• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Areruya yegukanye igihembo ku munsi wa nyuma wa ‘Tour de France U 23’

Areruya yegukanye igihembo ku munsi wa nyuma wa ‘Tour de France U 23’

Editorial 27 Aug 2018 IMIKINO

Umunyarwanda Areruya Joseph yegukanye igihembo cy’umukinnyi uhatana kurusha abandi mu gace ka nyuma ka Tour de France y’abari munsi y’imyaka 23.

Ni ubwa mbere u Rwanda rwitabiriye Tour de France y’abari munsi y’imyaka 23 izwi nka “Tour de l’Avenir”.

Ntabwo abakinnyi baruserukiye borohewe n’imisozi n’umuvuduko udasanzwe iri siganwa ryagenderagaho.

Muri batandatu bari bitabiriye iri siganwa, bane barimo Munyaneza Didier, Hakiruwizeye Samuel, Ukiniwabo Rene Jean Paul na Manizabayo Eric bavuyemo ku munsi wa gatatu.

Mu tundi duce turindwi, Mugisha Samuel na Areruya Joseph, bakomeje guhangana n’amakipe nka Colombia, U Butaliyani, u Busuwisi n’andi bonyine.

Mu gace ka nyuma kavaga Val d’Isère kajya i Saint Colomban des Villards Col du Glandon ku ntera ya kilometero 150.8 kakinwe kuri iki Cyumweru, Areruya Joseph yegukanyemo igihembo cy’umukinnyi uhatana kurusha abandi.

Isiganwa muri rusange ryegukanywe na Pogačar Tadej ukomoka muri Slovenia akurikirwa n’Umuholandi Arensman Thymen naho Umusuwisi Mäder Gino aba uwa Gatatu.

Areruya yasoje muri rusange ari uwa 73 naho Mugisha aba uwa 76 mu bakinnyi 124 babashije gusoza. Ryari ryatangiwe na 156 abandi bakaba baragiye bavamo gake gake.

Tour de l’Avenir yabaga ku nshuro ya 55, igamije gutyaza ubumenyi no guha ubunararibonye abakinnyi bari munsi y’imyaka 23, ibategura kuzitabira Tour de France y’abakuru.

Areruya Joseph yegukanye igihembo cy’umukinnyi uhatana kurusha abandi mu gace ka nyuma ka Tour de France y’abari munsi y’imyaka 23

Pogačar Tadej ukomoka muri Slovenia niwe wegukanye isiganwa muri rusange

2018-08-27
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Editorial 23 Sep 2024
Abakinnyi b’Amavubi bahawe numero bazaba bambaye muri CHAN

Abakinnyi b’Amavubi bahawe numero bazaba bambaye muri CHAN

Editorial 09 Jan 2018
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Editorial 31 Oct 2024
Rayon Sports inganyije na Yanga African, Gor Mahia yihagararaho mu rugo

Rayon Sports inganyije na Yanga African, Gor Mahia yihagararaho mu rugo

Editorial 17 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame  yasesekaye  mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe  umutekano hirindwa imyigaragambyo
Mu Rwanda

Perezida Kagame yasesekaye mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe umutekano hirindwa imyigaragambyo

Editorial 08 Aug 2016
Mayweather yatsinze MacGregor Umunya-Ireland
IMIKINO

Mayweather yatsinze MacGregor Umunya-Ireland

Editorial 27 Aug 2017
Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe
Mu Mahanga

Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe

Editorial 03 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru