• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Editorial 23 Dec 2017 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda na Banki y’Isi bashyize umukono ku masezerano y’inguzanyo ihendutse kandi y’igihe kirekire ya miliyoni 80 $ (nibura miliyari 67 Frw) igomba gukoreshwa mu mushinga wo kongera umubare w’abagenerwa inkunga abatishoboye kandi ukagezwa henshi mu gihugu.

Uyu mushinga uzanyuzwa muri gahunda ya VUP mu mirimo ihabwa abatishoboye bakayihemberwa izongererwa igihe, abagenerwa inkunga y’ingoboka n’izindi.

Iyi nguzanyo iriyongera muri gahunda igamije kuzamura imibereho y’abatishoboye, imaze gushyirwamo miliyoni 438 $ kuva mu 2009.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Gatete Claver, yavuze ko iyi nguzanyo ihendutse cyane kuko izishyurwa mu ku nyungu ya 0.75% mu gihe cy’imyaka 38, hariho n’imyaka itandatu izashira u Rwanda rutaratangira kwishyura.

Yakomeje agira ati “Irakomeza rero ya porogaramu twari dusanganywe kuko irongera abantu babona inkunga y’ingoboka batishoboye mu buryo ubwo aribwo bwose. Tubafasha muri ya mirimo isanzwe ariko noneho icyiyongeraho ni uko hajyaho n’imiryango ifite abana cyangwa abantu babana n’ubumuga kugira ngo nabo barebe ukuntu bafashwa.”

Yavuze ko uretse iyi nguzanyo, Banki y’Isi yafashije u Rwanda kubona miliyoni 20 $, arimo miliyoni 15 $ yatanzwe n’Ikigega gitera inkunga imishinga yo kurwanya imirire mibi mu bana, Power of Nutrition, gikorana na Banki y’Isi na UNICEF.

Hariho n’izindi miliyoni 5 $ zitangwa na Global Financing Facility, ikigega gifasha mu guteza imbere ubuzima bw’abagore, abana n’abangavu, yose hamwe akazafasha ababyeyi batwite bakeneye kurya neza, n’abagifite abana bato batarengeje imyaka ibiri kugeza kuri itanu.

Minisitiri Gatete yakomeje agira ati “Hari n’andi miliyoni 20 $ twafashijwe kubona yunganira aya mafaranga asanzwe tuguza, yo ni impano. Biradufasha ngo twongere kuri ya porogaramu yo gufasha abantu batishoboye. Tukaba dushimira Banki y’Isi ubufatanye dufite.”

Yanahishuye ko mu gihe kiri imbere hari andi miliyoni 55 $ ari gukusanywa ku bufatanye na Banki y’Isi, azajya muri gahunda y’imbonezamikurire y’abana.

Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal, yavuze ko ayo mafaranga azajya mu guhashya imirire mibi, amasezerano yayo nibura akaba ashobora gushyirwaho umukono mu mpera za Gashyantare 2018.

Yavuze ko hari imbaraga zashyizwe mu kongerera abaturage ubushobozi, iyi nguzanyo ikaba ije kongera imbaraga u Rwanda ruri gushyira muri izo gahunda, ku buryo nta muntu n’umwe ugomba gusigara inyuma.

Yakomeje agira ati “Kimwe mu bintu bitari bisanzwemo ni uko ari inkunga ikomeye muri VUP ariko no mu kurwanya imirire mibi mu bana mu Rwanda, nko muri gahunda y’imbonezamikurire y’abana, dushimishijwe no kuba uyu mushinga watangira vuba.”

Yavuze ko kugabanya imirire mibi mu bana bigoye muri buri gihugu ariko iyo bikozwe bizana inyungu ku miryango no ku bukungu muri rusange.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), Nkunda Laetitia, yavuze ko iyi nkunga ari ingenzi kuko izatuma abafashwa baba benshi kurushaho.

Ati “Nko muri aka kazi gatanga imirimo ntabwo twari twarashoboye kugera mu mirenge myinshi, ubu iraza kwiyongera. Ikindi abafite ubumuga cyangwa bafite abana bato nabo baraza kubona iyi nkunga kandi n’imirenge yiyongere. Ku nkunga y’ingoboka ho twari mu mirenge yose,”

Muri uyu mushinga biteganyijwe ko Guverinoma yu Rwanda izongeramo miliyoni 6$, ku buryo mu mpera zawo byitezwe ko inkunga y’ingozoka ifasha ingo 95,846 ziri mu Cyiciro cya mbere cy’Ubudehe, iziyongeraho abagera ku 11,000 zo muri icyo cyiciro zifite nibura umwana ufite ubumuga.

Abahabwa imirimo ibahesha amafaranga nabo bazava ku miryango 128,000 ibarizwa mu mirenge 240, igere kuri 141,361 iri mu mirenge 270. Inkunga y’ingoboka yo isanzwe itangwa mu mirenge yose 416.

Impinduka zikomeye zizanagera muri gahunda ifasha abagore n’abana, izagera ku ngo 75,000 mu mirenge 300 zivuye ku 2757 isanzwe zabarwaga mu mirenge 30 mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2016/2017.

2017-12-23
Editorial

IZINDI NKURU

Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Editorial 08 Jan 2019
Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Editorial 12 Jul 2018
Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Editorial 18 May 2018
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Editorial 18 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Mukura ku bitego 4-3
Amakuru

Rayon Sports igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Mukura ku bitego 4-3

Editorial 13 May 2023
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Editorial 21 Apr 2021
Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine
INKURU NYAMUKURU

Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine

Editorial 17 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru