• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire agiye gukura urujijo ku rubanza rwe

Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire agiye gukura urujijo ku rubanza rwe

Ubwanditsi 06 Mar 2018 Mu Rwanda

Alain Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire Victoire, mu cyumweru gitaha azasohora igitabo ahamya ko kizashyira ahabona byinshi ku bivugwa nabi kuri urwo rubanza, bamwe bafata ko afunzwe ku mpamvu za politiki cyangwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko kandi yarahamijwe ibyaha n’inkiko zibifitiye ububasha.

Umuhango wo kumurika iki gitabo Mukuralinda yise “Qui manipule qui?” kigaruka ku migendekere y’urubanza rwa Ingabire, uteganyijwe ku gicamunsi cyo ku wa Kane, tariki ya 8 Werurwe 2018, i Kigali.

Ingabire washinze ishyaka FDU Inkingi ritemewe mu Rwanda, yavuye mu Buholandi aruzamo ashaka guhatanira kuruyobora mu matora yo mu 2010, biza kugaragara ko hari ibyaha yakoze atangira gukurikiranwa mu butabera.

Ku wa 13 Ukuboza 2013 nibwo Urukiko rw’Ikirenga rwamukatiye gufungwa imyaka 15 nyuma y’uko yari yajuririye igifungo cy’imyaka umunani yari yakatiwe n’Urukiko Rukuru, ahamwe n’ibyaha byo kugambanira igihugu agamije kukibuza umudendezo no kurema umutwe w’abagizi ba nabi.

Ifungwa rye ariko ryazamuye amagambo menshi ku bihugu n’imiryango mpuzamahanga, bamwe bavuga ko yafungiwe politiki; ko hari uburenganzira atahawe n’ibindi, kugeza ubwo intumwa zabo zinjiye mu Rwanda kenshi zitwaje izindi gahunda, zigamije guhura na Ingabire rwihishwa ariko imigambi yabo ikagenda ikemangwa.

Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yo yageze aho isohora raporo inenga ubwisanzure bw’ubutabera bw’u Rwanda, inasaba ko urubanza rwa Ingabire rusubirwamo.

Ni ibintu Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, yavuze ko atumva impamvu yo kuvanga politiki mu bucamanza ndetse ko ari “agasuzuguro” kuba abantu basanzwe basaba igihugu gusubiramo urubanza rw’umuntu wanyuze mu nkiko zose.

Mu kiganiro na IGIHE, Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire, avuga ko mu myaka ibiri ishize abantu batagira ingano bakunze kumubaza impamvu atavuga ku mugaragaro uko urwo rubanza rwagenze, aza gufata icyemezo cyo kwandika igitabo.

Yagize ati “Bamwe bagira bati mwaramuhimbiye, mwaramubeshyeye, mwaratekinitse, mwaramurenganyije, nta butabera… None igihe ni iki ngo buri wese ubyifuza amenye koko uko muri urwo rubanza byagenze, cyane cyane ko na madamu Ingabire yabibwiriye uko yabibonye. Ubwo buri wese amaze kwisomera no kumva impande zombi, nta marangamutima, azikuriramo umwanzuro ukwiye.”

Yakomeje agira ati “Igihe kirageze ngo Abanyarwanda by’umwihariko ndetse n’abandi bose muri rusange bamenye by’imvaho batagendeye ku mabwire n’amarangamutima uko byagenze koko muri ruriya rubanza.”

Mukuralinda wabaye umushinjacyaha wo ku rwego rw’igihugu igihe kinini akaba n’Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, mu 2015 nibwo yandikiye Leta asaba guhagarika akazi kugeza igihe kitazwi. Hari ku mpamvu zirebana n’umuryango we yagombaga gusanga mu Buholandi ari naho aba kugeza ubu.

Alain Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire Victoire

2018-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ –  Perezida Kagame

‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Mar 2017
Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 19 Oct 2021
Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Apôtre Paul Gitwaza  yatinye gukandagiza ikirenge mu muhango wo gushyingura umuvandimwe we washyinguwe n’Abapasiteri barenga 100.

Apôtre Paul Gitwaza yatinye gukandagiza ikirenge mu muhango wo gushyingura umuvandimwe we washyinguwe n’Abapasiteri barenga 100.

Ubwanditsi 25 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Caporal Rucyahintare Cyprien ngo wafatiwe i Burundi ntabaho muri RDF – Brig Gen.  Nzabamwita
Mu Rwanda

Caporal Rucyahintare Cyprien ngo wafatiwe i Burundi ntabaho muri RDF – Brig Gen. Nzabamwita

Ubwanditsi 16 Mar 2016
RDC: Col Bovick Angole Wari Ukuriye Ubutasi Bwa Gisirikare Muri Djugu Yishwe
ITOHOZA

RDC: Col Bovick Angole Wari Ukuriye Ubutasi Bwa Gisirikare Muri Djugu Yishwe

Ubwanditsi 20 Jul 2018
Banamwana Camarade yagizwe Umutoza Mukuru wa Bugesera FC mu gihe gisigaye ngo umwaka w’imikino wa 2024/25 urangiye
Amakuru

Banamwana Camarade yagizwe Umutoza Mukuru wa Bugesera FC mu gihe gisigaye ngo umwaka w’imikino wa 2024/25 urangiye

Ubwanditsi 23 Apr 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru