• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»ADEPR: Uko Bish.Sibomana yasimbutse “UMUTEGO” wateguwe n’abashumba bari bagiye kumweguza. Imitima ya benshi iradiha!

ADEPR: Uko Bish.Sibomana yasimbutse “UMUTEGO” wateguwe n’abashumba bari bagiye kumweguza. Imitima ya benshi iradiha!

Editorial 12 May 2017 ITOHOZA

Hamaze kuvugwa byinshi nyuma y’ifatwa n’ifungwa rya bamwe mu bayobozi bakuru b’Itorero ADEPR ari bo Bish.Tom Rwagasana, Madam Mutuyemariya Christine n’abandi bagera kuri 6 bose bakurikiranyweho gukoresha nabi no kunyereza umutungo w’Itorero.

Mu gihe benshi biteguye iburana ry’aba bayobozi (rizabera ku rukiko rukuru rw’akarere ka Gasabo) mu ntangiriro z’icyumweru gitaha, kuri ubu abashumba bavuga rikijyana mu rurembo rw’umujyi wa Kigali bariba za icyo bakora kugira ngo bazibe icyuho cy’aba bayobozi mu gihe baba bahamwe n’ibyaha bakekwaho.

Amakuru yageze ku isange.dukesha iyi nkuru avuga ko bamwe mu bashumba bakomeye muri Kigali (Bayobowe n’umushumba twirinze guhita dutangaza aka kanya) basabye Bishop. Sibomana guhamagaza inteko rusange idasanzwe (nk’umutego bari bateguye) kuwa gatatu tariki ya 10/05/2017 kugira ngo barebe icyakorwa mu rwego rwo kuziba icyuho, iyi nama ikaba yaragombaga kubera kuri Dove Hotel ku Gisozi, aha Bish Sibomana akaba yari yemeye ko iyi nama yaba, gusa byose bikabaza kurangira itabaye, benshi bagwa mu rujijo.

NI GUTE BISHOP SIBOMANA YATAHUYE UYU MUSHIBUKA YARI YATEZWE?

Amakuru avuga ko aba bashumba basabye Bish.Sibomana kugira ngo aze muri iyi nama ariko ku rundi ruhande bakaba bari bateguye ko inteko rusange igizwe n’abashumba b’Uturere iza guhita imusaba kwegura “Ku Gahato” kugira ngo umugambi wabo ugerweho. Aba bashumba bari bamaze iminsi myinshi bategura abapasiteri kugira ngo bazahurize ku ijwi rimwe ryo kumusaba ko yakwegura shishi itabona.

Umwe mu nkoramutima za Bish.Sibomana wari muri ako gatsiko, ngo yaje kubavamo mu masaha yo mu gicuku cyo kuwa 09/05/2017 maze amurya akara amuburira kudahirahira ngo akandagire muri iyo nama. Mu gitondo cyo kuwa 10/05/2017 ari nabwo inama yari bube, ku isaha ya saa moya za mu gitondo nibwo hahise hasohoka itangazo ry’ikubagahu rimenyesha abo bashumba bose ko iyo nama isubitswe bityo ngo bakazamenyeshwa igihe indi izabera.

NYUMA YO GUHUSHA IKI GIKORWA, IMITIMA YA BENSHI IRADIHA.

Nyuma y’uko iki gikorwa cyo kweguza Bish.Sibomana kitageze ku ntego zacyo, abashumba benshi bari bakiri inyuma basanze baguye mu mutego kuko bari bijejwe ko ni amara kwegura bazahabwa imyanya ikomeye. Hari amakuru y’uko benshi muri aba bashumba badashobora guhuza amaso na Bish.Sibomana ariko nawe akaba adashobora kubahagarika kuko nawe ubwo bushobozi asa n’uwabwambuwe.

Hari abashumba benshi bafite imitima ihagaze muri ADEPR bibaza aho bazerekeza mu gihe amazi yaba ahinduye icyerekezo. Bamwe bavugwaho kuba baraguze imyanya barimo ku buryo buzwi na buri wese, abandi bakaba batungwa agatoki ku kuba barashyizwe mu myanya kubera amarangamutima n’icyene wabo.

Abandi bafite imitima irimo kudiha ni abashumba bagiye bahagarikwa mu bihe bitandukanye (kubera ko batumvikanaga na Komite iyobora ADEPR) n’abalayiki (abakristo bavuga rikijyana) kimwe n’abiyita ADEPR intellectuelles (abanyabwenge bo mu Itorero) kuko bafite igishyika cyo gutanguranwa gusamira hejuru imyanya y’ubuyobozi mu gihe Komite yari iriho yaba yeguye cyangwa se yegujwe. Gusa hari andi makuru avuga ko umukino aba bose barimo utazagira icyo ugeraho kuko ubuyobozi bushya bushobora kuzashyirwaho n’izindi nzego zirimo Inama Nkuru y’Abaporotesistanti mu Rwanda CPR ngo yaba yarahawe gucunga iki kibazo igihereye mu mizi.

Kugeza uyu munsi rero, ngo benshi bategereje kubona ibaruwa Bish.Sibomana yasohora isaha iyo ari yo yose, ivuga ko yeguye ku bwende bwe, abandi bakaba bibaza niba azakomeza gukaza umutsi agakomeza kuyobora ADEPR nubwo agerwa amajanja. Hari abavuga ko aramutse yeguye ku bwende bwe yahita afatwa nk’Intwari, ariko yaramuka yegujwe akazafatwa nk’uwagundiriye ubuyobozi gusa atitaye ku bipfa n’ibikira bityo nawe bikazamutera ipfunwe rihoraho.

-6563.jpg

Bishop. Sibomana

2017-05-12
Editorial

IZINDI NKURU

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Editorial 23 May 2017
Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome

Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome

Editorial 04 Dec 2018
Rulindo: Ukwezi kugiye kurangira umucungamutungo wa C.S Burega  aburiwe irengero

Rulindo: Ukwezi kugiye kurangira umucungamutungo wa C.S Burega aburiwe irengero

Editorial 28 Aug 2017
Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Editorial 18 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Robot yitwa Sophia yavuze Ikinyarwanda i Kigali aho yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu baratangara
HIRYA NO HINO

Robot yitwa Sophia yavuze Ikinyarwanda i Kigali aho yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu baratangara

Editorial 15 May 2019
Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Editorial 06 Apr 2018
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 6.7% mu gihembwe cya kabiri cya 2018
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 6.7% mu gihembwe cya kabiri cya 2018

Editorial 19 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru