• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Arusha: Abandi Banyarwanda 4 bahamijwe ibyaha na TPIR boherejwe kurangiriza ibihano muri Benin

Arusha: Abandi Banyarwanda 4 bahamijwe ibyaha na TPIR boherejwe kurangiriza ibihano muri Benin

Editorial 02 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda 4 bahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, boherejwe mu gihugu cya Benin ngo abe ari ho barangiriza ibihano byabo bavanwe I Arusha ho bari bafungiye. Muri aba harimo abakatiwe igifungo cya burundu.

Abo barimo Gen. Augustin Bizimungu (uri ku ifoto) w’imyaka 65, wahoze ari umugaba mukuru w’ingabo, akaba yarakatiwe mu 2014 gufungwa imyaka 30 na TPIR. Yafatiwe muri Angola mu 2002 ajyanwa I Arusha ku Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, TPIR.

Undi ni Gregoire Ndahimana wafatiwe muri Congo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu 2009. Mu 2013 nibwo yakatiwe gufungwa imyaka 25. Gregoire Ndahimana w’imyaka 66 yahoze ari Burugumesitiri wa Komini Kivumu ahiciwe Abatutsi basaga 2,000 muri Kiliziya ya Nyange.

Uwa gatatu ni Calixte Nzabonimana w’imyaka 65 y’amavuko wakatiwe na TPIR igifungo cya burundu mu 2012 akaba yarahoze ari minisitiri w’urubyiruko mu gihe cya jenoside. Yafatiwe muri Tanzania mu 2008.

Uwa Kane woherejwe muri Benin nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ikomeza ivuga, ni Ildephonse Nizeyimana w’imyaka 55 wari Captain mu gisirikare cy’u Rwanda (EX-FAR). Uyu washinjwaga kuba ari we wategetse kwica umwamikazi Rosalia Gicanda, yafatiwe muri Uganda mu 2009, akatirwa na TPIR gufungwa burundu mu 2012.

Urwego rwa Loni rwashyiriweho kurangiza imanza zasigajwe na TPIR zitarangiye, ruvuga ko aba boherejwe muri Benin kurangirizayo igihano cyabo nk’uko amasezerano y’uko ibihugu bigomba kwakira abaciriwe imanza bavanwe muri gereza ya Loni I Arusha, avuga.

 Mu mpera z’umwaka ushize, abandi Banyarwanda 4 bavanwe I Arusha boherezwa muri gereza yo muri Senegal kuba ari ho barangiriza ibihano byabo.

Benin ikaba yiyongereye ku bihugu nka Senegal na Mali nabyo byakiriye abandi Banyarwanda bajya kurangirizayo ibihano byabo.

Kuri ubu, i Arusha muri Tanzania hasigaye Abanyarwanda 2 batarabona ibihugu bibakira ari bo; Augustin Ngirabatware wahoze ari minisitiri w’imigambi ya leta mu gihe cya jenoside, akaba yarakatiwe gufungwa imyaka 30. Urwego rwasigaruyeho TPIR rukaba ruteganya gusubiramo urubanza rwe kuva mu mizi.

Undi ni Pauline Nyiramasuhuko wari minisitiri w’iterambere ry’umuryango wakatiwe gufungwa imyaka 47.

Nubwo bimeze gutyo hari abandi barangije ibihano byabo barekuwe cyangwa bagizwe abere, nabo bakiba I Arusha bategereje kubona ibihugu bizabakira ariko ibyo bihugu birimo imiryango yabo cyangwa ibindi byanze kubakira. Uko ari 11 bose ngo baba mu nzu imwe irinzwe na Loni nk’abanyeshuri.

 

2018-03-02
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi : Umugore Wa Nkurunziza Ntiyishimiye Ubuzima Abayemo Nyuma Y’uko Umugabo We Akomeje Kuba Nyirabayazana W’umutekano Muke Mu Karere

Burundi : Umugore Wa Nkurunziza Ntiyishimiye Ubuzima Abayemo Nyuma Y’uko Umugabo We Akomeje Kuba Nyirabayazana W’umutekano Muke Mu Karere

Editorial 05 Jan 2019
Uko ” Alibaba “yahisemo gukorana n’u Rwanda mbere y’abandi muri Afurika

Uko ” Alibaba “yahisemo gukorana n’u Rwanda mbere y’abandi muri Afurika

Editorial 01 Nov 2018
Ni igiki cyihishe inyuma y’ingendo Perezida Nkurunziza yatangiye gukora hirya no hino mu gihugu?

Ni igiki cyihishe inyuma y’ingendo Perezida Nkurunziza yatangiye gukora hirya no hino mu gihugu?

Editorial 23 Nov 2017
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018

Editorial 12 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi
HIRYA NO HINO

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Editorial 21 Nov 2019
Volleyball : Batatu barimo Nkurunziza Gustave wari Perezida bari mu maboko ya Polisi
IMIKINO

Volleyball : Batatu barimo Nkurunziza Gustave wari Perezida bari mu maboko ya Polisi

Editorial 18 Feb 2017
Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)
IMIKINO

Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)

Editorial 08 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru