• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Moïse Katumbi yamaganye icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo guterera inkunga amakipe y’i Burayi mu gihe abaturage bishwe n’inzara   |   18 Jul 2025

  • Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club   |   17 Jul 2025

  • Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto   |   17 Jul 2025

  • Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira   |   17 Jul 2025

  • Candy Basomingera, wari umuyobozi mukuru wungirije wa RCB, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo   |   16 Jul 2025

  • Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri   |   16 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nta kibazo cy’umutekano muke cyangwa cy’iterabwoba kiri mu Mujyi wa Kigali – Polisi

Nta kibazo cy’umutekano muke cyangwa cy’iterabwoba kiri mu Mujyi wa Kigali – Polisi

Editorial 25 Mar 2017 Mu Rwanda

Mu gihe iterambere ry’umujyi wa Kigali rikataje, Polisi y’u Rwanda irashimangira ko umutekano w’inyubako zihurirwamo n’abantu benshi ugomba gukazwa. Ibyo kandi ntibyagerwaho hatabayeho ubufatanye bw’inzego z’umutekano, ba nyir’amazu n’ ibigo byigenga bishinzwe umutekano ari nabyo bihabwa akazi ko kuzirinda.

Ibi byatangajwe n’Umuvugizi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda , Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege ubwo yari abajijwe kubyavugiwe mu nama yabaye kuri uyu wa kane taliki 23 Werurwe 2017 mu cyumba cy’inama cy’Umujyi wa Kigali, ikaba yari yahuje ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, Polisi y’u Rwanda , abahagarariye ibigo byigenga bishinzwe umutekano ndetse naba nyir’inyubako nini zihuriramo abantu benshi.

Yanavuze kandi ko iyi nama yari mu rwego rw’inama zisanzwe zihuza ubuyobozi n’abikorera muri gahunda y’ubukangurambaga bwo gukumira no kurwanya ibyaha.

ACP Badege yagize: “ Ubutumwa bwatangiwe muri iriya nama byumvikane neza ko bwakanguriraga abayitabiriye gukaza ingamba z’umutekano zunganira inzego z’umutekano za Leta, zirimo kugenzura neza abinjira n’abasohoka hakoreshejwe ibyuma byabugenewe, gukoresha abakozi bashinzwe umutekano bafite ubunyamwuga, gushyira mu nyubako camera zunganira abashinzwe umutekano no guhanahana amakuru na Polisi mu gihe cyose bikenewe.”

Yagize kandi: “Nta kibazo cy’umutekano muke cyangwa cy’iterabwoba kiri mu Mujyi wa Kigali cyangwa mu gihugu hose, inama nk’izi zihoraho kandi ingamba zifatirwamo n’imwe mu nkingi y’umutekano ari na wo nkingi y’iterambere ryihuse ry’Umujyi wa Kigali.”

Yatangaje kandi ko n’ubwo umutekano ari wose n’ibyaha bikaba bigabanuka, hakiri ibyaha nk’ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, ubujura, ihohotera rishingiye ku gitsina n’amakimbirane yo mu ngo, bigisaba ingamba zihuriweho n’abaturage, inzego z’ubuyobozi, iz’ubutabera n’izishinzwe umutekano.

Yashoje yibutsa ko usibye ibyo byaha byavuzwe haruguru, hari ibyaha nk’icuruzwa ry’abantu, ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga n’iby’iterabwoba abaturage bagomba gusobanukirwa uburyo bikorwa n’ingaruka zabyo, bagatanga amakuru ku kintu cyose baketse kiganisha kuri byo, nabyo biri mu byaganiriweho muri iyo nama.

-6164.jpg

ACP Theos Badege umuvugizi wa Police y’u Rwanda

2017-03-25
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yerekeje muri Senegal aho igiye kwitabira shampiyona ya Afurika ya Taekwondo.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yerekeje muri Senegal aho igiye kwitabira shampiyona ya Afurika ya Taekwondo.

Editorial 01 Jun 2021
Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Editorial 21 Apr 2021
First Lady Jeannette Kagame mu ruzinduko rw’akazi i Librevill

First Lady Jeannette Kagame mu ruzinduko rw’akazi i Librevill

Editorial 22 Jun 2016
‘ IGISWAHILI ‘ Kunyungu z’Umunyarwanda

‘ IGISWAHILI ‘ Kunyungu z’Umunyarwanda

Editorial 21 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

17 Jul 2025
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru