• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana wamwicishije

Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana wamwicishije

Ubwanditsi 10 Feb 2017 ITOHOZA

Urupfu rwa Padiri Evariste NAMBAJE, witabye Imana ahotowe mu ishyamba rya Nyungwe rukomeje kuba umutwaro kuri Padiri Thomas Nahimana.

Padiri Evariste Nambaje wahoze ashinzwe umutungo wa Kiliziya gatolika n’umushinga wa Hotel Ituze bya Diyoseze ya Cyangugu, yishwe agambaniwe na Thomas Nahimana bari bafitanye ibibazo by’umutungo w’abakristu warigishijwe na Padiri Nahimana muri Paruwasi yayoboraga iki kirego kikaba cyari kigeze kwa Musenyeri Bimenyimana wa Diyoseze ya Cyangugu, ari nacyo cyaviriyemo Thomas Nahimana guhunga igihugu agendeye kuri Pasiporo ya Congo, ageze hanze nibwo yacuze umugambi wo guharabika Leta y’u Rwanda no kwicisha Evariste Nambaje kubera amabanga menshi ya Kiliziya muri Diyoseze i Cyangugu n’ubujura bwa Padiri Thomas, Nambaje yari yatangiye gushyira kukarubanda biciye muri Rushyashya.net.

-5669.jpg

Umurambo wa Padiri Nambaje wabonetse nyuma iminsi ibiri muri iyo modoka ye ipariste mu ishyamba rya Nyungwe

Uru rupfu rwa Padiri Nambaje, rwababaje benshi, kandi rwatanzweho akayabo k’amafaranga yaguririwe umwishi wabanje kwigira inshuti ye bari bamaze iminsi bagendana nijoro ngo aramurinze bakava i Kigali saa sita zijoro bakajya i Cyangugu banyuze mu ishyamba rya Nyungwe, rimwe narimwe bagahaguruka i Cyangugu igicuku kinishye bakagera ikigari mu gitondo. Kuko Padiri Nambaje yirukaga k’umushinga wa Hotel Ituze harimo no gushaka amafaranga mu mabanki ndetse no gushaka abashoramari kuko umushinga wari umaze kugira ibibazo by’umutungo.

Nguko uko bikekwa ko uwo mwishi yamutsinze mu ishyamba rya Nyungwe amunize, arangije umurambo we awufungirana mu modoka ye, Padiri Nambaje yasanzwe mu modoka iparitse muri Nyungwe mu gitondo cyo kuwa Gatandatu tariki 22 Gashyantare 2014 nyuma y’iminsi ibiri yishwe. Nyuma yaho umuyobozi wa Rushyashya.net nawe yarahizwe ariko imana ikinga ukuboko.

N’ubwo uru rupfu rwakomeje kuba urujijo, iki kibazo cya Padiri Nambaje kiracyagarukwaho mu bitangazamakuru nk’umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana, Urugero ni aho mu biganiro bimaze iminsi binyura kuri Radio ijwi rya rubanda ikorera mu buhungiro, abanyamakuru bavuze ko Nahimana abeshya , kandi afite ibyaha Perezida Kagame atazi n’ubwo ngo yari yaretse Thomas Nahimana ngo ajye mu Rwanda, ariko Kagame atazi neza ibyaha byinshi Nahimana afite birimo n’urupfu rwa Padiri Evariste Nambaje.

Ikindi ngo Nahimana urwanira gutaha nta Pasiporo y’u Rwanda afite ngo ndetse ntakintu nakimwe afite cyerekana ko ari umunyarwanda uretse kumva ko ari Padiri Nahimana gusa uvuga ikinyarwanda.Ntafite visa yo kwinjira mu Rwanda kuko afite Pasiporo imwe gusa y‘imfaransa.

Nairobi.

Abanyamakuru bibaza ukuntu Padiri Nahimana niba koko yarashakaga kujya mu Rwanda yaheze muri Transit ya JKIA muri Kenya , aho kujya muri Ambasade y’u Rwanda muri Kenya kuko iyo uri muri ambasade y’igihugu cyawe uba uri iwanyu. Aha niho byari gukemukira.

Padiri Nahimana yakoreshaga passport y’Ubufaransa yanakoresheje asaba visa y’ubukerarugendo ihuriweho hagati ya Uganda, Kenya n’u Rwanda yahawe na Ambassade ya Kenya mu Bufaransa, yari kumufasha kujya aho ashatse muri Kenya. Bati kuki yagiye kurara ku kibuga ntajye muri Ambasade ?

I Paris na KLM

Aha ngo Nahimana yari yatangaje ko azajya i Kigali mu ndege ya KLM avuga na numero zayo KL537 agahagurukira i Amseterdam mu Buholandi, aho byari biteganyijwe ko agera i Kigali i saa moja n’iminota 20 z’umugoroba. Yaje kujya I Bruxelle ate ? yahinduye indege ate ? ageze mu Bubiligi kuki yangiwe kurira indege, ntage muri Ambasade y’u Rwanda, yari azi ko indege ya SABENA igera mu Rwanda kuwa kabiri kuki yabwiye benewabo b’i Cyangugu kuza kumutegereza kuwambere kuri KLM.

Bati: Avuga ko ngo bamweretse urupapuro rumusubizayo rwa immigration y’u Rwanda bahaye indege ya Kenya airways, KLM na SABENA, ariko bamubaza kopie ngo ni ibanga, ese koko niba afite urupapuro rwa immigration y’u Rwanda rumubuza gutaha kuki atajya mu nkiko akirukira gushyiraho guverinoma yo mu buhungiro ese iyo guverinoma izajyamo bande ko n’abo bakorana bamukwepera kubibuga by’indege.

-5668.jpg

Nyakwigendera Padiri Evariste Nambaje na Padiri Thomas Nahimana

Abanyamakuru banzura iki kiganiro bavuga ko Padiri Nahimana ari umwescro, umunyamitwe, ateka kugirango abone uko agustifia, Cash amaze igihe akusanya mu baterankunga, ariyo mpamvu abazungu bamaze kumuvaho kubera ibyaha bye birimo dosiye y’umupadiri yicishije witwa Evariste Nambaje.

Cyiza D.

2017-02-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kisangani :  Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa

Kisangani : Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Ubuvugizi bw’amagereza mu Rwanda bwemeje ko Sandra Teta afungiye 1930,menya icyo azira

Ubuvugizi bw’amagereza mu Rwanda bwemeje ko Sandra Teta afungiye 1930,menya icyo azira

Ubwanditsi 20 Mar 2017
Misiyo ya Ntwali John Williams n’abamutumye yaburijwemo n’abaturage ba Kangondo na Kibiraro

Misiyo ya Ntwali John Williams n’abamutumye yaburijwemo n’abaturage ba Kangondo na Kibiraro

Ubwanditsi 16 Sep 2022
Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Ubwanditsi 01 Jul 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Ntareyakanwa
    April 9, 20182:29 pm -

    None se Rushyashya ni urukiko cg ni ikinyamakuru kigenga?

    njye ndumva mwaramaze kumucira urubanza no kumukatira nkuko bigaragarira buri wese niba atari ukumuharabika kubwo inyungu runaka mubifitemo.

    Men Men Men! Rushyashya Rushyashya!

    Ntabwo mbatutse ariko ndi ukeneye abo gukoresha sinabakoresha muraraburiza sana!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo
Mu Mahanga

Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo

Ubwanditsi 16 Jan 2016
U Bufaransa bwakomeje muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi, Argentine yo iri mu marembera
IMIKINO

U Bufaransa bwakomeje muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi, Argentine yo iri mu marembera

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Amavubi U-17 yatangiye irushanwa ryateguwe na FERWAFA anyagirwa na Cameroun
IMIKINO

Amavubi U-17 yatangiye irushanwa ryateguwe na FERWAFA anyagirwa na Cameroun

Ubwanditsi 30 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru