• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Ubwanditsi 27 Aug 2019 HIRYA NO HINO

Mu ijoro ryo kuri uyu 26 Kanama 2019 mu nyubako ya Prudential Center mu mujyi wa New Jersey muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, habereye umuhango ukomeye wo gutanga ibihembo ku bahanzi bakoze neza, ibihembo bizwi nka MTV Video Music Awards 2019.

Hari ku nshuro ya 36 ibirori byo gutanga ibihembo bya MTV Video Music Awards bibaye aho byari biyobowe n’umunyarwenya ukomeye Sebastian Maniscalco.

Byaririmbwemo n’abahanzi basanzwe bakunzwe cyane muri Amerika no ku Isi yose nka Ariana Grande, Billie Eilish, Miley Cyrus, Lil Nas X n’abandi.

“You Need to Calm Down” ya Taylor Swift niyo yatowe nk’indirimbo ifite amashusho meza kurusha izindi aho yatsinze izirimo “A lot” ya 21 Savage na J. Cole, ” Thank u, next” ya Ariana Grande n’izindi.

Yahise aba umuntu wa kane ubushije kweguka iki gihembo inshuro ebyiri nyuma ya Eminem, Rihana na Beyonce.

Ariana Grande ni we watowe nk’umuhanzi w’umwaka ahigitse abo bari bahanganye barimo Cardi B, Billie Eilish, Halsey, Jonas Brothers, Shawn Mendes n’abandi.

Indirimbo ye yise Boy Friend niyo yegukanye igihembo cy’indirimbo yakunzwe muri iyi mpeshyi kurusha izindi.

“Old Town Road (Remix)” ya Lil Nas X afatanyine na Billy Ray Cyrus niyo yatowe nk’indirimbo nziza y’umwaka wa 2019 aho yari ihanganye n’izirimo “In My Feelings” ya Drake, “Thank u, next” ya Ariana Grande, “You Need to Calm Down” ya Taylor Swift n’izindi.

Billie Eilish w’imyaka 17 yatowe nk’umuhanzi mushya wigaragaje kurusha abandi bari bahatanye barimo H.E.R., Lil Nas X, Lizzo, ROSALÍA na Ava Max.

Ni we muhanzi ukiri muto wegukanye iki gihembo nyuma ya Justin Bieber wagihawe mu 2010 ubwo yari afite imyaka 16.

Indirimbo “Money” ya Cardi B yegukanye igihembo cy’indirimbo nziza iri mu njyana ya Hip Hop. Yari ahanganye na “Rule the World” ya 2 Chainz na Ariana Grande, “A lot” ya 21 Savage ft. J. Cole, “Higher” ya DJ Khaled ft. Nipsey Hussle & John Legend n’izindi.

Mu mwaka ushize yari yatsinze mu cyiciro cy’umuhanzi mushya. Abaye umugore wa gatatu wegukanye iki gihembo nyuma ya Nick Minaj na Missy Elliott.

Normani ft. 6lack – “Waves” yatwaye igihembo cy’indirimbo iri mu njyana ya R&B itsinze “Feels Like Summer” ya Childish Gambino, “Raise A Man” ya Alicia Keys, “Trip” ya Ella Mai na “Could’ve Been” ya H.E.R. na Bryson Tiller

“Boyfriend” ya Ariana Grande yabonye igihembo cy’indirimbo yakunzwe muri iyi mpeshyi, “Call You Mine” ya The Chainsmokers na Bebe Rexha ihembwa nk’irimo imbyino nziza, mu gihe Best Sucker ya Jonas Brothers yahembwe nk’iyahize izindi zo mu njyana ya Pop.

Ariana Grande niwe watowe nk’umuhanzi w’umwaka

Cardi B yegukanye igihembo cy’indirimbo yo mu njyana Hip Hop yahize izindi

DJ Khaled yitabiriye ibi birori ariko ntiyabona igihembo

Jonas Brother baririmbye mu birori bya MTV Video Music Awards

Jonas Brothers bahawe igihembo cy’abitwaye neza mu bakora injyana ya Pop

Lil Kim yaserutse yambaye ikanzu itangaje

Lil Nas X yatwaye igihembo cy’indirimbo yahize izindi

Mbere yo guhabwa igihembo Taylor Swift yabanje kuririmba

Shawn Mendes wahataniraga igihembo cy’umuhanzi mushya yaserutse yambaye ikositimu

Tana Mongeau yari yambaye ikanzu idasanzwe afite n’igisa nk’inzoka

Taylor Swift yahawe igihembo cy’indirimbo ifite amashusho meza kurusha izindi

Umuraperi Rick Ross yari yambitswe na Gucci

Umuraperikazi Remy Ma

Uwayoboye ibirori Sebastian Maniscalco n’umugore we Lana Gomez
Src : IGIHE

2019-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

Ubwanditsi 29 Nov 2019
Barack Obama yageze muri Kenya

Barack Obama yageze muri Kenya

Ubwanditsi 16 Jul 2018
Waba ushaka kwigarurira umutima w’umukobwa mukundana ? Kora ibi bintu wirebere ukuntu akwimariramo wese

Waba ushaka kwigarurira umutima w’umukobwa mukundana ? Kora ibi bintu wirebere ukuntu akwimariramo wese

Ubwanditsi 25 May 2017
Kivu y’Amajyepfo: FARDC iravuga ko yafashe inyeshyamba 63 zirimo iza FDLR

Kivu y’Amajyepfo: FARDC iravuga ko yafashe inyeshyamba 63 zirimo iza FDLR

Ubwanditsi 12 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame
Mu Rwanda

Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Igitekerezo cy’Umusomyi  Mutezintare Jean-Michel , Cleveland-Ohio
POLITIKI

Igitekerezo cy’Umusomyi Mutezintare Jean-Michel , Cleveland-Ohio

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Bamwe mu bahoze bayobora Rayon sports barateranya Leta n’abaturage.
Amakuru

Bamwe mu bahoze bayobora Rayon sports barateranya Leta n’abaturage.

Ubwanditsi 03 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru