• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amakuru atangazwa k’Umunyamakuru Uwimana Nkusi Agnès ni ikinyoma

Amakuru atangazwa k’Umunyamakuru Uwimana Nkusi Agnès ni ikinyoma

Ubwanditsi 30 Aug 2017 ITOHOZA

Amakuru akomeje gucicikana kuri facebook ,atangwa n’abantu batazwi avuga ko Umunyamakuru Uwimana Nkusi Agnès ngo mu ijoro ryo kuwa gatanu rishyira kuwa gatandatu taliki ya 26/08/2017 saa munani n’igice z’ijoro; abantu bitwaje intwaro bagose inzu ye bamusaba gukingura ku ngufu!

Umunyamakuru Uwimana Nkusi Agnès Ngo yabonye ko atewe n’abagizi ba nabi ko kandi batamusiga amahoro; yahise akinga inzu arayikomeza maze ahebera urwaje ariko yandikira inshuti n’abaturanyi be bahafi ubutumwa kuri telefoni abamenyeshako yatewe n’abagizi ba nabi, ahasigaye aratuza!

Icyo kinyoma kigira kiti: “Abo bagizi ba nabi ngo bagerageje gukingura inzu ye ku ngufu ariko birabananira, icyakora birinze kurasa amasasu ngo abantu badatabara! Abo bagizi ba nabi bakomeje kurwana n’urugi rw’inzu ye kugera saa kumi za mugitondo; bamwe mubaturanyi b’umunyamakuru Nkusi Agnès bakomeje kwibaza ikimubayeho birabayobera kuko Agnès yahise afunga telefoni ye; nibwo bamwe muri abo baturanyi babonye umuseke utangiye gukeba baratinyuka bajya hanze bajya kureba ibyabaye kw’Agnès “.

Umwe mu bakozi b’urwego rushinzwe kugenzura itangazamakuru mu Rwanda [ RMC] wabashije gukurikirana iki kibazo ndetse akivuganira na Agnes ubwe, yahamirije ikinyamakuru Rushyashya ko ibyo bintu ari ikinyoma , Jean Paul IBAMBE avuga ko yabashije kuvugana na Nkunsi Uwimana Agnes ati : “ Arahari .. ntakibazo afite ngo yikanze abajura bagendagendaga hafi aho muri karitsiye [ …] hamaze iminsi hari abajura yikanze ko baje kumwiba, ati : ariwe ntawigeze amuhungabanya, ntakibazo afite ntawigeze amutwara ngo ajye kumufunga , ntacyabaye , ntacyamuhungabanije.

-7753.jpg

Jean Paul IBAMBE [ RMC ]

Umwe mu nshuti zahafi z’Agnes tutifuje gutangaza izina rye yabwiye Rushyashya ko Agnes ubwe yivugiye ko ikibazo yagize ari uko yari amaze iminsi ari mukiraka cya Thomas Nahimana kandi ko yari amaze kuvugana n’umunyapolitiki urwanya Leta y’u Rwanda ariwe Twagiramungu Faustin ndetse ko na Thomas Nahimana, bari barangije kuvugana, nyuma yumvise abantu bagendagenda hafi y’urugo rwe aratabaza byabaye ngombwa ko ngo akuramo na SM card muri telephone ye arayihekenya mu rwego rwo gusibanganya ibyo bimenyetso.

Ibyo byatumye ava kumurongo we wa telephone abantu yatabaje bamushatse baramubura batangira kwibaza icyabaye. Ibi kandi birashimangirwa na Muganwa Gonzag umunyamabanganshinwa bikorwa w’ishyirahamwe ry’abanyamakuru ARJ, uvuga ko umunyamakuru Nkunsi yari yavuye kumurongo wa telephone ye bakamushaka bakamubura nyuma yo kubona ibyo bintu.

Igitangaje ariko muri ibi n’uko iki kinyoma cyaciye igikuba kumbuga nkoranyambaga kivuga ko abantu ngo batinye kwegera abo bagizi ba nabi kuko bari bitwaje intwaro ( imbunda n’ibyuma), ngo abo bagizi ba nabi babonye abaturage batangiye kwiyongera kandi butangiye no gucya, nibwo bahamagaraga imodoka iza kubatwara, bagenda abantu bose babareba!

Aba kwirakwije iki kinyoma bavuga ko mbere yo kujya kugaba igitero ku rugo rw’umunyamakuru Nkusi Agnès, abo bagizi banabi bateye urundi rugo rw’abaturanyi ba Nkusi Agnès bararusahura ndetse banicamo umuntu!

-7755.jpg

Umunyamakuru Nkusi Agnès

Twagerageje kuvugana n’Abaturanyi b’Umunyamakuru Nkunsi Agnes bo kumusozi wa Runda, bavuga ko ntagikuba cyacitse kumusozi wabo ko ibyo bintu ntabyabaye ku musozi batuyeho, ko ntamuntu watewe ndetse ko ari ikinamico rifite ikindi kibyihishe inyuma.

Umuturanyi wa Nkunsi Agnes yabwiye Rushyashya ati :” Abantu bamubonye muri icyo gitondo atetse avuga ko agiye kugemurira umuntu kuri gereza”.

Rushyashya yagerageje guhamagara uyu munyamakuru Nkusi Agnès Uwimana kuri Telefone ye igendanwa inshuro nyinshi yitabwa n’undi muntu akavuga ko iri kumuriro.

Umunyamakuru Nkunsi Agnes akunze kwivanga mu bibazo bya hato na hato by’abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta y’u Rwanda barimo Thomas Nahimana, Dianne Shima Rwigara ndetse na Twagiramungu Faustin.

Abantu benshi barahamya ko ari imitwe we ubwe yakinnye akwirakwiza iki kinyoma, agamje kwibonera ubufasha nk’ubwo asanzwe agenerwa nimwe mu miryango isanzwe imutera inkunga iyo yafunguwe nka RSF, CPJ, HRW , Article 19 n’iy’ indi isanzwe ibeshyera u Rwanda kudaha ibwisanzure abanyamakuru muri za Raporo z’ibinyoma iyi miryango isohora ku Rwanda.

Ese kuba Umunyamakuru Uwimana Nkusi Agnès, ubwe ntacyo aratangaza ntiyaba ari amayeri yahisemo gukoresha kugirango yibonere ubuhungiro.

Uwimana Agnes yigeze gufunwa, yazize iki?

Uwimana Nkusi Agnes yafashwe tariki ya 10 Kamena 2010, nyuma yo gutangaza inkuru mu kinyamakuru cye Umurabyo, avuga ku birebana na Leta y’u Rwanda ndetse na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, bituma akurikiranwa ku byaha bitandukanye birimo n’ibyo yari yarigeze gufungirwa umwaka umwe kuva muri Mutarama 2007 ahamijwe icyaha cyo gusebanya.

Ibihano bye byaragabanyijwe

Tariki ya 4 Gashyantare 2011, Urukiko rukuru rwa Repubulika rwamukatiye igifungo cy’imyaka 17 nyuma yo kumuhamya ibyaha bine ari byo kuvutsa igihugu umudendezo (igifungo cy’imyaka 5), gupfobya jenoside (igifungo cy’imyaka 10), Gusebya umukuru w’igihugu (igifungo cy’umwaka umwe) no Kubiba amacakubiri no kuyakwirakwiza mu banyarwanda (igifungo cy’umwaka umwe).

Iki gihano cyaje kuvanwa ku myaka 17 n’ihazabu ingana 250,000 yari yarakatiwe n’Urukiko Rukuru, akatirwa imyaka 4, imyaka yakatiwe amaze ibiri muri gereza.

Iki gifungo yagikatiwe nyuma yo gusesengura ibikubiye mu nyandiko z’Ikinyamakuru Umurabyo zanditswe na Uwimana Nkusi Agnes, rwamuhanaguyeho icyaha cyo gupfobya Jenoside, n’icyo gukurura amacakubiri.

-7754.jpg

Umunyamakuru Nkunsi Agnes na Mukakibibi Saidath bajya kuburana

Uwimana yari yafunganwe na mugenzi we Mukakibibi Saidath waje gukatirwa imyaka itatu y’igifungo yarangije mu mwaka wa 2013, wakatiwe iyi myaka kuko ngo ibyo yanditse ari ibihuha, nta bimenyetso bifite.

Cyiza Davidson

2017-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RIB yerekanye Cpt.Nsengimana Herman wa FLN watawe muri yombi mu bitero bya FARDC

RIB yerekanye Cpt.Nsengimana Herman wa FLN watawe muri yombi mu bitero bya FARDC

Ubwanditsi 17 Jan 2020
UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Umwami Kigeli V Ndahindurwa yahawe udushimwe muri Amerika atakiriho

Umwami Kigeli V Ndahindurwa yahawe udushimwe muri Amerika atakiriho

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Ubwanditsi 08 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amagaju na Etoile de l’Est mu makipe yatangiye neza urugendo rwo gukina ikiciro cya mbere 2021-2022
Amakuru

Amagaju na Etoile de l’Est mu makipe yatangiye neza urugendo rwo gukina ikiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 19 Sep 2021
CNLG yagaragaje uruhare rwa Sebatware Marcel muri Jenoside no gushyigikira imitwe y’iterabwoba
POLITIKI

CNLG yagaragaje uruhare rwa Sebatware Marcel muri Jenoside no gushyigikira imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 22 Jan 2020
Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC
Amakuru

Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Ubwanditsi 18 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru