• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

Editorial 26 Feb 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yanenze ibyemezo bireba Umujyi wa Huye byagiye bifatwa na bamwe mu bayobozi, bikagira ingaruka mbi ku bawutuye no ku iterambere ryawo.

Yabivuze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ubwo yaganiraga n’abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Amajyepfo bari bateraniye mu Mujyi wa Huye.

Mu myaka mike ishize igice kimwe cy’Umujyi wa Huye kirimo ikizwi nko mu Cyarabu cyari cyarahindutse amatongo kuko ubuyobozi bwari bwarafunze inyubako busaba ba nyirazo kuzivugurura bakubaka amagorofa.

Kubaka amagorofa byarananiranye kuko byamaze imyaka irenga ine, abahafite inzu bavuga ko nta bushobozi bafite.

Byahumiye ku mirari mu 2013 ubwo Kaminuza za Leta zahurizwaga muri Kaminuza imwe, amashami amwe yabaga i Huye akimurirwa ahandi, abanyeshuri bakagabanyuka bigatuma abacuruzi bamwe batangira guhomba.

Mu Ukwakira 2018 habaye inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Huye n’abikorera yitabirwa n’abaminisitiri batandukanye, hafatwa umwanzuro ko inzu zari zarafunzwe zigomba gufungurwa zikaba zikorerwamo, ba nyirazo bahabwa imyaka itanu yo gushakisha ubushobozi bwo kubaka izijyanye n’igishushanyo mbonera cy’umujyi.

Uwo mwaka ni nabwo hafashwe umwanzuro wo kongera abanyeshuri bigaga mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda i Huye, bakava ku bihumbi bitanu bakagera ku bihumbi icumi.

Gufungirwa byavuye mu ‘mafuti n’amakosa’

Perezida Kagame yavuze ko kuba bamwe mu bafite inzu mu Mujyi wa Huye barafungiwe hagashira igihe kuvugurura byarananiranye byaraturutse ku makosa.

Ati “Bamwe bari barafungiye amaduka bavuze ko bongeye bakarekura ariko ntabwo ari uko gusa. Ngira ngo abari barafungiwe byavuye mu mafuti no mu makosa ariko ngira ngo ahari nabyo byarabakanguye.”

Yabajije abagera kuri 600 bari bateraniye aho uburyo icyemezo cyafashwe abagenerwabikorwa batabizi kugeza ubwo bibateye ibihombo.

Umwe mu bafite inzu zari zarafunzwe mu Mujyi wa Huye yavuze ko igitekerezo cyo kubafungira cyabituye hajuru batagishijwe inama.

Ati “Byatangiye kuva mu 2010. Hari haje igitekerezo cyo kugira ngo abantu bose bubake inzu zifite amagorofa atatu mu mujyi. Haje ibwirizwa rivuye mu Karere, ntabwo nzi uwarizanye kuko haje ibwiriza bucya bandika ku nzu ngo ‘Towa Towa’, baratubwira bati inzu zigomba gufungwa mukubaka amagorofa.”

Uwo mucuruzi yavuze ko ikibazo gikomeye cyabayemo ari uko babasabye kuvugurura inzu zabo nta kuganira. Ati “Benshi cyabagahuyeho bituma uyu mujyi bose bawuhunga baragenda.”

Perezida Kagame avuga ko igitekerezo cyo kuvugurura umujyi atari kibi ariko ngo byakozwe mu buryo butatekejweho neza.

Yavuze ko kwibwira ko ikintu kiri mu kuri ariko ntukibwire abandi iteka bizana ingaruka zitari nziza.

Ati “Ndibwira ko n’igitekerezo niba cyaratangiye ari kizima, nticyasobanutse neza cyangwa n’abantu bagitekereje ntibagitekereje neza ngo n’ishyirwa mu bikorwa rigende neza. Byabaye gufata ikintu kimwe mu bintu icumi ibindi byose ukabyihorera.

Yakomeje ati “Abayobozi iyo baganiriye n’abo bayobora ikintu bakakibumvisha ntabwo bigorana, n’iyo bigoranye ku mpamvu zumvikana abantu bafite uko babyifatamo neza.”

Icyakora Perezida Kagame yasabye abafite inzu bakomorewe mu mujyi Huye kutirara, ngo kuko nibadakosora ngo bakore ibyo basabwa n’ubundi bashobora kongera gufungirwa.

Amashami ya Kaminuza i Huye yagiye kubera inyungu za bamwe

Nyuma yo guhuza amashami ya Kaminuza no kwimura abanyeshuri benshi bakava i Huye, byashyize abacuruzi bamwe mu bihombo kuko benshi bahahirwaga n’abo banyeshuri.
Perezida Kagame yavuze ko yakurikiranye neza icyo kibazo, agasanga byarakozwe ku nyungu z’abantu bamwe.

Ati “Byagiye mubireba, mwese murabyihorera ndetse abandi barabishyigikira. Njya gukurikirana uko byagenze nasanze ibintu byinshi bitandukanye. Umuntu umwe, babiri, batatu akavuga ngo ubwo bimwe bigiye hariya ibindi bigasigara aha njye ntabwo nasigara hano. Agatangira kwireba ikibazo cye kikaza mbere y’icy’igihugu. Akabanza gukemura ikibazo cye ngo icy’igihugu kibe kiretse kizaza nyuma.Niho ibibazo bituruka.”

Umukuru w’igihugu yavuze ko imyumvire nk’iyo ikwiriye guhinduka, abantu bakareka kwirebaho gusa kuko badashobora kumerera neza bagenzi babo babayeho nabi.

Ati “Imitekerereze yacu ntishobora gutuma dukora neza n’ibintu twumva dukwiriye kuba dukora, inyungu n’ingaruka zabyo tuzizi. Aba baturage bacu nibatamera neza , nitutabagezaho ibyo dukwiye kuba tubagezaho, kumera neza bo batameze neza ni ukwibeshya.”

Guhera mu mpera z’umwaka ushize nyuma yo gukomorerwa inzu nyinshi mu mujyi wa Huye zatangiye kuvugururwa kandi urujya n’uruza ruriyongera kuva aho abanyeshuri ba Kaminuza bongerewe.

Amafoto: Village Urugwiro

Inkuru ya IGIHE

2019-02-26
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Editorial 23 Jan 2017
Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Editorial 24 Feb 2020
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Editorial 19 Apr 2018
Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Editorial 25 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FIBA Africa U-16 Zone V:  U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania
HIRYA NO HINO

FIBA Africa U-16 Zone V: U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

Editorial 10 Jun 2019
Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko
Mu Rwanda

Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko

Editorial 24 Jul 2018
Ikinamico : Burundi uwavuze ko bazaroha ‘abakeba’ yakatiwe gufungwa imyaka itatu
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ikinamico : Burundi uwavuze ko bazaroha ‘abakeba’ yakatiwe gufungwa imyaka itatu

Editorial 02 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru