• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 27 Jan 2017 POLITIKI

Basomyi bacu tubiseguyeho kuba twarabagejejeho inkuru irimo amakosa iteditinze ( Editing ) nkuko mwakomeje kubitwandikira bigaragaza ko mudukurikira muri benshi mukanatugira inama, tubiseguyeho kuko habayeho uburangare, amakosa aratambuka, tubasabye Imbabazi.

Iyi nkuru iragira iti iyo witegereje mu bihugu nka Ghana, Nigeria na Tanzanie usanga Umuco w’abakuru b’ibihugu kurekura ubutegetsi bagasimburwa n’abandi utangiye gufata Inzira igaragara.

Ariko mu bindi bihugu bya Afurika ugasanga Umuco wo kugundira ubutegetsi ukiri hahandi.

Muri iyi Nyandiko reka turebere hamwe abakuru b’ibihugu bya Afurika bamaze imya myinshi ku butegetsi kurusha Abandi.

1.Jose Eduardo dos Santos (38)

-5455.jpg

Perezida wa Angola Eduardo dos Santos, nyuma y’aho igihugu cye kigobotoreye ingoma y’ubukoloni bw’aba Portugali (Abareno), n’urupfu rw’uwamubanjirije, Augustino Neto, ufatwa nk ‘ intwali y’Igihugu. Eduardo dos Santos yagiye ku butegetsi mu 1979, bivuze y’uko abumazeho imyaka 38, akaba ariwe ubumazeho imyaka myinshi kurusha abandi bose muri Afurika.

Mu gihe muri Angola umuturage abaho hasi y’amadolari abiri ku munsi, Umukobwa we , Isabel, ni umwe mu bakire cyane muri Afurika akaba ari nawe ushobora kuba umukire cyane ku Isi mu bantu bakiri bato.

2.Teodoro Obiang Nguema Mbasogo – Guinée équatoriale (35)

-5456.jpg

Ubutegetsi bwa Perezida Masie Nguema Biyongo Ndong bwahiritswe hamenetse amaraso mu 1979 hajyaho inama ya gisirikare (Conseil révolutionnaire) ikuriwe na Teodoro Obiang Nguema Basongo, Perezida wari umaze guhirikwa ku bugegetsi yari abereye se wabo! Mu 1982 nibwo Teodore Nguema yarahiye ku mugaragaro kuba Perezida wa Equitorial Gueinea, akaba atagaragaza yuko afite gahunda yo kuzapfa abuvuyeho! Obiang yavutse mu 1943.

3. Paul Biya – Cameroun (35)

-5457.jpg

Paul Biya uzwiho kuba akorana cyane n’Ubufaransa yabaye Perezida wa Cameroun mu 1982, Mbere ariko akaba yari Minisitiri w’intebe ku butegetsi bwa Perezida Ahmadou Ahidjo. Beya yavutse mu 1933.

4. Robert Mugabe – Zimbabwe (34)

-5458.jpg

Mugabe ukabakaba imyaka 93 y’amavuko yabaye Minisitiri w’intebe Zimbabwe ikibona ubwigenge mu 1980, kugeza mu 1987, aho yakomereje ari Perezida wa Repubulika Kugeza ubu. Akiri na Minisitiri w’intebe ariko niwe wari umukuru wa Guverinoma kuko icyo gihe Perezida yabaga uw’icyubahiro gusa.

5. Yoweri Kaguta Museveni – Ouganda (31)

-5459.jpg

Yoweri Kaguta Mseveni yabaye Perezida wa Uganda mu 1986 ahiritse ubutegetsi bwa Tito Okello wari ubumazeho igihe gito nyuma yo guhirika ubwa Milron Obotte.

Mu Itegeko nshinga rya Uganda ibya manda ebyiri ntarengwa byavanyweho, Museveni akaba nta nzitizi ya manda imukumira gukomeza kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’gihugu. Museveni yavutse mu 1944

6. Omar al-Bashir – Soudan (28 ans)

-5460.jpg

Brigadier Omar Hassan al-Bashir yabaye Perezida wa Soudan mu 1989 ahiritse ubutegetsi bwa Minisitiri w’intebe, Sadiq al-Mahdi, icyo gihe igihugu cyari mu mapfa ateye ubwoba.

Bashir akurikiranywe n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku bwicanyi n’ubundi bugome ndengakamere bwakorewe mu ntara ya Darfour. Uru papuro rwa CPI rwo guta muri Yombi Bashir rwasohowe muri 2009, akaba ariwe mukuru w’igihugu wa mbere ukurikiranywe n’urwo rukiko akiri ku butegetsi. Bashir yavutse mu 1944.

7. Idriss Déby – Tchad (27)

-5461.jpg

Idriss Deby yafashe ubutegetsi muri Tchad mu 1990 ahiritse ubutegetsi bwa Perezida Hissène Habré. Mu myaka ya nyuma ya Habre ku butegetsi, Deby yahungiye muri Libye atangiza igisirikare.

Icyo gisirikare cya Deby cyaje kubona inkunga ya Libye na Soudan agaba igitero muri Tchad kugeza aho afatiye umurwa mukuru, N’Djamena, nta nkomyi! Deby yavutse mu 1952.

8. Isaias Afwerki – Erythrée (24)

-5462.jpg

Erythrée yabonye ubwigenge bwayo kuva kuri Ethiopie mu 1993, Isaias Afwerki ahita aba Perezida w’igihugu kugeza ubu.

Ishyaka rya Afwerki, Front populaire pour la démocratie et la justice (PFDJ) niryo ryonyine ryemewe gukora politike muri icyo gihugu gitegekeshwa igitugu kigahora kinahanganye n’umuturanyi wacyo, Ethiopie. Isais Afewerk Tiginya yavutse mu 1946.

9. Yahya Jammeh – Gambie (23)

-5463.jpg

Yahya Jammeh yemeye kurekura kungufu za Demokarasi yabaye Perezida w’igihugu cya Gambie. Jammeh yafashe ubutegetsi mu 1994, afite imyaka 31 y’amavuko.

Mu ntangiriro z’ukwezi gushize muri Gambie habaye Amatora ya Perezida wa Repubulika, Jammeh atsindwa na Adama Barow. Jammeh yabanje kwemera yuko yatsinzwe ariko nyuma aza kuvuga yuko amatora agomba gusubirwamo, yanga kuva ku butegetsi kandi manda ye yararangiye tariki 18 z’uku kwezi. ubu ari mu buhungiro.

Barow yagombaga kurahira tariki 19 z’uku kwezi ariko iyo tariki iza kugera ari mu buhungiro, apfa kurahirira muri Sénégal ya muhaye ubuhungiro! Yahya Niwe muto muri aba baperezida bose kuko yavutse mu 1965. Adama Barow ubu yagarutse mu gihugu niwe uri kubutegetsi.

10. Denis Sassou Nguesso -Congo Brazaville (17)

-5464.jpg

Perezida Dennis Sassou Nguesso afite amateka y’imboneka rimwe mu mitegekere y’igihugu kuko yabaye Perezida wa Congo Brazaville mu bihembwe bidakurikirana.

Mwa mbere NGUESSO yabaye Perezida mu 1979, kugeza mu 1992.

Mu 1996 muri Congo hadutse imirwano, ingabo za NGUESSO zishobora guhirika ubutegetsi bwa Prezida Pascar Lissouba, NGUESSO usubirana umwanya wa Perezida wa Repubulika mu 1997 kugeza ubu! NGUESSO yashoboye guhinduza Itegeko nshinga, manda ebyiri ntarengwa ku mwanya w’umukuru w’igihugu zikurwaho! NGUESSO yavutse mu 1943.

Casmiry Kayumba

2017-01-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Ubwanditsi 16 Dec 2024
Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

RUSHYASHYA 11 Apr 2026
Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora

Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora

Ubwanditsi 29 Aug 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Sacyega
    January 14, 20195:08 pm -

    Afrika iracyari kure , umuntu ayobora 35 ans??? Ni akumiro.

    Subiza

Leave a Reply to Sacyega Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Rayon Sports igiye kwitaba FERWAFA gusobanura akagambane ishinjwa na Kiyovu Sports
IMIKINO

Rayon Sports igiye kwitaba FERWAFA gusobanura akagambane ishinjwa na Kiyovu Sports

Ubwanditsi 29 Jul 2018
Kayumba Rugema wakunze kumvikana atuka abayobozi b’u Rwanda, asanga icyitwa “opozisiyo” ari ubuhungiro bw’abicanyi n’abandi banyabyaha.
Amakuru

Kayumba Rugema wakunze kumvikana atuka abayobozi b’u Rwanda, asanga icyitwa “opozisiyo” ari ubuhungiro bw’abicanyi n’abandi banyabyaha.

Ubwanditsi 14 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru