• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Editorial 04 Oct 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi irimo kwitegura gukina umukino w’umunsi wa gatatu wo mu matsinda wo guhatanira kwerekeza mu gikombe cy’isi kizaba umwaka utaha 2022 muri Quatar, mu mikino itegerejwe u Rwanda ruzakira ikipe y’igihugu ya Uganda i Kigali.

Imyiteguro y’amavubi kuri uyu mukino ubanza uzaba tariki ya 7 Ukwakira ndetse uwo kwishyura ukazaba kuya 10 Ukwakira, abakinnyi bakina hanze y’u Rwanda bahamagwe n’umutoza Mashami Vincent bamwe muribo bamaze kugera mu gihugu ndetse no gutangira iyi myitozo.

Impera z’icyumweru zasize Jamir Kalisa ukina mu gihugu cya Uganda abimburiye abandi kugera mu mwiherero ndetse no gutangira imyitozo y’Amavubi, kuko iyakozwe kuri iki cyumweru uyu mukinnyi yayigaragayemo.

Mu makuru y’abandi bakinnyi bategerejwe mu ikipe y’igihugu aravuga ko Djihad Bizimana ukina mu kiciro cya kabiri mu Bubiligi we ntabwo azitabira uyu mwiherero w’imikino yombi y’u Rwanda ruzakina na Uganda kubera ko ngo yanduye Koronavirusi ibi bitumye atazitabira iyi mikino.

Mu bandi bakinnyi bagomba kugera mu Mavubi, ni uko kuri uyu wa mbere Ngwabije Bryan Clovis, Rafael York, Buhake Clement, Mukunzi Yannick, Mvuyekure Emery, Nirisalike Salomon na  Kagere Meddie bose barara bageze mu Rwanda.

Abandi barimo Rwatubayeye Abdoul, Imanishimwe Emmanuel na Manzi Thierry bazagera mu Rwanda kuri uyu wa kabiri naho Mutsinzi Ange we azagera i Kigali ku munsi wo kuwa gatatu tariki ya 6 Ukwakira 2021.

Biteganyijwe ko umukino ubanza w’u Rwanda na Uganda uzabera kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa kane ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba mu gihe uwo kwishyura uzakinirwa i Kampala ku cyumweru tariki ya 10 Ukwakira 2021.

Imyitozo y’amavubi yo ikomeje kubera kuri Sitade ya Kigali I Nyamirambo ndetse no kuri Sitade Amahoro i Remera.

2021-10-04
Editorial

IZINDI NKURU

Politiki idaheza u Rwanda rwiyemeje, ni umusingi ukomeye w’ubumwe bw’Abanyarwanda

Politiki idaheza u Rwanda rwiyemeje, ni umusingi ukomeye w’ubumwe bw’Abanyarwanda

Editorial 13 Nov 2021
Kandida Perezida Robert Kyagulanyi Uzwi nka Bobi Wine, yafashwe na Polisi arafungwa i Luuka ari mu bikorwa byo kwiyamamaza

Kandida Perezida Robert Kyagulanyi Uzwi nka Bobi Wine, yafashwe na Polisi arafungwa i Luuka ari mu bikorwa byo kwiyamamaza

Editorial 18 Nov 2020
U Budage bwatsinzwe, Brazil iranganya mu gikombe cy’Isi kirimo gutungurana gukomeye (Amafoto)

U Budage bwatsinzwe, Brazil iranganya mu gikombe cy’Isi kirimo gutungurana gukomeye (Amafoto)

Editorial 18 Jun 2018
Igitaramo  cy’Imbaturamugabo  kiswe ‘Kigali Intsinzi Concert’ kirategurwa  mu marembo ya Stade amahoro

Igitaramo cy’Imbaturamugabo kiswe ‘Kigali Intsinzi Concert’ kirategurwa mu marembo ya Stade amahoro

Editorial 17 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Uwacitse inyeshyamba zikomoka muri Uganda aravuga uko zishe bagenzi be
HIRYA NO HINO

RDC: Uwacitse inyeshyamba zikomoka muri Uganda aravuga uko zishe bagenzi be

Editorial 10 Dec 2018
Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame
Mu Rwanda

Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Editorial 15 Jul 2017
Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni
POLITIKI

Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni

Editorial 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru