burundi bwemeye kwakira  imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

u Burundi bwemeye kwakira imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

Editorial 03 Sep 2016
Umunyamakuru Mugabe Robert, aracyagudagurana n’ubutabera ku byaha byo gusambanya abana

Umunyamakuru Mugabe Robert, aracyagudagurana n’ubutabera ku byaha byo gusambanya abana

Editorial 24 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira
INKURU NYAMUKURU

Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira

Editorial 01 May 2019
Abahoze muri FDLR na RNC bifatanyije na Rusesabagina mu gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abahoze muri FDLR na RNC bifatanyije na Rusesabagina mu gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 07 May 2018
Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakomeje gupfa nk’ibimonyo, mu bitero ingabo za Kongo zikomeje kuwugabaho kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru
Amakuru

Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakomeje gupfa nk’ibimonyo, mu bitero ingabo za Kongo zikomeje kuwugabaho kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru

Editorial 16 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru