• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge   |   15 Jul 2025

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ambasaderi Charles Kayonga Yahishuye Ko Perezida Kagame Ategerejwe I Beijing Mu Kwezi Gutaha

Ambasaderi Charles Kayonga Yahishuye Ko Perezida Kagame Ategerejwe I Beijing Mu Kwezi Gutaha

Editorial 31 Aug 2018 POLITIKI

Umugabane wa Afurika n’u Bushinwa biri kwishimira ubufatanye mu nzego zitandukanye kandi iyo mikoranire igomba gukomeza nk’uko byatangajwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, Charles Kayonga, wanahishuye ko Perezida Kagame mu kwezi gutaha azongera gukorera urugendo mu Bushinwa.

Ngo usibye ubufatanye mu bya politiki, u Bushinwa na Afurika biri gukorana neza mu nzego zitandukanye nko mu bikorwaremezo, inganda, ubuhinzi n’ibindi.

Ingero z’imishinga yagezweho binyuze mu Bufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa, harimo imihanda ibiri ya gari yamoshi ihuza Djibouti na Ethiopia yubatswe n’u Bushinwa ndetse n’ibyanya byagenewe inganda bisaga 100 byubatse hirya no hino ku mugabane kandi bizanira inyungu impande zose.

By’umwihariko ku Rwanda, Ambasaderi Kayonga yavuze ko hamaze kubakwa imihanda myinshi kandi u Rwanda rwungutse ishoramari ryinshi ry’ibigo by’Abashinwa muri business zitandukanye.

Umugabane wa Afurika ukeneye ibikorwaremezo mu bintu ukeneye kugirango ubashe kugera ku mpinduka z’ubukungu burambye nk’uko Ambasaderi Kayonga yakomeje abitangaza mu kiganiro yahaye China Daily dukesha iyi nkuru.

Yongeyeho ko gufatanya n’u Bushinwa bizafasha kubona amafaranga yo gushora mu mishinga y’ibikorwaremezo izafasha kuzamura iterambere ry’inganda ku mugabane, u Bushinwa nabwo bikazabufasha mu ntumbero yabwo yo gukorera ku Isi yose.

Ambasaderi Kayonga yanahishuye ko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, akaba na Chairman wa Afurika Yunze Ubumwe, ategerejwe I Beijing mu kwezi gutaha aho azaba yitabiriye Inama ihuza u Bushinwa na Afurika izwi nka “Forum on China-Africa Cooperation” izaba kuwa Mbere, itariki 03 kugeza ku itariki 04 Nzeri 2018.

Ni inama minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bushinwa, Wang Yi, avuga ko yitezweho izafatirwamo ingamba zigamije iterambere ry’ibihugu bya Afurika. Ambasaderi Kayonga akaba yavuze ko iyo mishinga y’ibikorwaremezo ku bufatanye bw’u Bushinwa na Afurika izakura mu bwigunge  ibihugu nk’u Rwanda bidakora ku Nyanja, hatezwa imbere kwihuza kw’ubukungu bwa Afurika bwinjira mu bukungu mpuzamahanga.

Iyi nama ihuza u Bushinwa na Afurika igiye kuba ku nshuro ya gatatu nyuma y’iyabereye I Beijing mu 2006 ndetse n’iyabereye I Johannesburg muri Afurika y’Epfo mu 2015. Iyi izaba ifite insanganyamatsiko igira iti : “China and Africa: Toward an Even Stronger Community with a Shared Future Through Win-Win Cooperation”. Ugenekereje mu Kinyarwanda ni nk’u “Bushinwa na Afurika biganisha ku muryango ukomeye usangiye ahazaza binyuze mu bufatanye bwungukira buri ruhande”

Kuri Ambasaderi Kayonga, ngo mu kubaka umuryango nk’uyu, u Bushinwa na Afurika bizabasha kuzuzanya neza.

2018-08-31
Editorial

IZINDI NKURU

Ishyaka rya Museveni ryihakanye uwatewe umusumari mu itama ari ryo azira

Ishyaka rya Museveni ryihakanye uwatewe umusumari mu itama ari ryo azira

Editorial 19 Sep 2019
Perezida Kenyatta aramenya ibye kuri uyu wa mbere

Perezida Kenyatta aramenya ibye kuri uyu wa mbere

Editorial 19 Nov 2017
Uganda: Kizza Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kutubaha amabwiriza ya Polisi

Uganda: Kizza Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kutubaha amabwiriza ya Polisi

Editorial 05 Nov 2019
Uganda: Minisitiri W’umutekano, Gen. Tumwiine Aravugwaho Kwigarurira Ku Ngufu Ubutaka Bw’abaturage

Uganda: Minisitiri W’umutekano, Gen. Tumwiine Aravugwaho Kwigarurira Ku Ngufu Ubutaka Bw’abaturage

Editorial 04 Jul 2018
Ishyaka rya Museveni ryihakanye uwatewe umusumari mu itama ari ryo azira

Ishyaka rya Museveni ryihakanye uwatewe umusumari mu itama ari ryo azira

Editorial 19 Sep 2019
Perezida Kenyatta aramenya ibye kuri uyu wa mbere

Perezida Kenyatta aramenya ibye kuri uyu wa mbere

Editorial 19 Nov 2017
Uganda: Kizza Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kutubaha amabwiriza ya Polisi

Uganda: Kizza Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kutubaha amabwiriza ya Polisi

Editorial 05 Nov 2019
Uganda: Minisitiri W’umutekano, Gen. Tumwiine Aravugwaho Kwigarurira Ku Ngufu Ubutaka Bw’abaturage

Uganda: Minisitiri W’umutekano, Gen. Tumwiine Aravugwaho Kwigarurira Ku Ngufu Ubutaka Bw’abaturage

Editorial 04 Jul 2018
Ishyaka rya Museveni ryihakanye uwatewe umusumari mu itama ari ryo azira

Ishyaka rya Museveni ryihakanye uwatewe umusumari mu itama ari ryo azira

Editorial 19 Sep 2019
Perezida Kenyatta aramenya ibye kuri uyu wa mbere

Perezida Kenyatta aramenya ibye kuri uyu wa mbere

Editorial 19 Nov 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru