• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kinyinya : Abagore babiri bikekwa ko bicuruzaga [ Indaya ] basanzwe munzu zabo bishwe

Kinyinya : Abagore babiri bikekwa ko bicuruzaga [ Indaya ] basanzwe munzu zabo bishwe

Ubwanditsi 15 May 2017 ITOHOZA

Abagore babiri bivugwa ko bakoraga umwuga wo kwicuruza [ Indaya ] basanzwe mu nzu zabo ziherereye mu Murenge wa Kinyinya bitabye Imana, urupfu rukomeje kuba amayobera mu gihe iperereza rya Polisi rigikomeje.

Ku mugoroba wo kuwa Gatandatu, tariki ya 13 Gicurasi 2017, nibwo Polisi yahurujwe n’abaturage nyuma yo kwinjira mu nzu ya Iribagiza Josiane w’imyaka 24 wari utuye muri Kabuhundo ya I n’iya Iradukunda Rosine uri mu kigero cy’imyaka 20 wari utuye mu Mudugudu wa Rukingu mu Kagari ka Kagugu, mu Murenge wa Kinyinya bagasanga bitabye Imana.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Hitayezu Emmanuel yatangaje ko amakuru y’urupfu rw’aba bagore bayahawe n’abaturage.

Ati “Ku mugoroba wo kuwa Gatandatu ahagana saa kumi n’ebyiri, abaturage baraduhamagaye batubwira ko hari abagore babiri bo muri Kinyinya, bari batuye mu midugudu itandukanye bitabye Imana. Twahise twihutira kugera aho ikibazo cyabereye kugira ngo dutangire iperereza.”
-6603.jpg
Amakuru avuga ko umwe muri aba bagore yari yagaragaye ari kumwe n’umugabo kuwa Gatanu, binakekwa ko bararanye. Bukeye bw’aho babonye inzu irangaye binjiramo basanga yitabye Imana, nk’uko byanagenze no kuri mugenzi we.

Hitayezu yagize ati “Ni amakuru avugwa ko hari umugabo baba bararanye ariko twe ntabyo tuzi kuko iperereza rirakomeje, nta muntu urafatwa akurikiranyweho urupfu rw’aba bagore bombi.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo twakwemeza ko bakoraga akazi ko kwicuruza nubwo hari abaturage babivuga, icyo bakoraga tuzakimenya nyuma.”

Polisi yahise itwara imirambo y’aba bombi bivugwa ko harimo n’umwe wari utwite ku Bitaro bya Kacyiru mu gihe iperereza ku waba wihishe inyuma y’uru rupfu rigikomeje.

-6602.jpg

Indaya zirara ku mihanda zitegereje abagabo ziteza umutekano muke

Ibi bibaye nyuma y’amezi make mu Gatsata naho mu Mujyi wa Kigali habereye ubwicanyi nk’ubu bwahitanye Indaya zigeze kuri 12. Bamwe mu bakoze ubu bugome bakaba baratawe muri yombi.

2017-05-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ejo ku isaha ya 17 h 55  ku kibuga cy’indege ( Aéroport International de Paris-Charles de Gaulle  ) Padiri Tomas Nahimana yuriye indege  iza i Kigali ( Yavuguruwe )

Ejo ku isaha ya 17 h 55 ku kibuga cy’indege ( Aéroport International de Paris-Charles de Gaulle ) Padiri Tomas Nahimana yuriye indege iza i Kigali ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Rusesabagina akwiye kubazwa inzirakarengane zikomeje kugirwa ingwate na MRCD zikaba ziri gupfira mu mirwano mu mashyamba ya Congo

Rusesabagina akwiye kubazwa inzirakarengane zikomeje kugirwa ingwate na MRCD zikaba ziri gupfira mu mirwano mu mashyamba ya Congo

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero

Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero

Ubwanditsi 13 May 2017
N’uwanga Urukwavu yemera ko ruzi kwiruka, Twagiramungu yashimye ibyiza U Rwanda rwagezeho

N’uwanga Urukwavu yemera ko ruzi kwiruka, Twagiramungu yashimye ibyiza U Rwanda rwagezeho

Ubwanditsi 09 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo
Mu Mahanga

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Ubwanditsi 25 Jan 2017
Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi
Mu Rwanda

Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Urukundo ruraca amarenga hagati ya Arthur na Fiona Muthoni wabaye igisonga cya Miss Africa 2017
SHOWBIZ

Urukundo ruraca amarenga hagati ya Arthur na Fiona Muthoni wabaye igisonga cya Miss Africa 2017

Ubwanditsi 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru