• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»AS Kigali yegukanye Igikombe cy’Amahoro itsinze Kiyovu, izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup

AS Kigali yegukanye Igikombe cy’Amahoro itsinze Kiyovu, izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup

Editorial 05 Jul 2019 IMIKINO

Igitego cyo mu minota 30 y’inyongera cyahesheje AS Kigali kwegukana igikombe cy’Amahoro yaherukaga mu 2013, nyuma yo gutsinda Kiyovu Sports ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma wabaye kuri uyu wa Kane kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

Kiyovu Sports yaburaga abarimo Bonane Janvier ufite amakarita y’umuhondo, yahushije uburyo bwari kuyiha igitego mu minota ya mbere kuri Nizeyimana Jean Claude, byayisabye gutegereza umunota wa 39, ifungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Rwabuhihi Aimé Placide n’umutwe ku mupira w’umuterekano watewe na Kalisa Rachid.

AS Kigali yatangiye igice cya kabiri isatira bikomeye ndetse nyuma y’iminota icyenda amakipe yombi avuye kuruhuka, Niyomugabo Jean Calude yishyura igitego cyatumye anganya igitego 1-1 mu minota 90 isanzwe y’umukino, hitabazwa 30 y’inyongera.

Nsabimana Eric yafashije AS Kigali kongera kwegukana Igikombe cy’Amahoro ubwo yayitsindiraga igitego cyo ku munota wa gatatu muri 30 y’inyongera, ubwo yari amaze gucenga Serumogo Ali na Rwabuhihi Placide ba Kiyovu Sports, agatera ishoti rikomeye umunyezamu Nzeyurwanda Djihad atabashije kugarura.

Kiyovu Sports yakomeje gusatira mu minota yari isigaye, ariko ntiyabasha kwishyura AS Kigali yakiniraga inyuma, irinda izamu ryayo.

Uyu wabaye umukino wa gatanu wa nyuma Kiyovu Sports itsinzwe mu Gikombe cy’Amahoro nyuma yo kuhatsindirwa mu 1995, 1996, 1997, 1998 (itakinnye ubwo yari guhura na Rayon Sports) ndetse n’uyu munsi mu 2019.

AS Kigali yegukanye Igikombe cy’Amahoro yaherukaga mu 2013, izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup 2019/20 izatangira mu kwezi gutaha.

Rayon Sports  yegukanye umwanya wa 3 nyuma yo gutsinda Police FC ibitego 3-1 mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu.

Mu cyiciro cy’abagore cyakinnye iri rushanwa ku nshuro ya mbere, igikombe cyegukanywe na AS Kigali WFC yatsinze Scandinavia WFC igitego 1-0 mu gihe umwanya wa gatatu wegukanywe na Inyemera WFC yatsinze Mutunda WFC ibitego 4-1.

-  Abakinnyi babanjemo ku mpande zombi:

Kiyovu Sports: Nzeyurwanda Djihad, Serumogo Ali, Ahoyikuye Jean Paul, Karera Hassan, Rwabuhihi Placide, Kalisa Rachid, Habamahoro Vincent, Nizeyimana Djuma, Nieyimana Jean Claude, Shavy Babicka na Armel Ghislain Djimoe.

AS Kigali: Bate Shamiru, Niyomugabo Claude, Nshimiyimana Marc Govin, Rurangwa Mossi, Bishira Latif, Ntamuhanga Tumaini, Nsabimana Eric, Ndayisenga Fuadi, Ndarusanze Jean Claude na Kalanda Frank.

Src : IGIHE

2019-07-05
Editorial

IZINDI NKURU

Umunsi wa 24 wa RPL usize Rayon Sports iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo kunganya kwa APR FC na Etincelles FC

Umunsi wa 24 wa RPL usize Rayon Sports iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo kunganya kwa APR FC na Etincelles FC

Editorial 20 Apr 2025
Sergio Ramos, Kaylor Navas ndetse na Julian Draxler bakinira ikipe ya Paris St Germain barasura u Rwanda mu mpera z’iki cyumweru

Sergio Ramos, Kaylor Navas ndetse na Julian Draxler bakinira ikipe ya Paris St Germain barasura u Rwanda mu mpera z’iki cyumweru

Editorial 29 Apr 2022
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yacyeje  Amavubi yatsinze South Sudan 2-1

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yacyeje Amavubi yatsinze South Sudan 2-1

Editorial 29 Dec 2024
Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Editorial 27 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Editorial 19 Apr 2018
Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi
INKURU NYAMUKURU

Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Editorial 16 Jun 2018
PSD yirukanye  Professeur Ndayishimiye Eric  kubera imyitwarire idahwitse
Mu Mahanga

PSD yirukanye Professeur Ndayishimiye Eric kubera imyitwarire idahwitse

Editorial 13 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru