• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Basabose Filipo uyoboye igikorwa cyo gucamo ibice abacitse ku icumu no gusebya ubuyobozi bw’u Rwanda ni muntu ki?

Basabose Filipo uyoboye igikorwa cyo gucamo ibice abacitse ku icumu no gusebya ubuyobozi bw’u Rwanda ni muntu ki?

Editorial 01 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Basabose Filipo avuka mu yahoze ari komini Nshili ku Gikongoro ubu ni mu Karere ka Nyaruguru hafi y’ishuri rya Groupe Scolaire y’i Runyombyi aho bakunda kwita I Santos. Yize amashuri yisumbuye mu Iseminari nto ya Karubanda. Arangije amashuri yakoze iwabo muri Komini Nshili ari uwungirije bourgmestre wa Nshili witwaga Murasandonyi Filipo wayoboye iyo Komini kuva 1962.

Nyuma yakomereje Kaminuza I Nyakinama. Jenoside yakorewe abatutsi iba muri 1994 niho yigaga. Inkotanyi nizo zamurokoye zimuha amahirwe yo guhita akomeza Kaminuza I Butare muri 1995 aninjira mu ngabo z’u Rwanda. Arangije Kaminuza yakoze muri Air Forces i Kanombe aza no guhabwa amahirwe yo kujya gukomeza icyiciro cya 3 cya Kaminuza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yishyurirwa na Leta y’u Rwanda. Nyuma yagarutse mu Rwanda aza gutoroka igihugu acika igisilikare agiye gushaka ubuhunzi muri Canada. Nubwo yagiye muri ubwo buryo ntabwo u Rwanda rwigeze rumukurikirana.

Ikimenyimenyi muri 2011 yagarutse mu Rwanda nta nkomyi anatanga ikiganiro muri colloque yabereye muri Hotel SERENA yabanjirije kwibuka ku nshuro ya 17 jenoside yakorewe Abatutsi. Filipo Basabose yahisemo kuba ku isonga ry’abasebya ubuyobozi bw’u Rwanda afatanyije n’abandi bahisemo iyo nzira barimo ikigarasha Charlotte Mukankusi ufitanye isano n’umugore wa Basabose Filipo kuko Mukankusi ari nyina wabo w’umugore wa Basabose. Umuhungu w’imfura wa Basabose ubu ni umusilikare mu ngabo za Canada.

Filipo Basabose yagiye yirukanwa mu mashyirahamwe y’abacitse ku icumu kubera imiterere ye yo kubangamira ibikorwa bya Leta byo guteza imbere abacitse ku icumu no gusebya ubuyobozi bw’igihugu bwahagaritse jenoside yakorewe abatutsi.

Ni muri urwi rwego muri 2018 yirukanywe mu ishyirahamwe rya IBUKA Actions URUGEMWE rihuje bamwe mu bacitse ku icumu rya jenoside bari ku migabane yose yo ku isi. Kuva muri 2019 Filipo Basabose yayoboye ibikorwa bibi byo kubangamira kwibuka jenoside yakorewe abatutsi no kwandika inyandiko zisebya ubuyobozi bw’igihugu.

Ikigaragara nuko Basabose icyo ashaka ari ugukomeza gahunda y’ibigarasha, gusebya ubuyobozi bw’igihugu no gucamo ibice abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi. Abacitse ku icumu nibashishoze bitandukanye n’iyo migambi mibi ya Filipo Basabose n’agatsiko bafatanyije.

Abenshi mu bagize agatsiko gafatanya na Filipo Basabose baba muri Canada kagizwe n’aba bakurikira: Etienne Masozera, Gallican Gasana, Tabitha Gwiza, Philbert Muzima, Dada Gasirabo, Clarisse Kayisire Mukundente, Hosea Niyibizi, Jacqueline Cyamuzima, Simeon Ndwaniye, Abijuru Abel, Emerence Kayijuka, Nkubana Louis, Ntagara Jean Paul, Utamuliza Eugénie.

Hakiyongeraho ababa muri Amerika bakuriwe na Albert Gasake hakabamo Innocent Sendashonga, Richard Niwenshuti, Samuel Masabo, Israel Ntaganzwa, Musabyimana Jean de Dieu na Jovin Bayingana n’abo mu Bubiligi barimo: Angélique Rutayisire, Donata Uwanyiligira, John Nkaka, Emelyne Munanayire, Gaspard Gahondogo, Benjamin Rutabana, Mukarugagi Matiboli Alvera, Mukeshimana Seraphine, Murebwayire Agnès, Uwibambe Léontine, mbena rimwe hakajyamo na Miheto Ndorimana Tatien.

Bunganirwa n’abari mu Buholandi bagizwe na Louis Rugambage, Espérance Mukashema n’umugabo we Sisi Evariste baherutse gupfa, Teddy Umurerwa na Rugambwa Teddy bo mu Bwongereza, Prosper Bamara wo muri Sénégal.

Muri Espagne hari Bizumuremyi Bonaventure na Murwanashyaka Théogène musaza wa Espérance Mukashema bakaba abana ba Mukulira ku Muhima. N’abandi.

2021-08-01
Editorial

IZINDI NKURU

Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Editorial 11 Jun 2025
Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Editorial 01 Jul 2019
Isiganwa ry’Amagare rizenguruka igihugu rizwi nka Tour du Rwanda, irya 2024 rizakinwa mu cyumweru cya 3 cya Gashyantare 2024

Isiganwa ry’Amagare rizenguruka igihugu rizwi nka Tour du Rwanda, irya 2024 rizakinwa mu cyumweru cya 3 cya Gashyantare 2024

Editorial 10 Oct 2023
Abanya-Kenya na Ethiopia bihariye ibihembo by’irushanwa rya Kigali International Peace Marathon 2023

Abanya-Kenya na Ethiopia bihariye ibihembo by’irushanwa rya Kigali International Peace Marathon 2023

Editorial 11 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA
Amakuru

Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA

Editorial 12 Nov 2021
Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye  Igitero i Rusizi  cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka
ITOHOZA

Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye Igitero i Rusizi cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka

Editorial 23 Jun 2017
Dorothy  umugore wa Rudasingwa yatabajwe igitaraganya ko umugabo we ashobora kwitaba Imana
ITOHOZA

Dorothy umugore wa Rudasingwa yatabajwe igitaraganya ko umugabo we ashobora kwitaba Imana

Editorial 13 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru