• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»[AMAFOTO]: Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya mu biganiro byo gukomeza ubufatanye ndengamipaka

[AMAFOTO]: Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya mu biganiro byo gukomeza ubufatanye ndengamipaka

Editorial 08 Aug 2017 Mu Rwanda

Umuyobozi wa Polisi ya Tanzaniya, IGP Simon N. Sirro yagiriye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine mu Rwanda rukaba rugamije gukomeza umubano usanzwe hagati ya Polisi z’u Rwanda n’iya Tanzaniya abereye umuyobozi, cyane cyane mu gukumira no kurwanya ibyaha ndengamipaka.

Akigera ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda, IGP Sirro yakiriwe na mugenzi we wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana.

Mu nama bagiranye, ya gatatu ibaye yo kuri uru rwego muri uyu mwaka, yari iri mu murongo w’amasezerano y’ubufatanye hagati ya Polisi zombi , akaba yarashyizweho umukono mu mwaka wa 2012 , agamije guhangana n’ibyaha ndengamipaka birimo icuruzwa ry’ibiyobyabwenge n’iterabwoba, kubaka ubushobozi buhangana n’ibyaha bigezweho; gukumira no guhangana n’ibiza ndetse no mu mihanda y’umuhora wo hagati.

Muri iyo nama, IGP Gasana yavuze ko abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Tanzaniya bateye intambwe y’umubano w’ibi bihugu ari na wo utuma ubufatanye bwa Polisi z’ibyo bihugu.

IGP Gasana yagize ati:” Icyo dusigaranya nk’umukoro ni ukwihutisha ubufatanye mu gukumira no kurwanya ibyaha kandi tubyumva kimwe.”

Yongeyeho ati:” Ibyo dukora biri mu murongo washyizweho n’abayobozi b’ibihugu byacu wo gukorera hamwe, dushyira intumbero zabo mu ntego zacu.”

IGP Gasana yibanze ku kubaka ubushobozi biciye mu mahugurwa, kungurana ubumenyi no kwigiranaho, guhererekanya abanyabyaha, guteza imbere ikoranabuhanga ndetse no guhangana n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge nka kimwe mu byihutirwa kandi bitanga ubutumwa ku banyabyaha.

Aha yagize ati:” Gushaka guha umutekano ibihugu byacu bijyana n’iterambere; tugomba gukomeza ubufatanye bwacu kuko byakwihutisha iterambere n’imibereho myiza y’abaturage bacu.”

Umuyobozi wa Polisi ya Tanzaniya ku ruhande rwe, yavuze ko ubwiyongere bw’ibikomoka mu bihugu byombi buzaterwa n’umutekano uzabirangwamo, niwo uzatuma habaho ishoramari n’iterambere muri byo.

IGP Sirro yasabye ubufatanye ku mikorere y’imipaka , gusangira amakuru ndetse n’ubufatanye mu bikorwa birengera amategeko n’ituze rya rubanda aho yagize ati:” Duteranyijwe n’ikintu kimwe; umutekano w’abatuye ibihugu byacu. Urujya n’uruza rw’abantu, ibitekerezo n’ibyo bacuruza byaragutse kandi bibyarira inyungu nyinshi abaturage.”

Yashimye Polisi y’u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo ku mutekano waranze amatora ya Perezida aheruka , kandi ashimira u Rwanda kuyategura akarangira mu mahoro.

Ubufatanye hagati ya Polisi zombi kandi bwibanda ku guhanahana amakuru ku banyabyaha bitandukanye, gusangira abumenyi, amahugurwa n’ibindi,..

Ni muri urwo rwego kandi Polisi zombi zihanahana gahunda z’amahugurwa atandukanye , zifatanya mu guhangana n’ibiza nk’igihe habagaho impanuka yaguyemo Abanyarwanda benshi muri Tanzaniya mu myaka mike ishize kimwe n’ingendoshuri zikorwa mu gihugu cya Tanzaniya cyane cyane n’abiga mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda.

Hagati aho, IGP Sirro ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwe, yasuye ibigo bitandukanye bikorera muri Polisi y’u Rwanda birimo Isange One Stop Centre giha ubufasha butandukanye abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, Ikigo cy’icyitegererezo mu karere ku kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina kandi asura Ishuri rya Polisi rya Gishali .

-230.png

-229.png

-228.png

-227.png

-226.png

-225.png

RNP

2017-08-08
Editorial

IZINDI NKURU

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Editorial 18 Jul 2024
Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Editorial 29 Dec 2021
Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi

Editorial 01 Sep 2017
Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi

Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi

Editorial 15 Jun 2016
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Editorial 18 Jul 2024
Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Editorial 29 Dec 2021
Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi

Editorial 01 Sep 2017
Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi

Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi

Editorial 15 Jun 2016
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Editorial 18 Jul 2024
Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Editorial 29 Dec 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru