• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abayobozi bashya b’umujyi wa Kigali bamenyekanye

Abayobozi bashya b’umujyi wa Kigali bamenyekanye

Editorial 03 Mar 2016 Mu Mahanga

Mu matora y’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yabereye kuri Stade Regional ya Kigali, akayoborwa na Perezida wa Komisiyo y’amatora Bwana Kalisa Mbanda, Mukaruliza Monique ni we watorewe kuba Meya wa kane w’Umujyi wa Kigali akaba Umuyobozi wa karindwi ugiye kuyobora Kigali nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.

Mukaruliza watowe ku majwi 182 y’abajyanama 190 batoye muri 214 bari bagize Inteko itora y’Umujyi wa Kigali harimo na njyanama z’Imirenge n’Uturere, aho yahigitse abari bahanganye kuri uyu mwanya Mukeshimana wiyamamaje ku giti ndetse na Dr. Hategekimana Theobald usanzwe akuriye Ibitaro bya CHUK wamweguriye amajwi ye.

Ni muhango wari wahuje imbaga y’abayobozi batandukanye mu nzego z’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, Uturere n’Imirenge, abanyambanga nshingwabikorwa b’Imirenge igize Umujyi wa Kigali, aho Umushyitsi mukuru yari MInisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka.

Mukaruliza Monique ubaye Umugore wa gatatu ugiye kuyobora Umujyi, si mushya muri Politiki y’u Rwanda kuko yabaye Minisitiri ushiznwe umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba kuva muri 2008 kugeza 2013, nyuma yaho yari avuye kuyobora ubutumwa bw’amahoro by’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe muri Sudani (MUAS). Kuri yakoraga mu biro by’Umukuru w’Igihugu ari Umuhuzabikorwa w’itsinda rishinzwe gukurikirana gahunda y’Umuryango w’ibihugu bihuriye k’Umuhora wa ruguru u Rwanda ruhuriyemo n’ibihugu bya Uganda na Kenya.

Mukaruliza akaba umutegarugori wubatse ufite umugabo n’abana batanu, akaba afite impamyabumenyi eshatu z’icyiciro cya mbere cya Kaminuza, mu Icungamutungo, Ibaruramari, akaba kandi yarakoze mu nzego zitandukanye za Leta nk’Ikigo cy’Imisoro n’amahoro aho yabaye Komiseri ushinzwe imisoro y’imbere mu gihugu, akaba yarakoze kandi mu kigo gishinzwe amasoko ya Leta.

Uyu mutegarugori MUKARULIZA Monica watorewe kuyobora umujyi wa Kigali, ni umujyanama watowe mu Karere ka Gasabo azamukiye mu Murenge wa Kinyinya, akaba ari n’umwe mu bajyanama batandatu batowe guhagarira Akarere ka Gasabo mu Nama njyanama y’Umujyi wa Kigali.

-2328.jpg

Mukaruliza Monique ( Mayor) Kazayire Judith Visi Meya ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Mujyi wa Kigalin na Busangizwa Parfait VIsi Meya ushinzwe ubukungu n’Iterambere mu Mujyi wa Kigali

Mukaruliza Monique abaye Umugore wa gatatu uyoboye Kigali, nyuma ya Lt Col Rose Kabuye wayoboye kuva 1994-1997 na Kirabo Aisa Kacyira wayoboye kuva muri 2006-2011.

Busangizwa Parfait umukandida rukumbi ku mwanya wa VIsi Meya ushinzwe ubukungu n’Iterambere mu Mujyi wa Kigali ni nawe yatowe ku majwi 188/190, akaba ari umujyanama uhagarariye Akarere ka Kicukiro mu Nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali, yazamukiye mu Murenge wa Nyarugunga, akaba yaramenyekanye ubwo yari Umunyamabanga Mukuru wa Komite Olempike, akaba kandi yarakoze imirimo y’amabanki mu gihe kigera ku myaka 15.

Kazayire Judith ni we watorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Mujyi wa Kigali akaba ari umujyanama wazamukiye mu Karere ka Kicukiro mu nama njyanama y’Umujyi wa Kigali, aho yatorewe mu Murenge wa Kigarama.

Umwanditsi wacu

2016-03-03
Editorial

IZINDI NKURU

IGP Gasana yasabye sosiyete zitwara abagenzi gukora kinyamwuga no kubahiriza amategeko y’umuhanda

IGP Gasana yasabye sosiyete zitwara abagenzi gukora kinyamwuga no kubahiriza amategeko y’umuhanda

Editorial 25 Aug 2016
Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Editorial 07 Feb 2017
Uganda: Abantu Bambaye Imyambaro Ya FARDC Barashe Abantu 3 Bashimuta Undi

Uganda: Abantu Bambaye Imyambaro Ya FARDC Barashe Abantu 3 Bashimuta Undi

Editorial 06 Aug 2018
Ingabo z’u Rwanda zimaze kwivugana intagondwa zirenga 70 zari zarajengereje amajyaruguru ya Mozambike

Ingabo z’u Rwanda zimaze kwivugana intagondwa zirenga 70 zari zarajengereje amajyaruguru ya Mozambike

Editorial 06 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwemerewe kwakira icyiciro cya Kabiri cya Basketball Africa league
IMIKINO

U Rwanda rwemerewe kwakira icyiciro cya Kabiri cya Basketball Africa league

Editorial 31 Oct 2019
Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.
Amakuru

Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.

Editorial 25 Jan 2021
Undi muntu wa hafi wa Gen Kayihura agiye gutabwa muri yombi
ITOHOZA

Undi muntu wa hafi wa Gen Kayihura agiye gutabwa muri yombi

Editorial 06 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru