• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»APR 3 – 0 MusanzeFC, Umutoza mushya Nizar yarebye umukino

APR 3 – 0 MusanzeFC, Umutoza mushya Nizar yarebye umukino

Ubwanditsi 08 Mar 2016 IMIKINO

Umukino wo ku munsi wa 13 wa Shampiyona, Musanze FC yari yakiriye APR FC, umukino urangira itsinzwe ibitego 3-0 kuri Stade ya Kigali, umutoza mushya wa APR FC uturutse muri Tunisia yari yibereye ku kibuga.

-2405.jpg

Uyu mukino watangiye ikipe ya APR FC isatira, inabona igitego hakiri kare kuri ‘coup franc’ yatewe neza na Emery Bayisenge.

-2406.jpg

Igice cya mbere cyagaragayemo amakosa menshi ya Musanze FC ndetse myugariro Ngabo Albertwa APR avunikira bikomeye mu gice cya mbere cy’uyu mukino.

-2408.jpg

Bayisenge-atera-coup-franc-yigitego-cya-kabiri

Iminota isigaye y’umukino Iranzi Jean Claude yakinnye nka myugariro w’ibumoso kandi muri iyi minsi yakinaga iruhande rwa rutahizamu.

Igice cya kabiri, umutoza Emmanuel Rubona watozaga umukino we wa nyuma muri APR FC, yakoze impinduka, akuramo Nkinzingabo Fiston, ashyiramo Butera Andrew.

APR FC yabonye ‘coup franc’ nanone yinjizwa neza nabwo na Emery Bayisenge.

-2407.jpg

Nizar-Khanfir-uzatoza-APR-FCIbumoso-na-Kalisa-Adolphe-umunyamabanga-wa-APR-FC-iburyo

Bizimana Djihad yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 82, ku ishoti rikomeye yatereye hanze y’urubuga rw’amahina, ryatumye umukino urangira 3-0.

Nyuma y’iki gitego,Emery Bayisenge yaje kugwa igihumure nk’uko twabibwiwe n’umuganga wa APR FC, ngo byatewe n’ikibazo cy’isereri, ariko ngo uyu musore araza koroherwa vuba.

Umutoza wa Musanze, George Ssemogerere yavuze ko arimo gutakaza imikino bitewe no kudakinira mu rugo kuko Stade ya Musanze iri kuvugururwa.

Yagize ati: “Ntabwo biba byoroshye kwitwa ko wakiriye umukino ariko ugakinira ku kibuga cy’uwo muhanganye. APR FC yari ifite amahirwe kuturusha. Ndashima abakinnyi banjye, uko bitwaye, nta kundi nzakomeza gutegura imikino itaha.”

Rubona wa APR we ngo ni Imana yamufashije.

Ku rutonde rw’agateganyo APR FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 30 inyuma ya Mukura ifite 32, APR iracyafite ibirarane by’imikino ibiri.

-2410.jpg
Aha umunyezamu wa musanze bamuhaye ikarita itukura

Umutoza mushya ugiye gutoza APR FC, UmunyaTunisia Nizar Khanfir na we yarebye uyu mukino. Akaba yitegura umukino ubanza APR FC izakiramo Young Africans, kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa gatandatu.

M.Fils

2016-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority

Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority

Ubwanditsi 08 Nov 2023
Amafoto – Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende ukinira ikipe ya APR FC yerekeje mu gihugu cya Maroc

Amafoto – Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende ukinira ikipe ya APR FC yerekeje mu gihugu cya Maroc

Ubwanditsi 01 Aug 2021
Amafoto – Ikipe y’igihugu U19 muri Handball yerekeje muri Croatie gukina imikino y’igikombe cy’Isi

Amafoto – Ikipe y’igihugu U19 muri Handball yerekeje muri Croatie gukina imikino y’igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 20 Jul 2023
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Cricket mu Bagabo yatumiwe gukina muri Nigeria

Ikipe y’igihugu y’umukino wa Cricket mu Bagabo yatumiwe gukina muri Nigeria

Ubwanditsi 04 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki hari ibigo bya Leta bikorera ahantu hatorohereza Abafite Ubumunga
Mu Rwanda

Kuki hari ibigo bya Leta bikorera ahantu hatorohereza Abafite Ubumunga

Ubwanditsi 27 Jun 2018
APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe
IMIKINO

APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

Ubwanditsi 16 Jun 2018
Tanzania: Perezida Magufuli Yirukanye Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa By’imbere Mu Gihugu
POLITIKI

Tanzania: Perezida Magufuli Yirukanye Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa By’imbere Mu Gihugu

Ubwanditsi 03 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru