• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Ubwanditsi 27 Aug 2019 HIRYA NO HINO

Mu ijoro ryo kuri uyu 26 Kanama 2019 mu nyubako ya Prudential Center mu mujyi wa New Jersey muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, habereye umuhango ukomeye wo gutanga ibihembo ku bahanzi bakoze neza, ibihembo bizwi nka MTV Video Music Awards 2019.

Hari ku nshuro ya 36 ibirori byo gutanga ibihembo bya MTV Video Music Awards bibaye aho byari biyobowe n’umunyarwenya ukomeye Sebastian Maniscalco.

Byaririmbwemo n’abahanzi basanzwe bakunzwe cyane muri Amerika no ku Isi yose nka Ariana Grande, Billie Eilish, Miley Cyrus, Lil Nas X n’abandi.

“You Need to Calm Down” ya Taylor Swift niyo yatowe nk’indirimbo ifite amashusho meza kurusha izindi aho yatsinze izirimo “A lot” ya 21 Savage na J. Cole, ” Thank u, next” ya Ariana Grande n’izindi.

Yahise aba umuntu wa kane ubushije kweguka iki gihembo inshuro ebyiri nyuma ya Eminem, Rihana na Beyonce.

Ariana Grande ni we watowe nk’umuhanzi w’umwaka ahigitse abo bari bahanganye barimo Cardi B, Billie Eilish, Halsey, Jonas Brothers, Shawn Mendes n’abandi.

Indirimbo ye yise Boy Friend niyo yegukanye igihembo cy’indirimbo yakunzwe muri iyi mpeshyi kurusha izindi.

“Old Town Road (Remix)” ya Lil Nas X afatanyine na Billy Ray Cyrus niyo yatowe nk’indirimbo nziza y’umwaka wa 2019 aho yari ihanganye n’izirimo “In My Feelings” ya Drake, “Thank u, next” ya Ariana Grande, “You Need to Calm Down” ya Taylor Swift n’izindi.

Billie Eilish w’imyaka 17 yatowe nk’umuhanzi mushya wigaragaje kurusha abandi bari bahatanye barimo H.E.R., Lil Nas X, Lizzo, ROSALÍA na Ava Max.

Ni we muhanzi ukiri muto wegukanye iki gihembo nyuma ya Justin Bieber wagihawe mu 2010 ubwo yari afite imyaka 16.

Indirimbo “Money” ya Cardi B yegukanye igihembo cy’indirimbo nziza iri mu njyana ya Hip Hop. Yari ahanganye na “Rule the World” ya 2 Chainz na Ariana Grande, “A lot” ya 21 Savage ft. J. Cole, “Higher” ya DJ Khaled ft. Nipsey Hussle & John Legend n’izindi.

Mu mwaka ushize yari yatsinze mu cyiciro cy’umuhanzi mushya. Abaye umugore wa gatatu wegukanye iki gihembo nyuma ya Nick Minaj na Missy Elliott.

Normani ft. 6lack – “Waves” yatwaye igihembo cy’indirimbo iri mu njyana ya R&B itsinze “Feels Like Summer” ya Childish Gambino, “Raise A Man” ya Alicia Keys, “Trip” ya Ella Mai na “Could’ve Been” ya H.E.R. na Bryson Tiller

“Boyfriend” ya Ariana Grande yabonye igihembo cy’indirimbo yakunzwe muri iyi mpeshyi, “Call You Mine” ya The Chainsmokers na Bebe Rexha ihembwa nk’irimo imbyino nziza, mu gihe Best Sucker ya Jonas Brothers yahembwe nk’iyahize izindi zo mu njyana ya Pop.

Ariana Grande niwe watowe nk’umuhanzi w’umwaka

Cardi B yegukanye igihembo cy’indirimbo yo mu njyana Hip Hop yahize izindi

DJ Khaled yitabiriye ibi birori ariko ntiyabona igihembo

Jonas Brother baririmbye mu birori bya MTV Video Music Awards

Jonas Brothers bahawe igihembo cy’abitwaye neza mu bakora injyana ya Pop

Lil Kim yaserutse yambaye ikanzu itangaje

Lil Nas X yatwaye igihembo cy’indirimbo yahize izindi

Mbere yo guhabwa igihembo Taylor Swift yabanje kuririmba

Shawn Mendes wahataniraga igihembo cy’umuhanzi mushya yaserutse yambaye ikositimu

Tana Mongeau yari yambaye ikanzu idasanzwe afite n’igisa nk’inzoka

Taylor Swift yahawe igihembo cy’indirimbo ifite amashusho meza kurusha izindi

Umuraperi Rick Ross yari yambitswe na Gucci

Umuraperikazi Remy Ma

Uwayoboye ibirori Sebastian Maniscalco n’umugore we Lana Gomez
Src : IGIHE

2019-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Ubwanditsi 25 Oct 2019
Turi ba perezida, ntabwo turi abami – Perezida Ian Khama agira inama Robert Mugabe

Turi ba perezida, ntabwo turi abami – Perezida Ian Khama agira inama Robert Mugabe

Ubwanditsi 20 Nov 2017
U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

Ubwanditsi 01 Apr 2020
Umugore utwite yakubiswe n’umugabo we ngo nk’ukubita imbwa ye atitaye ko anatwite Aramukomeretsa

Umugore utwite yakubiswe n’umugabo we ngo nk’ukubita imbwa ye atitaye ko anatwite Aramukomeretsa

Ubwanditsi 07 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burera: Abagize Komite zo kwicungira umutekano  bahuguwe ku bijyanye n’inshingano zabo
Mu Mahanga

Burera: Abagize Komite zo kwicungira umutekano bahuguwe ku bijyanye n’inshingano zabo

Ubwanditsi 20 Jan 2016
Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?
Amakuru

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Ubwanditsi 29 Oct 2021
Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe
Amakuru

Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Ubwanditsi 28 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru