• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amafoto – Haringingo Francis watandukanye na Police FC yerekeje muri Kiyovu SC ku masezerano y’imyaka ibiri asabwa gutwara igikombe

Amafoto – Haringingo Francis watandukanye na Police FC yerekeje muri Kiyovu SC ku masezerano y’imyaka ibiri asabwa gutwara igikombe

Editorial 09 Jul 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Nyuma yaho umutoza mukuru wa Police FC mu myaka ibiri yari ayimazemo atongerewe amasezerano yaraye yerekeje mu ikipe ya Kiyovu SC, uyu mutoza akaba yahawe amasezerano y’imyaka ibiri atoza ikipe y’urucaca yasoje shampiyona iri ku mwanya wa mbere mu makipe 8 yahataniraga kutajya mu kiciro cya kabiri.

Binyuze kuri Twitter ya Kiyovu SC, mu masaha y’umugoroba yo kuri uyu wa kane yariki ya 8 Nyakanga 2021, nibwo ubuyobozi bw’iyi kipe bwashyizeho amafoto agaragaza Haringingo ari kumwe na perezida wa Kiyovu SC Mvukiyehe Juvenal , basinyana amasezerano.

Mu butumwa bwaherekeje ayo mafoto bemeje ko uyu mutoza yasinyiye Kiyovu SC, bagize bati “Uyu munsi Kiyovu Sports yasinyishije Haringingo Francis amasezerano y’igihe kirekire yo kuyibera umutoza mukuru. Umuhango wo gushyira umukono ku masezerano y’uyu mutoza wabereye ku biro bya Kiyovu Sports Kicukiro.”

Nubwo ubuyobozi bwa Kiyovu Sports Club butifuje gutangaza igihe amasezerano ya Haringingo azamara, amakuru ikinyamakuru RUSHYASHYA NEWS yamenye ni uko uyu mutoza yasinye imyaka ibiri, akaba aaje muri iyi kipe aje gusimbura umutoza Ndayiragije Etienne wasoje amezi abiri muri iyi kipe bananirwa gukomezanya.

Andi makuru avuga ko icyatumye Ndayiragije na Kiyovu SC badakomezanya ni uko iyi kipe yifuzaga ko uyu mutoza yakongera amasezerano y’imyaka ine ayitoza ariko we avuga ko atarenza imyaka imyaka itatu, birangira bombi batumvikanye batandukana batyo.

Nyuma yo gushyira umukono ku masezerano na Kiyovu SC, umutoza Haringingo Francis yatangaje ko yifuza gusubiza mu bihe byiza iyi kipe yari imaze iminsi iri mu bihe bibi, yagize ati “Nishimiye cyane kuza mu muryango wa Kiyovu Sports… nzanye experience mfite kugira ngo dushobore gusubiza Kiyovu mu bihe byayo byiza…dushaka guha ibyishimo abakunzi bayo.”

Haringingo Francis ahawe amasezerano yo gutoza Kiyovu SC aho afite inshingano zo kubaka iyi kipe itwara ibikombe, dore ko iheruka gutakaza ba rutahizamu batatu b’abanyamahanga berekeje mu yandi makipe, abo bakinnyi bagiye ni Babua Samson, Armel Ghyslain werekeje muri Gasogi United ndetse na Saba Robert werejeje muri AS Kigali.

2021-07-09
Editorial

IZINDI NKURU

Imwe mu mikino ndetse n’amarushanwa byari biteganyijwe mu mikino y’amaboko ya Volleyball na Basketball yasubitswe by’agateganyo.

Imwe mu mikino ndetse n’amarushanwa byari biteganyijwe mu mikino y’amaboko ya Volleyball na Basketball yasubitswe by’agateganyo.

Editorial 30 Jun 2021
Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yakwepye inama yigaga ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu cye

Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yakwepye inama yigaga ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu cye

Editorial 15 Dec 2022
Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Mukura

Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Mukura

Editorial 18 May 2017
CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

Editorial 22 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imikoranire ya Twagiramungu, Jakaya Kikwete, Rudasingwa  na FDLR
INKURU NYAMUKURU

Imikoranire ya Twagiramungu, Jakaya Kikwete, Rudasingwa na FDLR

Editorial 25 Jun 2019
Name Change Request
KWAMAMAZA

Name Change Request

Editorial 22 Mar 2022
#Umushyikirano wa 14: Abanyarwanda barifuza ko Perezida Kagame abakemurira ibibazo birimo icy’ igitutu gitera itekinika
Mu Mahanga

#Umushyikirano wa 14: Abanyarwanda barifuza ko Perezida Kagame abakemurira ibibazo birimo icy’ igitutu gitera itekinika

Editorial 08 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru