• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Ubwanditsi 27 Aug 2019 HIRYA NO HINO

Mu ijoro ryo kuri uyu 26 Kanama 2019 mu nyubako ya Prudential Center mu mujyi wa New Jersey muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, habereye umuhango ukomeye wo gutanga ibihembo ku bahanzi bakoze neza, ibihembo bizwi nka MTV Video Music Awards 2019.

Hari ku nshuro ya 36 ibirori byo gutanga ibihembo bya MTV Video Music Awards bibaye aho byari biyobowe n’umunyarwenya ukomeye Sebastian Maniscalco.

Byaririmbwemo n’abahanzi basanzwe bakunzwe cyane muri Amerika no ku Isi yose nka Ariana Grande, Billie Eilish, Miley Cyrus, Lil Nas X n’abandi.

“You Need to Calm Down” ya Taylor Swift niyo yatowe nk’indirimbo ifite amashusho meza kurusha izindi aho yatsinze izirimo “A lot” ya 21 Savage na J. Cole, ” Thank u, next” ya Ariana Grande n’izindi.

Yahise aba umuntu wa kane ubushije kweguka iki gihembo inshuro ebyiri nyuma ya Eminem, Rihana na Beyonce.

Ariana Grande ni we watowe nk’umuhanzi w’umwaka ahigitse abo bari bahanganye barimo Cardi B, Billie Eilish, Halsey, Jonas Brothers, Shawn Mendes n’abandi.

Indirimbo ye yise Boy Friend niyo yegukanye igihembo cy’indirimbo yakunzwe muri iyi mpeshyi kurusha izindi.

“Old Town Road (Remix)” ya Lil Nas X afatanyine na Billy Ray Cyrus niyo yatowe nk’indirimbo nziza y’umwaka wa 2019 aho yari ihanganye n’izirimo “In My Feelings” ya Drake, “Thank u, next” ya Ariana Grande, “You Need to Calm Down” ya Taylor Swift n’izindi.

Billie Eilish w’imyaka 17 yatowe nk’umuhanzi mushya wigaragaje kurusha abandi bari bahatanye barimo H.E.R., Lil Nas X, Lizzo, ROSALÍA na Ava Max.

Ni we muhanzi ukiri muto wegukanye iki gihembo nyuma ya Justin Bieber wagihawe mu 2010 ubwo yari afite imyaka 16.

Indirimbo “Money” ya Cardi B yegukanye igihembo cy’indirimbo nziza iri mu njyana ya Hip Hop. Yari ahanganye na “Rule the World” ya 2 Chainz na Ariana Grande, “A lot” ya 21 Savage ft. J. Cole, “Higher” ya DJ Khaled ft. Nipsey Hussle & John Legend n’izindi.

Mu mwaka ushize yari yatsinze mu cyiciro cy’umuhanzi mushya. Abaye umugore wa gatatu wegukanye iki gihembo nyuma ya Nick Minaj na Missy Elliott.

Normani ft. 6lack – “Waves” yatwaye igihembo cy’indirimbo iri mu njyana ya R&B itsinze “Feels Like Summer” ya Childish Gambino, “Raise A Man” ya Alicia Keys, “Trip” ya Ella Mai na “Could’ve Been” ya H.E.R. na Bryson Tiller

“Boyfriend” ya Ariana Grande yabonye igihembo cy’indirimbo yakunzwe muri iyi mpeshyi, “Call You Mine” ya The Chainsmokers na Bebe Rexha ihembwa nk’irimo imbyino nziza, mu gihe Best Sucker ya Jonas Brothers yahembwe nk’iyahize izindi zo mu njyana ya Pop.

Ariana Grande niwe watowe nk’umuhanzi w’umwaka

Cardi B yegukanye igihembo cy’indirimbo yo mu njyana Hip Hop yahize izindi

DJ Khaled yitabiriye ibi birori ariko ntiyabona igihembo

Jonas Brother baririmbye mu birori bya MTV Video Music Awards

Jonas Brothers bahawe igihembo cy’abitwaye neza mu bakora injyana ya Pop

Lil Kim yaserutse yambaye ikanzu itangaje

Lil Nas X yatwaye igihembo cy’indirimbo yahize izindi

Mbere yo guhabwa igihembo Taylor Swift yabanje kuririmba

Shawn Mendes wahataniraga igihembo cy’umuhanzi mushya yaserutse yambaye ikositimu

Tana Mongeau yari yambaye ikanzu idasanzwe afite n’igisa nk’inzoka

Taylor Swift yahawe igihembo cy’indirimbo ifite amashusho meza kurusha izindi

Umuraperi Rick Ross yari yambitswe na Gucci

Umuraperikazi Remy Ma

Uwayoboye ibirori Sebastian Maniscalco n’umugore we Lana Gomez
Src : IGIHE

2019-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Ubwanditsi 16 May 2019
Hon. Dr.Habineza avuga ko n’abanyereza ibya Leta bakwiye kwamburwa Ubutore

Hon. Dr.Habineza avuga ko n’abanyereza ibya Leta bakwiye kwamburwa Ubutore

Ubwanditsi 26 Oct 2018
Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Ubwanditsi 28 Aug 2019
Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada

Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada

Ubwanditsi 28 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano
Amakuru

Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Ubwanditsi 24 Jul 2021
Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!
Amakuru

Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!

Ubwanditsi 22 Jan 2021
Yaba FARDC cyangwa RDF bose bavogereye imipaka – Raporo ya ICGLR
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Yaba FARDC cyangwa RDF bose bavogereye imipaka – Raporo ya ICGLR

Ubwanditsi 03 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru