• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Abayobozi babiri batawe muri yombi bakekwaho kugambanira Perezida Nkurunziza

Abayobozi babiri batawe muri yombi bakekwaho kugambanira Perezida Nkurunziza

Editorial 03 Mar 2018 IMIKINO

Abayobozi babiri batawe muri yombi nyuma y’uko ikipe y’umujyi bayobora ikiniye nabi Perezida Nkurunziza mu mukino w’umupira w’amaguru wabahuzaga n’ikipe ye, Haleluya FC.

Umuyobozi wa Kiremba, Cyriaque Nkezabahizi n’umwungiriza we, Michel Mutama, batawe muri yombi ku wa Kane w’iki cyumweru. Amakuru aturuka mu nzego z’ubutabera avuga ko bakekwaho ‘kugambanira Perezida.’

Perezida Nkurunziza ni umukirisito ukomeye ndetse afite ikipe akinamo yitwa Haleluya FC agendana nayo mu bice bitandukanye, afite kandi korali yitwa ‘Komeza gusenga’.

Akina imikino hagati y’ibiri n’itatu buri cyumweru, yubatse Stade ijyamo abantu barenga 9000 aho avuka hitwa Buye mu Ntara ya Ngozi n’izindi mu gihugu. Buri mukino atsinda igitego kimwe cyangwa bibiri kuko ikipe bakina iba igomba kutamubuza. Gusa kuri iyi nshuro ntabwo byamukundiye kuko abo bakinaga batamuhaye amahwemo.

Ku wa 3 Gashyantare ikipe ye yahuye n’iyo mu mujyi wa Kiremba. Bamwe mu bari ku mukino babwiye AFP, ko abayobozi ba Kiremba bagiye mu nkambi y’impunzi z’abanye-Congo iri muri ako gace bakazana abakinnyi.
Umwe yagize ati“Aba banye-Congo ntibari bazi ko bakina na Perezida Nkurunziza kuko mu mukino baramukomerekeje, uko yafataga umupira baramwegeraga ndetse bakamutura hasi inshuro nyinshi. Ni mu gihe abakinnyi b’Abarundi bo birinda no kumwegera.”

Ubusanzwe ikipe bagiye gukina iba izi neza ko imureka agatsinda ibitego byinshi kuko nta mukinnyi umwegera.

Hagati aho, umwaka ushize Perezida Nkurunziza na Guverinoma ye bashyizwe muri raporo y’Umuryango w’Abibumbye ko hari ibimenyetso bifatika by’uko bakoze ibyaha byibasira inyokomuntu.

Iyi raporo kandi yavuze ko mu mvururu za politiki zo mu 2015, ingabo za leta ndetse n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bishe abantu, bakabakorera iyicarubozo ndetse abagore n’abakobwa bagafatwa ku ngufu. Ibi byose bikaba bifite imvano y’uko Perezida Nkurunziza yashatse kwiyamamariza manda ya gatatu nyamara itegeko nshinga ritabyemera.

 

2018-03-03
Editorial

IZINDI NKURU

Patrick Aussems wabaye umutoza wa Simba SC, yamaze kumvikana na Kiyovu SC kuyitoza mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Patrick Aussems wabaye umutoza wa Simba SC, yamaze kumvikana na Kiyovu SC kuyitoza mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Editorial 12 Jul 2022
Byiringiro Lague wakiniraga APR FC, yerekeje muri Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC, yerekeje muri Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede

Editorial 07 Mar 2023
Imikino yo kwishyura y’intoki mu irushanwa rya BK Basketball League mu gice cyo kwishyura mu bagabo irakomeza mu mpera z’iki cyumweru

Imikino yo kwishyura y’intoki mu irushanwa rya BK Basketball League mu gice cyo kwishyura mu bagabo irakomeza mu mpera z’iki cyumweru

Editorial 17 Sep 2021
Portugal amateka itwara igikombe cy’Uburayi

Portugal amateka itwara igikombe cy’Uburayi

Editorial 11 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC yahize gutsinda AS Kigali ikerekana ko aribo banyamujyi, ibyo wamenya ku munsi 17 wa shampiyona y’u Rwanda ikomeza
Amakuru

Kiyovu SC yahize gutsinda AS Kigali ikerekana ko aribo banyamujyi, ibyo wamenya ku munsi 17 wa shampiyona y’u Rwanda ikomeza

Editorial 16 Feb 2022
Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23
IMIKINO

Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23

Editorial 15 Aug 2018
Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump
INKURU NYAMUKURU

Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump

Editorial 24 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru