• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amabanga y’Ubuto bwa Kagame [ Secrets de Jeunesse ]

Amabanga y’Ubuto bwa Kagame [ Secrets de Jeunesse ]

Editorial 20 Jun 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame yagarutse ku mateka yaranze ubuto bwe kuva afite imyaka ine y’amavuko agatangira ubuzima bw’ubuhunzi, aho ashima uruhare rw’umubyeyi we uherutse kwitaba Imana ndetse n’uwari umwamikazi w’u Rwanda, Rosalie Gicanda.

Ubuhamya bwa Perezida Kagame bugaragara mu nimero 2944 ya Jeune Afrique yasohotse ku wa 11 Kamena, yiswe amabanga y’ubuto [Secrets de Jeunesse] bw’abakuru b’ibihugu batandukanye barimo Ali Bongo Ondimba, Umwami Mohammed VI wa Maroc, Alpha Condé n’abandi.

Perezida Kagame yasobanuye uburyo yarokotse ibikorwa bitandukanye byahigaga abatutsi kuva mu ntangiriro za 1960. Ntiyibagirwa uruhare rwa Rosalie Gicanda wari nyinawabo akaba n’Umwamikazi wa Mutara Rudahigwa muri uku kurokoka kwe.

Ku wa 23 Ukwakira 1957 nibwo Perezida Kagame yavukiye mu Majyepfo y’u Rwanda ahari hazwi nka Tambwe (ubu ni mu Karere ka Ruhango). Mu 1961 mbere gato y’uko u Rwanda rubona ubwigenge afite imyaka ine, abahutu bari batuye kuri uwo musozi bashyigikiwe n’ubuyobozi, bigabije aho umuryango we wari utuye batwika inzu zaho ndetse bagirira nabi abatutsi.

-6982.jpg

Nyakwigendera Asteria Rutagambwa, Umubyeyi wa Perezida Kagame

Icyo gihe umubyeyi we yahise atangira kumutegura kugira ngo babe bahunga. Perezida Kagame avuga ibyo yibuka ku mubyeyi we Asteria Rutagambwa muri icyo gihe yagize ati “Yadusabye kuva mu nzu kuko atashakaga ko badusangamo ngo batwiciremo”.

Muri icyo gihe ngo nibwo hahise haza imodoka, umushoferi wayo ashyikiriza umubyeyi wa Perezida Kagame ibaruwa ivuga ko atumwe n’umwamikazi wari utuye i Nyanza mu rugendo rw’iminota nka 45 uvuye aho bo bari batuye. Uwo mushoferi ngo Rosalie Gicanda yari amusabye kubatwara muri ibyo bihe by’amakuba akabimura.
-6981.jpg

Perezida Paul Kagame

Perezida Paul Kagame n’abantu bari baturanye ngo bahise binjira muri iyo modoka mu gihe igihiriri cy’ababahigaga cyaturukaga ku wundi musozi, kigahita cyirara mu byo bari batunze.

Icyo gihe ngo babashije kurokoka basanga umwamikazi i bwami i Nyanza, mbere y’uko bafata inzira bakerekeza mu Mutara (mu Ntara y’Uburasirazuba) aho naho ubwicanyi bwabasanze bagakomeza bahungira muri Uganda.

Umwamikazi Rosalie Gicanda wagize uruhare mu gukiza ubuzima bwa Perezida Kagame muri icyo gihe ku wa 20 Mata mu minsi ya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yiciwe i Butare mu Ntara y’Amajyepfo.

Ubwo ku wa 26 Ugushyingo 2015 Asteria Rutagambwa, Umubyeyi wa Perezida Paul Kagame yashyingurwaga nyuma yo kwitaba Imana azize uburwayi ku wa 22 Ugushyingo 2015; Umukuru w’Igihugu yakomoje ku butwari bwamuranze.

Mu ijambo rye asezera ku mubyeyi we, Perezida Kagame yasobanuye ko kuba yarabuze Papa we akiri muto, Asteria Rutagambwa yamubereye nka se na nyina icya rimwe yitanga kugira ngo abana be babeho neza.

Perezida Kagame yavuze ko yarwaniye ishyaka abana be cyane mu 1959, dore ko se yahunze akabasigarana, aba ari we ubahungisha bajya muri Uganda aho bavuye bajya i Burundi bakamarayo imyaka itandatu.

-207.png
Yakomeje avuga ko aho babaga mu buhungiro yakomezaga kubahumuriza ababwira ko igihe kizagera bagataha mu Rwanda kandi ko nibahagera badakwiye kwihorera ku muntu watumye baba impunzi.

Perezida Kagame yavuze ko umubyeyi we yamutoje ‘kubabarira, kutitura inabi abayimugiriye ahubwo agahora ari umunyembabazi’. Kuva yafata inshingano zo kuyobora, umubyeyi we ngo yakunze kumubwira ko akwiye kwita ku bibazo by’abo ayobora mbere y’ibindi byose.

Source : IGIHE

2017-06-20
Editorial

IZINDI NKURU

Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Editorial 10 Jul 2021
Impano y’imodoka  ya V8 Apôtre Masasu yahawe n’abakirisitu basengera muri Restauration Church  yavugishije benshi ‘ Amangambure ‘

Impano y’imodoka ya V8 Apôtre Masasu yahawe n’abakirisitu basengera muri Restauration Church yavugishije benshi ‘ Amangambure ‘

Editorial 23 Aug 2017
Nyaruguru: Ababyeyi basabwe kurushaho gushishikariza abana kugira umuco wo gusoma barushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari

Nyaruguru: Ababyeyi basabwe kurushaho gushishikariza abana kugira umuco wo gusoma barushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari

Editorial 09 Sep 2022
Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 04 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye
Mu Mahanga

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Editorial 14 Jul 2016
Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje
Mu Mahanga

Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Editorial 12 Apr 2016
Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere
Amakuru

Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Editorial 29 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru