• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abayobozi bashya b’umujyi wa Kigali bamenyekanye

Abayobozi bashya b’umujyi wa Kigali bamenyekanye

Editorial 03 Mar 2016 Mu Mahanga

Mu matora y’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yabereye kuri Stade Regional ya Kigali, akayoborwa na Perezida wa Komisiyo y’amatora Bwana Kalisa Mbanda, Mukaruliza Monique ni we watorewe kuba Meya wa kane w’Umujyi wa Kigali akaba Umuyobozi wa karindwi ugiye kuyobora Kigali nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.

Mukaruliza watowe ku majwi 182 y’abajyanama 190 batoye muri 214 bari bagize Inteko itora y’Umujyi wa Kigali harimo na njyanama z’Imirenge n’Uturere, aho yahigitse abari bahanganye kuri uyu mwanya Mukeshimana wiyamamaje ku giti ndetse na Dr. Hategekimana Theobald usanzwe akuriye Ibitaro bya CHUK wamweguriye amajwi ye.

Ni muhango wari wahuje imbaga y’abayobozi batandukanye mu nzego z’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, Uturere n’Imirenge, abanyambanga nshingwabikorwa b’Imirenge igize Umujyi wa Kigali, aho Umushyitsi mukuru yari MInisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka.

Mukaruliza Monique ubaye Umugore wa gatatu ugiye kuyobora Umujyi, si mushya muri Politiki y’u Rwanda kuko yabaye Minisitiri ushiznwe umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba kuva muri 2008 kugeza 2013, nyuma yaho yari avuye kuyobora ubutumwa bw’amahoro by’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe muri Sudani (MUAS). Kuri yakoraga mu biro by’Umukuru w’Igihugu ari Umuhuzabikorwa w’itsinda rishinzwe gukurikirana gahunda y’Umuryango w’ibihugu bihuriye k’Umuhora wa ruguru u Rwanda ruhuriyemo n’ibihugu bya Uganda na Kenya.

Mukaruliza akaba umutegarugori wubatse ufite umugabo n’abana batanu, akaba afite impamyabumenyi eshatu z’icyiciro cya mbere cya Kaminuza, mu Icungamutungo, Ibaruramari, akaba kandi yarakoze mu nzego zitandukanye za Leta nk’Ikigo cy’Imisoro n’amahoro aho yabaye Komiseri ushinzwe imisoro y’imbere mu gihugu, akaba yarakoze kandi mu kigo gishinzwe amasoko ya Leta.

Uyu mutegarugori MUKARULIZA Monica watorewe kuyobora umujyi wa Kigali, ni umujyanama watowe mu Karere ka Gasabo azamukiye mu Murenge wa Kinyinya, akaba ari n’umwe mu bajyanama batandatu batowe guhagarira Akarere ka Gasabo mu Nama njyanama y’Umujyi wa Kigali.

-2328.jpg

Mukaruliza Monique ( Mayor) Kazayire Judith Visi Meya ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Mujyi wa Kigalin na Busangizwa Parfait VIsi Meya ushinzwe ubukungu n’Iterambere mu Mujyi wa Kigali

Mukaruliza Monique abaye Umugore wa gatatu uyoboye Kigali, nyuma ya Lt Col Rose Kabuye wayoboye kuva 1994-1997 na Kirabo Aisa Kacyira wayoboye kuva muri 2006-2011.

Busangizwa Parfait umukandida rukumbi ku mwanya wa VIsi Meya ushinzwe ubukungu n’Iterambere mu Mujyi wa Kigali ni nawe yatowe ku majwi 188/190, akaba ari umujyanama uhagarariye Akarere ka Kicukiro mu Nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali, yazamukiye mu Murenge wa Nyarugunga, akaba yaramenyekanye ubwo yari Umunyamabanga Mukuru wa Komite Olempike, akaba kandi yarakoze imirimo y’amabanki mu gihe kigera ku myaka 15.

Kazayire Judith ni we watorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Mujyi wa Kigali akaba ari umujyanama wazamukiye mu Karere ka Kicukiro mu nama njyanama y’Umujyi wa Kigali, aho yatorewe mu Murenge wa Kigarama.

Umwanditsi wacu

2016-03-03
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye ifungurwa rya Sitade Abdoulaye-Wade yo mu muri Senegal

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye ifungurwa rya Sitade Abdoulaye-Wade yo mu muri Senegal

Editorial 23 Feb 2022
Intara y’Amajyaruguru: Hongewe imbaraga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Intara y’Amajyaruguru: Hongewe imbaraga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Editorial 11 Aug 2016
“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe

“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe

Editorial 10 Oct 2024
Cristiano Ronaldo yagaragaje uburakari bwinshi mu mukino Portugal yanganyije na Serbia mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Cristiano Ronaldo yagaragaje uburakari bwinshi mu mukino Portugal yanganyije na Serbia mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Editorial 28 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gakenke : Kagame ati : ‘ twishakemo imbaraga hanyuma dukomeza twiyubake ‘
Mu Rwanda

Gakenke : Kagame ati : ‘ twishakemo imbaraga hanyuma dukomeza twiyubake ‘

Editorial 31 Jul 2017
Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Editorial 21 Aug 2019
Gushimangira umubano n’ubufatanye: Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Butaliyani yasuye Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Gushimangira umubano n’ubufatanye: Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Butaliyani yasuye Polisi y’u Rwanda

Editorial 25 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru