• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

Editorial 24 Apr 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 24 Mata 2021 ku cyicaro cy’ikipe ya Rayon Sports hasinyishirijwe abakinnyi babiri mu rwego kwitegura isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda itegerejwe tariki ya 01 Gicurasi kugeza kuya 29 Kamena 2021.

Iyi kipe izwi nka Gikundiro ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter yatangaje ko yasinyishije umukinnyi wo hagati ufasha ba rutahizamu Muhire Kevin uzwi nka Rooney, uyu mukinnyi akaba agarutse muri iyi kipe yambara umweru n’ubururu ku nshuro ye ya kabiri.

Undi mukinnyi Rayon Sports yatangaje ni umunyekongo Héritier Nzinga Luvumbu, ni rutahizamu ukina anyuze ku ruhande wahoze akinira ikipe ya Club Athletic Youssoufia Berrechid yo mu gihugu cya Morocco.

Amakuru RUSHYASHYA NEWS yamenye ni uko aba bakinnyi bombi bagiye gufasha Murera mu gihe cy’amezi abiri gusa shampiyona y’u Rwanda izamara.

Andi makuru kandi ni uko umunyekongo
Héritier Nzinga Luvumbu we muri iki gihe ari muri Rayon Sports azatangwaho akayabo k’ibihumbi cumi na bibiri by’amadorali ni ukuvuga asaga miliyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda.

Luvumbu kandi yari kumwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri CHAN 2016 yabereye mu Rwanda.

Muri 2013 yakiniye AS Lojolu yo muri Congo, ayivamo ajya muri AS Vita Club, Muri 2017- 2019 yakinnye muri Royale Union Saint Gilloise yo mu Bubiligi ayivamo ajya muri AS FAR yo muri Morocco.

Biteganyijwe ko Luvumbu ahita akomereza mu mwiherero wa Rayon Sports urimo kubera mu Nzove, naho Muhire Kevin we akazayigeramo mu cyumweru gitaha nyuma yo gupimwa Koronavirusi.

Rayon Sports iri mu itsinda B rya Shampiyona, izatangirira kuri Gasogi United tariki ya 2 Gicurasi, iminsi itatu mbere yo guhura na Kiyovu Sports mu gihe izasoreza kuri Rutsiro FC tariki ya 8 Gicurasi 2021.

Mu kwitegura iyi mikino, imaze gukina umukino umwe wa gicuti, aho yatsinze Bugesera FC ibitego 2-0 ku wa Gatatu mu gihe ishobora gukina na Police FC undi mukino wa gicuti ku wa Mbere tariki ya 26 Mata 2021.

2021-04-24
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Editorial 23 Oct 2017
Rubavu : Umusirikare  utaramenyekana yarasiwe ku mupaka  w’u Rwanda na Congo

Rubavu : Umusirikare utaramenyekana yarasiwe ku mupaka w’u Rwanda na Congo

Editorial 18 Jun 2016
Mu mukino w’umunsi wa 6 wa shampiyona Rayon Sports yatsinzemo Espoir FC 3-0, abakunzi ba Gikundiro bifurije isabukuru nziza Perezida Paul Kagame

Mu mukino w’umunsi wa 6 wa shampiyona Rayon Sports yatsinzemo Espoir FC 3-0, abakunzi ba Gikundiro bifurije isabukuru nziza Perezida Paul Kagame

Editorial 24 Oct 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Editorial 28 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR 3 – 0 MusanzeFC, Umutoza mushya Nizar yarebye umukino
IMIKINO

APR 3 – 0 MusanzeFC, Umutoza mushya Nizar yarebye umukino

Editorial 08 Mar 2016
U Rwanda rwanganyije na Tanzania mbere yo kwakira Ethiopia
IMIKINO

U Rwanda rwanganyije na Tanzania mbere yo kwakira Ethiopia

Editorial 15 Oct 2019
Abapolisi baganirijwe ku mikorananire y’Itangazamakuru na Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Abapolisi baganirijwe ku mikorananire y’Itangazamakuru na Polisi y’u Rwanda

Editorial 12 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru