• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Binagwaho yagizwe umuyobozi wa kaminuza yigenga

Binagwaho yagizwe umuyobozi wa kaminuza yigenga

Editorial 05 Apr 2017 Mu Rwanda

Profesa Agnes Binagwaho yagizwe umuyobozi (Vice Chancellor) wa kaminuza yigenga mpuzamahanga, the University of Global Heaith Equity (UGIHE), ishami ryayo ryo mu Rwanda.

Mu itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’iyo Kaminuza tariki eshatu z’uku kwezi rivuga yuko Dr. Binagwaho, asanzwe atari umushyitsi muri iyo kaminuza ya UGIHE, ubu yazamuwe mu ntera agirwa umuyobozi wayo mukuru hano mu Rwanda.

Muri iryo tangazo umunyamabanga nshingwabikorwa (Executive Director) wa UGIHE, Dr. Peter Drobac, avuga yuko Binagwaho yiyemeje gukora atizigama mu guteza imbere ishami ry’ubuzima n’imibereho myiza y’abakeneye ubufasha mu by’ubuvuzi !
Nk’umuyobozi mukuru wa UGIHE, ishami ryo mu Rwanda (Vice Chancellor), Binagwaho atezweho kuzakomeza kubaka izina ryiza ry’iyo kaminuza nk’ikicaro kiboneye cy’ikoranabuhanga mu bijyanye n’ubuvuzi. Azahagararira imyagurire y’ubulezi na gahunda z’ubushakashatsi muri iyo kaminuza, no kuyitegura kuzimukira mu cyicaro cyayo gihoraho mu majyaruguru y’u Rwanda, biteganyijwe umwaka utaha wa 2018.

Kaminuza ya UGIHE iteze kuri Binagwaho ubumenyi bwe n’ubunararibonye bw’imyaka 20 amaze mu mirimo y’ibijyanye n’ubuvuzi (health) hano mu Rwanda. Dr. Binagwaho uretse kuba yarabaye Minisitiri w’ubuzima (health minister) muri iyi guverinoma, yabaye n’umunyamabanga uhoraho (Permanent Secretary) muri iyo Minisiteri y’ubuzima n’umunyamabanga nshingwabikorwa muri komisiyo y’igihugu yo kurwanya SIDA. Agnes Binagwa ni n’umwalimu ( Senior Lecturer) muri Harvard Medical School.

Nk’uko Bitangazwa na Bukebuke Aimabre, Dr. Binagwaho akiri muri Minisiteri y’ubuzima yakundaga cyane kwitabira gahunda z’abantu bafite ubumuga. Bukebuke ni umuyozi mukuru w’ikinyamakuru SOLIDARITY kivugira abafite ubumuga n’abanyantege nkeya. Ni n’umuyobozi wa ROJAPED, umuryango utegamiye kuri leta ukaba ari nawo usohora Solidarity Magazine.

-6225.jpg

Profesa Agnes Binagwaho

University of Global Health Equity (UGIHE) hano mu Rwanda yatangijwe muri 2015, ikaba yakira abanyeshuli kuva mu migabane itanu y’iyi si dutuyemo ! UGIHE itanga impamyabushobozi mu byiciro bitandukanye mu by’ubuzima.

Casmiry Kayumba

2017-04-05
Editorial

IZINDI NKURU

Ubutumwa nageneye Interahamwe yashatse gutera ubwoba Jay Squeezer kuri Telephone 

Ubutumwa nageneye Interahamwe yashatse gutera ubwoba Jay Squeezer kuri Telephone 

Editorial 12 May 2022
Polisi y’u Rwanda mu rugamba rwo kurwanya ruswa: Batatu bafashwe baha ruswa abapolisi

Polisi y’u Rwanda mu rugamba rwo kurwanya ruswa: Batatu bafashwe baha ruswa abapolisi

Editorial 03 Mar 2017
Magufuli arayobora umuhango wo gusinyisha Sudani y’Epfo nk’umunyamuryango mushya wa EAC

Magufuli arayobora umuhango wo gusinyisha Sudani y’Epfo nk’umunyamuryango mushya wa EAC

Editorial 15 Apr 2016
Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize  bahekuye u Rwanda

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

Administrator 11 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amakuru

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Editorial 20 Mar 2024
Uko Padiri Nahimana  yahunze afite pasiporo ya Congo, umugambi w’Abafaransa n’abapadiri bo muri Espagne
ITOHOZA

Uko Padiri Nahimana yahunze afite pasiporo ya Congo, umugambi w’Abafaransa n’abapadiri bo muri Espagne

Editorial 28 Jan 2017
Polisi y’ u Rwanda yagaragaje uko umutekano waraye wifashe mu gihugu
Mu Rwanda

Polisi y’ u Rwanda yagaragaje uko umutekano waraye wifashe mu gihugu

Editorial 25 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru