• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Editorial 27 Jan 2017 POLITIKI

Basomyi bacu tubiseguyeho kuba twarabagejejeho inkuru irimo amakosa iteditinze ( Editing ) nkuko mwakomeje kubitwandikira bigaragaza ko mudukurikira muri benshi mukanatugira inama, tubiseguyeho kuko habayeho uburangare, amakosa aratambuka, tubasabye Imbabazi.

Iyi nkuru iragira iti iyo witegereje mu bihugu nka Ghana, Nigeria na Tanzanie usanga Umuco w’abakuru b’ibihugu kurekura ubutegetsi bagasimburwa n’abandi utangiye gufata Inzira igaragara.

Ariko mu bindi bihugu bya Afurika ugasanga Umuco wo kugundira ubutegetsi ukiri hahandi.

Muri iyi Nyandiko reka turebere hamwe abakuru b’ibihugu bya Afurika bamaze imya myinshi ku butegetsi kurusha Abandi.

1.Jose Eduardo dos Santos (38)

-5455.jpg

Perezida wa Angola Eduardo dos Santos, nyuma y’aho igihugu cye kigobotoreye ingoma y’ubukoloni bw’aba Portugali (Abareno), n’urupfu rw’uwamubanjirije, Augustino Neto, ufatwa nk ‘ intwali y’Igihugu. Eduardo dos Santos yagiye ku butegetsi mu 1979, bivuze y’uko abumazeho imyaka 38, akaba ariwe ubumazeho imyaka myinshi kurusha abandi bose muri Afurika.

Mu gihe muri Angola umuturage abaho hasi y’amadolari abiri ku munsi, Umukobwa we , Isabel, ni umwe mu bakire cyane muri Afurika akaba ari nawe ushobora kuba umukire cyane ku Isi mu bantu bakiri bato.

2.Teodoro Obiang Nguema Mbasogo – Guinée équatoriale (35)

-5456.jpg

Ubutegetsi bwa Perezida Masie Nguema Biyongo Ndong bwahiritswe hamenetse amaraso mu 1979 hajyaho inama ya gisirikare (Conseil révolutionnaire) ikuriwe na Teodoro Obiang Nguema Basongo, Perezida wari umaze guhirikwa ku bugegetsi yari abereye se wabo! Mu 1982 nibwo Teodore Nguema yarahiye ku mugaragaro kuba Perezida wa Equitorial Gueinea, akaba atagaragaza yuko afite gahunda yo kuzapfa abuvuyeho! Obiang yavutse mu 1943.

3. Paul Biya – Cameroun (35)

-5457.jpg

Paul Biya uzwiho kuba akorana cyane n’Ubufaransa yabaye Perezida wa Cameroun mu 1982, Mbere ariko akaba yari Minisitiri w’intebe ku butegetsi bwa Perezida Ahmadou Ahidjo. Beya yavutse mu 1933.

4. Robert Mugabe – Zimbabwe (34)

-5458.jpg

Mugabe ukabakaba imyaka 93 y’amavuko yabaye Minisitiri w’intebe Zimbabwe ikibona ubwigenge mu 1980, kugeza mu 1987, aho yakomereje ari Perezida wa Repubulika Kugeza ubu. Akiri na Minisitiri w’intebe ariko niwe wari umukuru wa Guverinoma kuko icyo gihe Perezida yabaga uw’icyubahiro gusa.

5. Yoweri Kaguta Museveni – Ouganda (31)

-5459.jpg

Yoweri Kaguta Mseveni yabaye Perezida wa Uganda mu 1986 ahiritse ubutegetsi bwa Tito Okello wari ubumazeho igihe gito nyuma yo guhirika ubwa Milron Obotte.

Mu Itegeko nshinga rya Uganda ibya manda ebyiri ntarengwa byavanyweho, Museveni akaba nta nzitizi ya manda imukumira gukomeza kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’gihugu. Museveni yavutse mu 1944

6. Omar al-Bashir – Soudan (28 ans)

-5460.jpg

Brigadier Omar Hassan al-Bashir yabaye Perezida wa Soudan mu 1989 ahiritse ubutegetsi bwa Minisitiri w’intebe, Sadiq al-Mahdi, icyo gihe igihugu cyari mu mapfa ateye ubwoba.

Bashir akurikiranywe n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku bwicanyi n’ubundi bugome ndengakamere bwakorewe mu ntara ya Darfour. Uru papuro rwa CPI rwo guta muri Yombi Bashir rwasohowe muri 2009, akaba ariwe mukuru w’igihugu wa mbere ukurikiranywe n’urwo rukiko akiri ku butegetsi. Bashir yavutse mu 1944.

7. Idriss Déby – Tchad (27)

-5461.jpg

Idriss Deby yafashe ubutegetsi muri Tchad mu 1990 ahiritse ubutegetsi bwa Perezida Hissène Habré. Mu myaka ya nyuma ya Habre ku butegetsi, Deby yahungiye muri Libye atangiza igisirikare.

Icyo gisirikare cya Deby cyaje kubona inkunga ya Libye na Soudan agaba igitero muri Tchad kugeza aho afatiye umurwa mukuru, N’Djamena, nta nkomyi! Deby yavutse mu 1952.

8. Isaias Afwerki – Erythrée (24)

-5462.jpg

Erythrée yabonye ubwigenge bwayo kuva kuri Ethiopie mu 1993, Isaias Afwerki ahita aba Perezida w’igihugu kugeza ubu.

Ishyaka rya Afwerki, Front populaire pour la démocratie et la justice (PFDJ) niryo ryonyine ryemewe gukora politike muri icyo gihugu gitegekeshwa igitugu kigahora kinahanganye n’umuturanyi wacyo, Ethiopie. Isais Afewerk Tiginya yavutse mu 1946.

9. Yahya Jammeh – Gambie (23)

-5463.jpg

Yahya Jammeh yemeye kurekura kungufu za Demokarasi yabaye Perezida w’igihugu cya Gambie. Jammeh yafashe ubutegetsi mu 1994, afite imyaka 31 y’amavuko.

Mu ntangiriro z’ukwezi gushize muri Gambie habaye Amatora ya Perezida wa Repubulika, Jammeh atsindwa na Adama Barow. Jammeh yabanje kwemera yuko yatsinzwe ariko nyuma aza kuvuga yuko amatora agomba gusubirwamo, yanga kuva ku butegetsi kandi manda ye yararangiye tariki 18 z’uku kwezi. ubu ari mu buhungiro.

Barow yagombaga kurahira tariki 19 z’uku kwezi ariko iyo tariki iza kugera ari mu buhungiro, apfa kurahirira muri Sénégal ya muhaye ubuhungiro! Yahya Niwe muto muri aba baperezida bose kuko yavutse mu 1965. Adama Barow ubu yagarutse mu gihugu niwe uri kubutegetsi.

10. Denis Sassou Nguesso -Congo Brazaville (17)

-5464.jpg

Perezida Dennis Sassou Nguesso afite amateka y’imboneka rimwe mu mitegekere y’igihugu kuko yabaye Perezida wa Congo Brazaville mu bihembwe bidakurikirana.

Mwa mbere NGUESSO yabaye Perezida mu 1979, kugeza mu 1992.

Mu 1996 muri Congo hadutse imirwano, ingabo za NGUESSO zishobora guhirika ubutegetsi bwa Prezida Pascar Lissouba, NGUESSO usubirana umwanya wa Perezida wa Repubulika mu 1997 kugeza ubu! NGUESSO yashoboye guhinduza Itegeko nshinga, manda ebyiri ntarengwa ku mwanya w’umukuru w’igihugu zikurwaho! NGUESSO yavutse mu 1943.

Casmiry Kayumba

2017-01-27
Editorial

IZINDI NKURU

Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Editorial 06 Mar 2018
Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe

Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe

Editorial 24 Apr 2017
Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Editorial 14 Jan 2018
Perezida wa Guinea, Alpha Condé yasabye bagenzi be kwitandukanya n’u Bufaransa

Perezida wa Guinea, Alpha Condé yasabye bagenzi be kwitandukanya n’u Bufaransa

Editorial 21 Apr 2017
Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Editorial 06 Mar 2018
Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe

Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe

Editorial 24 Apr 2017
Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Editorial 14 Jan 2018
Perezida wa Guinea, Alpha Condé yasabye bagenzi be kwitandukanya n’u Bufaransa

Perezida wa Guinea, Alpha Condé yasabye bagenzi be kwitandukanya n’u Bufaransa

Editorial 21 Apr 2017
Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Editorial 06 Mar 2018
Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe

Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe

Editorial 24 Apr 2017
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Sacyega
    January 14, 20195:08 pm -

    Afrika iracyari kure , umuntu ayobora 35 ans??? Ni akumiro.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru