• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ambasaderi Charles Kayonga Yahishuye Ko Perezida Kagame Ategerejwe I Beijing Mu Kwezi Gutaha

Ambasaderi Charles Kayonga Yahishuye Ko Perezida Kagame Ategerejwe I Beijing Mu Kwezi Gutaha

Editorial 31 Aug 2018 POLITIKI

Umugabane wa Afurika n’u Bushinwa biri kwishimira ubufatanye mu nzego zitandukanye kandi iyo mikoranire igomba gukomeza nk’uko byatangajwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, Charles Kayonga, wanahishuye ko Perezida Kagame mu kwezi gutaha azongera gukorera urugendo mu Bushinwa.

Ngo usibye ubufatanye mu bya politiki, u Bushinwa na Afurika biri gukorana neza mu nzego zitandukanye nko mu bikorwaremezo, inganda, ubuhinzi n’ibindi.

Ingero z’imishinga yagezweho binyuze mu Bufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa, harimo imihanda ibiri ya gari yamoshi ihuza Djibouti na Ethiopia yubatswe n’u Bushinwa ndetse n’ibyanya byagenewe inganda bisaga 100 byubatse hirya no hino ku mugabane kandi bizanira inyungu impande zose.

By’umwihariko ku Rwanda, Ambasaderi Kayonga yavuze ko hamaze kubakwa imihanda myinshi kandi u Rwanda rwungutse ishoramari ryinshi ry’ibigo by’Abashinwa muri business zitandukanye.

Umugabane wa Afurika ukeneye ibikorwaremezo mu bintu ukeneye kugirango ubashe kugera ku mpinduka z’ubukungu burambye nk’uko Ambasaderi Kayonga yakomeje abitangaza mu kiganiro yahaye China Daily dukesha iyi nkuru.

Yongeyeho ko gufatanya n’u Bushinwa bizafasha kubona amafaranga yo gushora mu mishinga y’ibikorwaremezo izafasha kuzamura iterambere ry’inganda ku mugabane, u Bushinwa nabwo bikazabufasha mu ntumbero yabwo yo gukorera ku Isi yose.

Ambasaderi Kayonga yanahishuye ko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, akaba na Chairman wa Afurika Yunze Ubumwe, ategerejwe I Beijing mu kwezi gutaha aho azaba yitabiriye Inama ihuza u Bushinwa na Afurika izwi nka “Forum on China-Africa Cooperation” izaba kuwa Mbere, itariki 03 kugeza ku itariki 04 Nzeri 2018.

Ni inama minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bushinwa, Wang Yi, avuga ko yitezweho izafatirwamo ingamba zigamije iterambere ry’ibihugu bya Afurika. Ambasaderi Kayonga akaba yavuze ko iyo mishinga y’ibikorwaremezo ku bufatanye bw’u Bushinwa na Afurika izakura mu bwigunge  ibihugu nk’u Rwanda bidakora ku Nyanja, hatezwa imbere kwihuza kw’ubukungu bwa Afurika bwinjira mu bukungu mpuzamahanga.

Iyi nama ihuza u Bushinwa na Afurika igiye kuba ku nshuro ya gatatu nyuma y’iyabereye I Beijing mu 2006 ndetse n’iyabereye I Johannesburg muri Afurika y’Epfo mu 2015. Iyi izaba ifite insanganyamatsiko igira iti : “China and Africa: Toward an Even Stronger Community with a Shared Future Through Win-Win Cooperation”. Ugenekereje mu Kinyarwanda ni nk’u “Bushinwa na Afurika biganisha ku muryango ukomeye usangiye ahazaza binyuze mu bufatanye bwungukira buri ruhande”

Kuri Ambasaderi Kayonga, ngo mu kubaka umuryango nk’uyu, u Bushinwa na Afurika bizabasha kuzuzanya neza.

2018-08-31
Editorial

IZINDI NKURU

Impamvu Umwe mubari abayobozi ba PS Imberakuri  yavuyemo akayoboka FPR Inkotanyi

Impamvu Umwe mubari abayobozi ba PS Imberakuri yavuyemo akayoboka FPR Inkotanyi

Editorial 23 May 2017
Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.

Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.

Editorial 17 Nov 2017
Kimwe mu bihatse ubucuti bwa Perezida Museveni na Bebe Cool cyagaragaye

Kimwe mu bihatse ubucuti bwa Perezida Museveni na Bebe Cool cyagaragaye

Editorial 21 Oct 2018
William Gelling wari Ambasaderi w’u Bwongereza yasezeye Perezida Kagame

William Gelling wari Ambasaderi w’u Bwongereza yasezeye Perezida Kagame

Editorial 11 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.
Amakuru

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Editorial 05 May 2021
Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda
UBUKUNGU

Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Editorial 02 Mar 2018
Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira
Mu Rwanda

Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira

Editorial 02 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru