• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Aline Gahongayire yishumbushije umusore nyuma ya gatanya na Gahima Gabriel

Aline Gahongayire yishumbushije umusore nyuma ya gatanya na Gahima Gabriel

Editorial 05 Feb 2018 SHOWBIZ

Hashize iminsi hahwihwiswa amakuru avuga ko Aline Gahongayire yaba akundana n’umusore  ukunze kugaragara aherekeje Knowless.

Umuhanzikazi uririmba indirimbo zihimbaza Imana Aline Gahongayire yahakanye aya  amakuru avuga ko yaba akundana n’umusore witwa Arstide Gahonzire usanzwe akoranira hafi n’inzu itunganya umuziki ya KINA Music

Mu bikorwa binyuranye bya muzika akaba agaragarana cyane ari kumwe  n’abagize Kina Music, Gahongayire asigaye akoreramo ibikorwa bye bitandukanye.

Ibi byatangiye gucicikana ubwo uyu musorebavuga ko akundana na Gahongayire, yifurizwaga umunsi mwiza w’amavuko na Aline aho yanditse amagambo aherekeje ifoto yashyize kuri instagram ye amwifuriza isabukuru nziza.

Gahongayire yahakanye yivuye inyuma ibimuvugwaho, atangaza ko uyu musore ari incuti isanzwe bahuriye mu kazi , Aline Gahongayire akavuga ko ayo makuru Atari yo kuko uwo musore ari inshuti ye kandi bahuzwa n’akazi.

Yakomeje avuga  ko yaba we afite umukunzi ndetse n’uyu musore bamushinja afite umukunzi we, ngo ahubwo aya makuru y’ibinyoma yakomeje gucicikana ngo yabateye ibibazo n’abakunzi babo.

Yemeje kandi  ko abantu badakwiriye guha agaciro amakuru y’impuha atangazwa n’abantu badafite ubunyamwuga mu kazi bagamije gusebanya no guharabikana.

Aline Gahongayire aherutse guhabwa gatanya ya burundu n’umugabo bari barasezeranye nyuma bakaza gutandukana, ngo ubu akaba afite undi mukunzi mushya atifuza na rimwe gushyira mu itangazamakuru.

Ingingo ya 237 y’igitabo cya mbere cy’urwunge rw’amategeko mbonezamubano mu gace kayo ka kabiri ivuga ko buri wese mu bashyingiranywe ashobora gusaba gutana burundu.

Yabisaba kubera igihano k’icyaha gisebeje cyane, ubusambanyi, guhoza undi ku nkeke, kwanga gutanga ibitunga urugo, guta urugo igihe cy’amezi 12 nibura, no kumara nibura imyaka itatu batabana ku bushake bwabo.

Gahima Gabriel na Aline Gahongayire  basezeranye kubana akaramata ku itariki ya 20 Ukuboza 2013.

Mu iburana ry’urubanza rwabo rwa gatanya, Aline Gahongayire yagaragaje ko yifuza gutana n’umugabo we anagaragaza ko afite inyota yo kuzongera gushaka undi mugabo kuko ngo abona akiri muto.

Urukiko rw’ibanze rwavuze ko Gahima Gabriel na Aline Gahongayire bari bamaze amezi 12 batabana nk’umugabo n’umugore , bityo bagomba guhabwa ubutane.

Nkundiye Eric Bertrand

2018-02-05
Editorial

IZINDI NKURU

Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi

Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi

Editorial 27 Jun 2018
Intara y’Amajyepfo yihariye umubare munini w’abakobwa bahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2018

Intara y’Amajyepfo yihariye umubare munini w’abakobwa bahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2018

Editorial 05 Feb 2018
Gukora umuziki, kuwutunganya ndetse no ku wigisha ntacyo bizica ku iterambere rya Igor Mabano bitewe nuko abifatanya kandi bikagenda neza

Gukora umuziki, kuwutunganya ndetse no ku wigisha ntacyo bizica ku iterambere rya Igor Mabano bitewe nuko abifatanya kandi bikagenda neza

Editorial 14 Mar 2021
Umuhanzi Sheebah Karungi yarokotse igico cy’amabandi

Umuhanzi Sheebah Karungi yarokotse igico cy’amabandi

Editorial 14 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya:Umukobwa W’umunyaburanga Yarashwe Ashinjwa Ubujura
Mu Rwanda

Kenya:Umukobwa W’umunyaburanga Yarashwe Ashinjwa Ubujura

Editorial 15 May 2017
Amavubi asezerewe na Congo
IMIKINO

Amavubi asezerewe na Congo

Editorial 30 Jan 2016
Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC
INKURU NYAMUKURU

Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC

Editorial 29 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru