• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike

Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike

Editorial 09 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’aho icyambu cya Mocimboa Da Paraia kigaruriwe n’ingabo za Mozambike zifatanyije n’iz’u Rwanda, amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga.

Amakuru akomeje kuvugwa ku isi yose kuva muri izi mpera z’icyumweru, ni ajyanye n’ubutwari ndetse n’ubunyamwuga bwaranze ingabo z’u Rwanda (RDF) zafatanyije n’iza Mozambike, maze mu gihe gito zikigarurira icyambu cya Mocimboa Da Praia, cyari kimaze imyaka isaga 4 kiri mu maboko y’umutwe urwanya ubutegetsi bwa Mozambike.

Iki cyambu cya Mocimboa Da Praia giherereye mu majyaruguru ya Mozambike ni nacyo cyarasiwemo isasu rya mbere ry’uyu mutwe w’inyeshyamba, hari mu mwaka wa 2017, ndetse kuva umwaka ushize kikaba ari cyo cyari icyicaro gikuru cy’uwo mutwe.

Ifatwa rya Mocimboa Da Praia ryashimangiwe n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col Ronald Rwivanga, wabwiye itangazamakuru ko Mocimboa da Praia byari ibirindiro bya mbere bikomeye by’umutwe urwanya ubutegetsi muri Mozambike, bikaba byigaruriwe bivuye ku murava, ubuhanga n’ubunyamwuga mu by’intambara byararanze Ingabo z’uRwanda zifatanyije n’iza Leta ya Mozambike.

Col Rwivanga kandi yavuze ko nta bindi birindiro bikomeye umwanzi asigaranye, akazi RDF n’ingabo za Mozambike bakurikijeho kakaba ari ako guhumbahumba inyeshyamba zaba zikihishashishahirya no hino, mbere yo gushishikariza abaturage gusubira mu byabo. Ikindi kizakurikiraho nk’uko Umuvugizi w’Ingabo z’uRwanda abisobanura, ni ukubaka ubushobozi bw’inzego z’umutekano za Mozambike, kugirango umwanzi atazongera guhungabaya umutekano muri Cabo Delgado ukundi.

Nyuma y’aya makuru isi yose iravuga imyato ingabo za RDF, dore ko kwigarurira Mocimboa Da Praia ndetse n’utundi duce two mu ntara ya Cabo Delgado bibaye mu gihe kitageze ku kwezi, uRwanda rwoherejeyo abasirikari n’abapolisi 1000 gusa.

Uretse iki gikorwa cyo kwirukana izi nyeshyamba zari zarigize “akarahakajyahe” mu duce twinshi two mu ntara ya Cabo Delgado , u Rwanda rwanashimiwe ubushake bwo gutabara aho rukomeye, hagamijwe kugarura amahoro n’umutekano mu bihugu byugarijwe n’intambara.

Urugero ni aha muri Mozambike, aho ibihugu byo mu muryango wa SADC, na Mozambike irimo, byakomeje kuzarira mu gutabara abaturage b’iki gihugu bicwaga buri munsi, abandi bakava mu byabo.

Byabaye ngombwa ko Perezida Filipe Nyusi yiyambaza Ingabo z’u Rwanda, nazo zimwumva bwangu, kikaba kibaye ikimenyetso ko ubufatanye bw’Abanyafurika ubwabo bushobora kurangiza ibibazo by’ingutu.

2021-08-09
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1

Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1

Editorial 04 Sep 2023
U Bufaransa: Urukiko rwemeje kutazakurikirana Padiri Munyeshyaka ku ruhare muri Jenoside

U Bufaransa: Urukiko rwemeje kutazakurikirana Padiri Munyeshyaka ku ruhare muri Jenoside

Editorial 22 Jun 2018
Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Editorial 20 Mar 2024
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Editorial 31 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru