• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda

Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda

Editorial 09 Sep 2016 Mu Mahanga

Tariki ya 8 Nzeri 2016, Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda Takayuki Miyashita yasuye icyicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, akaba yarashimishijwe cyane n’ibyo Polisi y’u Rwanda imaze kugeraho, mu kwifashisha ikoranabuhanga mu kubungabunga umutekano no kwirinda ibyawuhungabanya.

Ambasaderi Takayuki yakiriwe n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Emmanuel K. Gasana, ndetse banagirana ibiganiro. Yanasuye kandi ahakorera agashami gashinzwe gukurikirana no kumenya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga, kakaba harubatswe ku nkunga ya Leta y’Ubuyapani.

Ambasaderi Takayuki yavuze ko u Rwanda rugaragaza uruhare rukomeye mu gukoresha ikoranabuhanga n’itumanaho mu bikorwa byinshi, anavuga ko hanashobora no kubaho imbogamizi ndetse n’ingorane ku mutekano kubera iryo koranabuhana.

Yagize ati:” Nka Ambasaderi mushya w’Ubuyapani mu Rwanda, nshimishijwe no gusura Polisi y’u Rwanda, ariko by’umwihariko naje hano gushimira Polisi y’u Rwanda kuba aho aka gashami gakorera harubatswe neza hakarangira, ubu hakaba hakora neza. Mwakoresheje neza inkunga Abayapani babahaye”.

Yakomeje avuga ko u Rwanda rukoresha ikoranabuhanga n’itumanaho mu mirimo itandukanye no mu iterambere. Yongeyeho ko kugira ngo ikoranabuhanga n’iterambere bigerweho neza hakenewe gufata ingamba zihamye ku birebana n’umutekano w’iryo koranabuhanga. Yavuze ko ako gashami kazagirira akamaro kanini u Rwanda.

Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda yavuze ko inkunga yabo mu bijyanye n’ikoranabuhanga ndetse n’ihererekanyamakuru izakomeza, ariko by’umwihariko ibijyanye no gucunga umutekano hifashishije ikoranabuhanga.

Yagize ati:” twasanze aka gashami gakeneye ibindi bikoresho kugira ngo gakore neza,niyo mpamvu uyu munsi ngomba gusinya andi masezerano na Minisiteri y’Imari arebana no guha ibindi bikoresho aka gashami kugira ngo karusheho gukora neza akazi”.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana yavuze ko ibyaha byifashisha ikoranauhanga ari ikibazo gikomeye ndetse kigenda kiyongera. Yongeyeho ko nta gushidikanya ko aka gashami kazafasha mu bijyanye n’iperereza ry’ibyaha byifashisha ikoranabuhanga hashingiwe ku bimenyetso by’ikoranabuhanga byabonetse.

Kurwanya no gukumira ibyaha hifashishijwe ikoranabuhanga biri mu byo Polisi y’u Rwanda yashyize imbere.

Mu cyumweru gishize, Polisi y’u Rwanda yakiriye umwitozo- shusho wo ku rwego rwo hejuru ku kurwanya no gukumira ibyaha byifashisha ikoranabuhanga, hasuzumiwemo uburyo ibihugu byafatanya mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka no gukora iperereza ry’ibyaha.

Uyu mwitozo wabaye mu gihe cy’inama ya 18 y’abayobozi ba Polisi bo mu bihugu byo muri aka karere bagize Umuryango w’ubufatanye mu kurwanya ibyaha (Eastern Africa Police Chiefs Cooperation Organization – EAPCO), no gushyira ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ikigo cy’ikitegererezo mu karere kizaba gishinzwe kurwanya ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga kizubakwa ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Iki kigo kizakoramo impuguke mu nzego zitandukanye kandi zivuye mu bihugu bitandukanye, kikazaba gifite za laboratwari n’ubundi bushobozi buhagije mu gutanga ubumenyi no gukora iperereza ry’ibyaha.

-4015.jpg

RNP

2016-09-09
Editorial

IZINDI NKURU

Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Editorial 04 Jan 2022
Afunze akurikiranyweho impapuro mpimbano yibishije amafaranga 950,000 muri banki

Afunze akurikiranyweho impapuro mpimbano yibishije amafaranga 950,000 muri banki

Editorial 21 Aug 2016
Polisi y’u Rwanda yagaruje mudasobwa zirenga 600 zari zarabuze

Polisi y’u Rwanda yagaruje mudasobwa zirenga 600 zari zarabuze

Editorial 23 Oct 2016
Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Editorial 29 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yitegura guhura na Nigeria mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, akomeje imyiteguro n’abakinnyi bose bahamagawe
Amakuru

Amavubi yitegura guhura na Nigeria mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, akomeje imyiteguro n’abakinnyi bose bahamagawe

Editorial 18 Mar 2025
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020

Editorial 29 Jan 2020
Uko Sarah Kagingo  Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko Sarah Kagingo Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda

Editorial 09 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru