• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye

Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye

Editorial 11 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu by’ukuri ubushotoranyi Perezida Yoweri K.Museveni akorera u Rwanda byatangiye intambara yo kubohora u Rwanda ikirangira. Intandaro ni uko yashakaga guha abayobozi bashya b’u Rwanda amabwiriza y’uko bafata ibyemezo,nabo bamubwira ko u Rwanda atari intara ya Uganda, urwango rutangira ubwo.

Irimbi ry’ahashyinguye abasirikare baguye Kisangani.

Murabyibuka ubushotoranyi abasirikari ba Uganda bakoreye ingabo z’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo,bikavamo intambara zabereye mu mujyi wa Kisangani, zanaguyemo abasirikari ba Uganda batabarika. Gutakaza abasirikari benshi nabyo byateye ipfunwe Perezida Museveni, bishimangira urwango afitiye u Rwanda.

Ibikorwa by’ubushotoranyi bya Perezida Museveni n’ibyegera bye ntibibarika, ariko muri iyi nyandiko turibanda gusa kuri bike byabaye muri iyi myaka 10 ishize.

Mu mwaka wa 2001, umugore witwa Winnie Byanyima, icyo gihe wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amatgeko ya Uganda, akaba n’inkoramutima ya Perezida Museveni, yasabye Museveni kureka gushyigikira umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ariko Museveni amwima amatwi. Uburyarya, ruswa n’igitugu biri mu byatumye Winnie Byanyima ashwana na Museveni, nyamara barafatanyije mu ntambara yatumye Museveni afata ubutegetsi.

Si Byanyima gusa wagiriye Museveni inama yo kureka gushotora u Rwanda, kuko hari n’abandi benshi bagerageje, arabananira. Kugeza n’uyu munsi Museveni aracyari umufatanyabikorwa w’abo bajenosideri bashaka kugaruka gusoza umugambi mubisha wa jenoside.

FDLR iri ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba rwashyizwe ahagaragara na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ndetse n’Umuryango w’Abibumbye.

Muw’ 2005, u Rwanda rwagaragarije isi yose ko umujenosideri Ignace Murwanashyaka yakoraga ingendo hirya no hino ku isi akoresheje pasiporo yahawe na Leta ya Uganda. Uyu Ignace Murwanashyaka yabaye umuyobozi wa FDLR, ndetse akaba yaranashakishwaga ngo aryozwe ubunyamaswa bwa FDLR. Nyuma yaje gutabwa muri yombi, bishengura cyane Perezida Museveni, wakoze uko ashoboye ngo Murwanashyaka adafatwa, ariko birananirana.

Hagati y’umwaka wa 2007 na 2010, abanyabyaha banyuranye barimo Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeya, bahunze u Rwanda babifashijwemo na Perezida Museveni, babanza gutura muri Uganda, bimaze gusakuza abohereza mu bihugu binyuranye, birimo Afrika y’Epfo.

Nyamwasa na Karegeya bahise batangiza ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ndetse babifashijwemo n’ubutegetsi bwa Uganda bashingwa umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Kugeza n’ubu muri Uganda RNC ivuna umuheha ikiyongeza undi nk’umwana uri iwabo. Muri Uganda niho RNC ishakira abayoboke, ikanahatoreza abarwanyi, mbere y’uko bohereza mu mashyamba ya Kongo.

Mu mwaka wa 2017, RNC yakajije umurego mu bikorwa byayo muri Uganda, birimo gushaka abayoboke n’imisanzu, no gutoza abarwanyi.

U Rwanda rweretse amahanga ibimenyetso simusiga bigaragaza ko Perezida Museveni ubwe akorana n’abayobozi ba RNC, maze akozwe n’ikimwaro yandikira Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, arimanganya ngo yakiriye abayobozi ba RNC ‘by’impanuka”! Twakwibutsa ko yari yakiriye mu biro bye, Eugene Gasana na Charlotte Mukankusi, uyu Mukankusi we akaba yaranagenderaga kuri pasiporo ya Uganda.

Muw’2018, Akanama k’Amahoro n’Umutekano mu Muryango w’Abibumbye kasohoye icyegeranyo kivuga ko hari ikiguri cyitwa “P5” gikorera muri Kongo, kikaba giterwa inkunga na Uganda. Mu Kuboza uwo mwaka kandi, nibwo Ignace Nkaka alias La Forge Fils Bazeye na Jean Pierre Nsekanabo ba FDLR bafatiwe ku mupaka wa Bunagana bavuye muri Uganda. Aba bombi bari mu maboko y’ubutabera bw’uRwanda, bakaba biyemerera ko bafashwe bavuye i Kampala muri Uganda, mu nama n’uwari Minisitiri wa Uganda ushinzwe Akarere k’Afrika y’Uburasirazuba, Philemon Mateke, inama yateguraga ibitero ku Rwanda.

Muw’2019, RUD-Urunana, umwe mu mitwe igize ikiguri cya “P5”, wagabye igitero mu Kinigi, mu Majyaruguru y’u Rwanda, uhica abantu 15 abandi 14 barakomereka. Ingabo z’u Rwanda zakubise ikibatsi abo bagome, abatarahasize agatwe barafashwe, abasigaye bahungira muri Uganda.

Abatawe muri yombi, n’ubu bakiburana, bavuga ko umuhuzabikorwa w’icyo gitero yari Ministiri Philemon Mateke. Ibi binashimangirwa na telephone zafatanywe abo bantu ba RUD-Urunana, zirimo ubutumwa bugaragaza ko mu gutegura icyo gitero bavuganaga na Philemon Mateke, umunsi ku wundi.

Kuva mu mwaka wa 2019 kugeza uyu munsi, ubutegetsi bwa Uganda bwakomeje guhohotera bikomeye Abanyarwanda bagenda cyangwa batuye muri Uganda, harimo kubica, kubahondagura bagakomereka cyane, kubacuza utwabo no kubafungira ahantu hatazwi. Uwitwa Abel Kandiho utegeka urwego rw’ubutasi mu gisirikari cya Uganda, CMI, ashinja abo Banyarwanda kuba intasi z’u Rwanda, nyamara nta n’umwe wigeze agezwa imbere y’ubutabera ngo hagaragazwe icyo akurikiranyweho. Iyo bamaze gukorerwa iyicarubozo abo Banyarwanda, barimo abana n’abagore, bajugunywa ku mupaka w’u Rwanda, ubuhamya bwabo bukaba buteye agahinda.

Muri uyu mwaka wa 2021, Uganda yohereje abasirikari mu burasirazuba bwa Kongo, hitwajwe ko bagiye”guhashya”inyeshyamba za ADF. Nyamara hari ibimenyetso bigaragaza ko ibyegera bya Perezida Museveni, birimo murumuna we Salim Saleh, bikorana ubucuruzi na ADF, amafaranga avuye muri ubwo bucuruzi akanyuzwa muri banki zo muri Uganda.

Abasesenguzi bavuga ko kohereza abasirikari muri Kongo, ahubwo bihishe indi migambi y’ubutegetsi bwa Museveni, irimo gusahura umutungo wa Kongo, no kurushaho gufasha imitwe irwanya Leta y’u Rwanda. Mu minsi mike ishize kandi, Museveni yagerageje gusaba FDLR kwihuza na FLN ya Paul Rusesabagina, ariko FDLR irabyanga kuko ngo ifata FLN nk’abagambanyi n’abaswa mu by’ intambara.

Ibikorwa by’ubushotoranyi n’ubugambanyi Museveni akorera u Rwanda ni byinshi, ariko nta na kimwe cyamuhiriye. Kujya muri Komgo gutegurira inzira abashaka gutera u Rwanda nabyo ntibizamugwa neza, kandi amateka yagombye kuba amwigisha.

URwanda ruratera ntiruterwa!!

2021-12-11
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mukino witabiriwe n’Abayobozi bakuru b’Ingabo, APR FC yatsinze Vision 2-0 ifata umwanya wa 13

Mu mukino witabiriwe n’Abayobozi bakuru b’Ingabo, APR FC yatsinze Vision 2-0 ifata umwanya wa 13

Editorial 08 Nov 2024
Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda

Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda

Editorial 14 Dec 2021
Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana

Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana

Editorial 03 Apr 2020
Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Editorial 31 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame  yageze  i Bruxelles, azanayobora Rwanda Day
ITOHOZA

Perezida Kagame yageze i Bruxelles, azanayobora Rwanda Day

Editorial 07 Jun 2017
I&M Bank na BRD zagurijwe miliyoni 24 z’amayero zo gushyigikira ishoramari ry’abikorera
UBUKUNGU

I&M Bank na BRD zagurijwe miliyoni 24 z’amayero zo gushyigikira ishoramari ry’abikorera

Editorial 20 Feb 2018

KURANGISHA ICYANGOMBWA CY’UBUTAKA CYATAKAYE

Editorial 02 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru