• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Lionel Messi yanenze Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone
Lionel Messi yakinannye na Eric Abidal hagati ya 2007 na 2013

Lionel Messi yanenze Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone

Ubwanditsi 06 Feb 2020 IMIKINO

Rutahizamu akaba na kapiteni wa FC Barcelone, Lionel Messi, yanenze Umuyobozi wa Siporo w’iyi kipe, Eric Abidal, wavuze ko abakinnyi b’iyi kipe batakoraga cyane ubwo batozwaga na Ernesto Valverde.

Eric Abidal wakinannye na Lionel Messi, ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru cyo muri Espagne, Diario Sport, nibwo yatangaje aya magambo atarishimiwe na Messi.

Kuri uyu wa Kabiri, Messi w’imyaka, yamusubije avuga ko “Iyo uvuze ku bakinnyi, uba ugomba kuvuga n’amazina kuko iyo bitabaye ibyo, bitangira gukwirakwiza amagambo ku bintu bitari byo.”

Ubwo uwari umutoza, Ernesto Valverde yirukanwaga, FC Barcelone yari ku mwanya wa mbere muri Shampiyona ya Espagne, La Liga, inganya amanota na Real Madrid.

Mu kiganiro yagiranye na Diario Sport, Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone, Eric Abidal, yavuze ko “Abakinnyi benshi batari bishimye, batakoraga cyane ndetse hari ubwumvikane bucye mu ikipe.”

Yakomeje agira ati “Umubano hagati y’umutoza n’abakinnyi wari mwiza ariko hari ibintu nk’uwahoze ari umukinnyi nshobora kwisobanurira. Nabwiye ikipe icyo natekerezaga kandi twafashe icyemezo [kuri Valverde].”

Yifashishije urubuga nkoranya mbaga rwa Instagram, Lionel Messi umaze kwegukana Ballon d’Or inshuro esheshatu, yagize ati “Mu by’ukuri, ntabwo nkunda gukora ibi bintu ariko ntekereza ko abantu bagomba kumenya inshingano zabo mu kazi kabo kandi bakagira ibyemezo byabo.”

“Abakinnyi ibyabo bibera mu kibuga kandi nitwe ba mbere twemeza ko tutari tumeze neza. Abashinzwe siporo bagakwiye gukora inshingano zabo nabo ndetse bakamenya ibyemezo bafata.”

Muri iki kiganiro na Diario Sport, Abidal yavuze ko yatekerezaga ko Messi yari yishimye ndetse amasezerano mashya y’uyu mukinnyi ukomoka muri Argentine ari kuganirwaho, ni nyuma y’uko ayo yasinye mu 2017 azarangira mu 2021.

Lionel Messi na Eric Abidal bakinannye muri FC Barcelone hagati ya 2007 na 2013 mbere y’uko uyu Mufaransa asezera gukina mu gihe yagarutse muri iyi kipe muri Kamena 2018 nk’Umuyobozi wa Siporo.

2020-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Koffi Olomide yagize icyo avuga kuri perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Koffi Olomide yagize icyo avuga kuri perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 31 Dec 2016
CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 18 Oct 2023
Amarushanwa ya Volleyball yo ku musenyi azaba muri Nzeli

Amarushanwa ya Volleyball yo ku musenyi azaba muri Nzeli

Ubwanditsi 10 Aug 2016
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo yageze i Kigali itahanye umwanya wa 6

Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo yageze i Kigali itahanye umwanya wa 6

Ubwanditsi 16 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali :  Umuyobozi nshingwabikorwa wa UN Women yasuye Isange One Stop Centre
Mu Rwanda

Kigali : Umuyobozi nshingwabikorwa wa UN Women yasuye Isange One Stop Centre

Ubwanditsi 11 May 2017
Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri
Mu Rwanda

Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Abanyarwanda baba i Kinshasa basabwe kwitwararika mu gihe cy’amatora yo muri RDC
Mu Mahanga

Abanyarwanda baba i Kinshasa basabwe kwitwararika mu gihe cy’amatora yo muri RDC

Ubwanditsi 04 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru