Kuri uyi wa kabiri, nibwo ubuyobozi bw’ikip ya APR FC, bwatangaje ku mugaragaro ko yagiranye amasezerano y’imyaka ibiri n’umutoza mushya Taleb Abderrahim, ukomoka mu gihugu cya Maroc.
Uyu mutoza aje asimbura uwari umutoza mukuru uheruka wayo Darko Novic batandukanye umwaka w’imikino wa 2024-2025 utararangira.
Taleb aje mu ikipe y’Ingabo z’igihugu yitegura umwaka w’imikino wa 2025–2026, aho ifite intego yo kwitwara neza haba imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.
Mu itangazo ryashyizwe hanze na APR FC kuri uyu wa kabiri, ikipe yameje ko yagirange amasezerano ya Taleb yo kuyibera umutoza mukuru.
“Tunejejwe no kwakira Bwana Taleb Abderrahim n’abungiriza be Chahid Mohamed na Haj Taieb Hassan mu ikipe yacu nk’umutoza mukuru mu gihe cy’imyaka ibiri ishobora kongerwa. Tumufitiye icyizere kandi twizeye ko azageza ikipe yacu ahisumbuye kurushaho.”
Taleb Abderrahim aje ari kumwe n’abungiriza be babiri: Chahid Mohamed na Haj Taieb Hassan, na bo baturuka muri Maroc.
Aba bose akaba ari ubwa mbere bagiye gukorera mu Rwanda, ariko bafite uburambe muri Afurika y’Amajyaruguru no mu mikino mpuzamahanga.
APR FC iheruka kwegukana igikombe cya shampiyona, irifuza kwitwara neza cyane mu marushanwa nyafurika nka CAF Champions League, aho imaze igihe ishaka kugera kure cyane cyane mu Matsinda ariko ntibigereho.
Taleb yavutse tariki 10 Nzeli 1963 i Casablanca, yagiye akora akazi k’ubutoza mu makipe menshi azwi muri Maroc ndetse n’ahandi ku mugabane wa Africa y’Amajyaruguru .
Yatangiriye mu mwaka wa 2007 ubwo yatozaga Moghreb Tétouan, atoza kandi Wydad de Fès, COD Meknès, RSB Berkane, Wydad Casablanca n’andi menshi atandukanye.