• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Lionel Messi yanenze Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone
Lionel Messi yakinannye na Eric Abidal hagati ya 2007 na 2013

Lionel Messi yanenze Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone

Ubwanditsi 06 Feb 2020 IMIKINO

Rutahizamu akaba na kapiteni wa FC Barcelone, Lionel Messi, yanenze Umuyobozi wa Siporo w’iyi kipe, Eric Abidal, wavuze ko abakinnyi b’iyi kipe batakoraga cyane ubwo batozwaga na Ernesto Valverde.

Eric Abidal wakinannye na Lionel Messi, ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru cyo muri Espagne, Diario Sport, nibwo yatangaje aya magambo atarishimiwe na Messi.

Kuri uyu wa Kabiri, Messi w’imyaka, yamusubije avuga ko “Iyo uvuze ku bakinnyi, uba ugomba kuvuga n’amazina kuko iyo bitabaye ibyo, bitangira gukwirakwiza amagambo ku bintu bitari byo.”

Ubwo uwari umutoza, Ernesto Valverde yirukanwaga, FC Barcelone yari ku mwanya wa mbere muri Shampiyona ya Espagne, La Liga, inganya amanota na Real Madrid.

Mu kiganiro yagiranye na Diario Sport, Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone, Eric Abidal, yavuze ko “Abakinnyi benshi batari bishimye, batakoraga cyane ndetse hari ubwumvikane bucye mu ikipe.”

Yakomeje agira ati “Umubano hagati y’umutoza n’abakinnyi wari mwiza ariko hari ibintu nk’uwahoze ari umukinnyi nshobora kwisobanurira. Nabwiye ikipe icyo natekerezaga kandi twafashe icyemezo [kuri Valverde].”

Yifashishije urubuga nkoranya mbaga rwa Instagram, Lionel Messi umaze kwegukana Ballon d’Or inshuro esheshatu, yagize ati “Mu by’ukuri, ntabwo nkunda gukora ibi bintu ariko ntekereza ko abantu bagomba kumenya inshingano zabo mu kazi kabo kandi bakagira ibyemezo byabo.”

“Abakinnyi ibyabo bibera mu kibuga kandi nitwe ba mbere twemeza ko tutari tumeze neza. Abashinzwe siporo bagakwiye gukora inshingano zabo nabo ndetse bakamenya ibyemezo bafata.”

Muri iki kiganiro na Diario Sport, Abidal yavuze ko yatekerezaga ko Messi yari yishimye ndetse amasezerano mashya y’uyu mukinnyi ukomoka muri Argentine ari kuganirwaho, ni nyuma y’uko ayo yasinye mu 2017 azarangira mu 2021.

Lionel Messi na Eric Abidal bakinannye muri FC Barcelone hagati ya 2007 na 2013 mbere y’uko uyu Mufaransa asezera gukina mu gihe yagarutse muri iyi kipe muri Kamena 2018 nk’Umuyobozi wa Siporo.

2020-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro

Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Umunsi wa kane wa Primus National League urakomeza mu mpera z’iki cyumweru Rayon Sports isura Marines FC

Umunsi wa kane wa Primus National League urakomeza mu mpera z’iki cyumweru Rayon Sports isura Marines FC

Ubwanditsi 01 Oct 2022
Ibyaranze igice kibanza cya shampiyona y’u Rwanda 2024-2025 kiyobowe na Rayon Sports

Ibyaranze igice kibanza cya shampiyona y’u Rwanda 2024-2025 kiyobowe na Rayon Sports

Ubwanditsi 15 Jan 2025
Mukura VS yasezerewe mu marushanwa ya CAF nubwo yatsindiye Al-Hilal i Huye

Mukura VS yasezerewe mu marushanwa ya CAF nubwo yatsindiye Al-Hilal i Huye

Ubwanditsi 20 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ukutumvikana hagati ya Perezida Museveni n’umugore we ku ishyirwaho ry’umuyobozi wa Makerere
HIRYA NO HINO

Ukutumvikana hagati ya Perezida Museveni n’umugore we ku ishyirwaho ry’umuyobozi wa Makerere

Ubwanditsi 30 May 2018
Abanyarwanda barasabwa kuba babucyereye kandi ari benshi mu bikorwa byo  kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi
Mu Rwanda

Abanyarwanda barasabwa kuba babucyereye kandi ari benshi mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi

Ubwanditsi 12 Jul 2017
U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge
Amakuru

U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge

RUSHYASHYA 21 Apr 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru