• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»APR 3 – 0 MusanzeFC, Umutoza mushya Nizar yarebye umukino

APR 3 – 0 MusanzeFC, Umutoza mushya Nizar yarebye umukino

Ubwanditsi 08 Mar 2016 IMIKINO

Umukino wo ku munsi wa 13 wa Shampiyona, Musanze FC yari yakiriye APR FC, umukino urangira itsinzwe ibitego 3-0 kuri Stade ya Kigali, umutoza mushya wa APR FC uturutse muri Tunisia yari yibereye ku kibuga.

-2405.jpg

Uyu mukino watangiye ikipe ya APR FC isatira, inabona igitego hakiri kare kuri ‘coup franc’ yatewe neza na Emery Bayisenge.

-2406.jpg

Igice cya mbere cyagaragayemo amakosa menshi ya Musanze FC ndetse myugariro Ngabo Albertwa APR avunikira bikomeye mu gice cya mbere cy’uyu mukino.

-2408.jpg

Bayisenge-atera-coup-franc-yigitego-cya-kabiri

Iminota isigaye y’umukino Iranzi Jean Claude yakinnye nka myugariro w’ibumoso kandi muri iyi minsi yakinaga iruhande rwa rutahizamu.

Igice cya kabiri, umutoza Emmanuel Rubona watozaga umukino we wa nyuma muri APR FC, yakoze impinduka, akuramo Nkinzingabo Fiston, ashyiramo Butera Andrew.

APR FC yabonye ‘coup franc’ nanone yinjizwa neza nabwo na Emery Bayisenge.

-2407.jpg

Nizar-Khanfir-uzatoza-APR-FCIbumoso-na-Kalisa-Adolphe-umunyamabanga-wa-APR-FC-iburyo

Bizimana Djihad yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 82, ku ishoti rikomeye yatereye hanze y’urubuga rw’amahina, ryatumye umukino urangira 3-0.

Nyuma y’iki gitego,Emery Bayisenge yaje kugwa igihumure nk’uko twabibwiwe n’umuganga wa APR FC, ngo byatewe n’ikibazo cy’isereri, ariko ngo uyu musore araza koroherwa vuba.

Umutoza wa Musanze, George Ssemogerere yavuze ko arimo gutakaza imikino bitewe no kudakinira mu rugo kuko Stade ya Musanze iri kuvugururwa.

Yagize ati: “Ntabwo biba byoroshye kwitwa ko wakiriye umukino ariko ugakinira ku kibuga cy’uwo muhanganye. APR FC yari ifite amahirwe kuturusha. Ndashima abakinnyi banjye, uko bitwaye, nta kundi nzakomeza gutegura imikino itaha.”

Rubona wa APR we ngo ni Imana yamufashije.

Ku rutonde rw’agateganyo APR FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 30 inyuma ya Mukura ifite 32, APR iracyafite ibirarane by’imikino ibiri.

-2410.jpg
Aha umunyezamu wa musanze bamuhaye ikarita itukura

Umutoza mushya ugiye gutoza APR FC, UmunyaTunisia Nizar Khanfir na we yarebye uyu mukino. Akaba yitegura umukino ubanza APR FC izakiramo Young Africans, kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa gatandatu.

M.Fils

2016-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bigoranye u Budage bwigaruriye icyizere mu gikombe cy’Isi, u Bubiligi bwongera gukangana

Bigoranye u Budage bwigaruriye icyizere mu gikombe cy’Isi, u Bubiligi bwongera gukangana

Ubwanditsi 24 Jun 2018
Cristiano Ronaldo yatwaye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka wa 2016

Cristiano Ronaldo yatwaye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka wa 2016

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Ubwanditsi 03 Aug 2021
Gasogi United yatewe mpaga na Rayon  inacibwa miliyoni 2 z’Amafaranga y’u Rwanda nk’amande

Gasogi United yatewe mpaga na Rayon inacibwa miliyoni 2 z’Amafaranga y’u Rwanda nk’amande

RUSHYASHYA 22 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwamahoro yatorewe kuba Meya wa Nyamagabe asimbuye Mugisha wahagaritswe
Mu Rwanda

Uwamahoro yatorewe kuba Meya wa Nyamagabe asimbuye Mugisha wahagaritswe

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Uko ubutegetsi mu Burundi bwataye umutwe
Mu Rwanda

Uko ubutegetsi mu Burundi bwataye umutwe

Ubwanditsi 16 Jan 2017
Theogene Rudasingwa yikomye Museveni avuga ko nta ”  Moral authority”agira
ITOHOZA

Theogene Rudasingwa yikomye Museveni avuga ko nta ” Moral authority”agira

Ubwanditsi 17 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru