• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Lionel Messi yanenze Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone
Lionel Messi yakinannye na Eric Abidal hagati ya 2007 na 2013

Lionel Messi yanenze Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone

Ubwanditsi 06 Feb 2020 IMIKINO

Rutahizamu akaba na kapiteni wa FC Barcelone, Lionel Messi, yanenze Umuyobozi wa Siporo w’iyi kipe, Eric Abidal, wavuze ko abakinnyi b’iyi kipe batakoraga cyane ubwo batozwaga na Ernesto Valverde.

Eric Abidal wakinannye na Lionel Messi, ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru cyo muri Espagne, Diario Sport, nibwo yatangaje aya magambo atarishimiwe na Messi.

Kuri uyu wa Kabiri, Messi w’imyaka, yamusubije avuga ko “Iyo uvuze ku bakinnyi, uba ugomba kuvuga n’amazina kuko iyo bitabaye ibyo, bitangira gukwirakwiza amagambo ku bintu bitari byo.”

Ubwo uwari umutoza, Ernesto Valverde yirukanwaga, FC Barcelone yari ku mwanya wa mbere muri Shampiyona ya Espagne, La Liga, inganya amanota na Real Madrid.

Mu kiganiro yagiranye na Diario Sport, Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone, Eric Abidal, yavuze ko “Abakinnyi benshi batari bishimye, batakoraga cyane ndetse hari ubwumvikane bucye mu ikipe.”

Yakomeje agira ati “Umubano hagati y’umutoza n’abakinnyi wari mwiza ariko hari ibintu nk’uwahoze ari umukinnyi nshobora kwisobanurira. Nabwiye ikipe icyo natekerezaga kandi twafashe icyemezo [kuri Valverde].”

Yifashishije urubuga nkoranya mbaga rwa Instagram, Lionel Messi umaze kwegukana Ballon d’Or inshuro esheshatu, yagize ati “Mu by’ukuri, ntabwo nkunda gukora ibi bintu ariko ntekereza ko abantu bagomba kumenya inshingano zabo mu kazi kabo kandi bakagira ibyemezo byabo.”

“Abakinnyi ibyabo bibera mu kibuga kandi nitwe ba mbere twemeza ko tutari tumeze neza. Abashinzwe siporo bagakwiye gukora inshingano zabo nabo ndetse bakamenya ibyemezo bafata.”

Muri iki kiganiro na Diario Sport, Abidal yavuze ko yatekerezaga ko Messi yari yishimye ndetse amasezerano mashya y’uyu mukinnyi ukomoka muri Argentine ari kuganirwaho, ni nyuma y’uko ayo yasinye mu 2017 azarangira mu 2021.

Lionel Messi na Eric Abidal bakinannye muri FC Barcelone hagati ya 2007 na 2013 mbere y’uko uyu Mufaransa asezera gukina mu gihe yagarutse muri iyi kipe muri Kamena 2018 nk’Umuyobozi wa Siporo.

2020-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police FC yatangiye umwiherero w’icyumweru kimwe mu karere ka Rubavu hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026

Police FC yatangiye umwiherero w’icyumweru kimwe mu karere ka Rubavu hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 21 Jul 2025
APR FC yashoje amatsinda ari iya mbere ihita ibona itike ya 1/2 cy’imikino ya CECAFA Kagame Cup 2025

APR FC yashoje amatsinda ari iya mbere ihita ibona itike ya 1/2 cy’imikino ya CECAFA Kagame Cup 2025

Ubwanditsi 08 Sep 2025
Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi

Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi

Ubwanditsi 28 Sep 2024
Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021

Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021

Ubwanditsi 28 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Abantu b’ingeri zose bitabiriye umunsi wa Siporo “Car Free day”
IMIKINO

Kigali: Abantu b’ingeri zose bitabiriye umunsi wa Siporo “Car Free day”

Ubwanditsi 18 Mar 2018
Kuki Museveni yagereranyije guhangana n’‘Igihugu cy’abaturanyi’ no guhandura Ivunja
POLITIKI

Kuki Museveni yagereranyije guhangana n’‘Igihugu cy’abaturanyi’ no guhandura Ivunja

Ubwanditsi 17 Sep 2018
Ni iki Prof. Gambari washimwe na Perezida Kagame yakoze mu gihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi yabaga?
Amakuru

Ni iki Prof. Gambari washimwe na Perezida Kagame yakoze mu gihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi yabaga?

Ubwanditsi 07 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru