• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike

Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike

Ubwanditsi 09 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’aho icyambu cya Mocimboa Da Paraia kigaruriwe n’ingabo za Mozambike zifatanyije n’iz’u Rwanda, amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga.

Amakuru akomeje kuvugwa ku isi yose kuva muri izi mpera z’icyumweru, ni ajyanye n’ubutwari ndetse n’ubunyamwuga bwaranze ingabo z’u Rwanda (RDF) zafatanyije n’iza Mozambike, maze mu gihe gito zikigarurira icyambu cya Mocimboa Da Praia, cyari kimaze imyaka isaga 4 kiri mu maboko y’umutwe urwanya ubutegetsi bwa Mozambike.

Iki cyambu cya Mocimboa Da Praia giherereye mu majyaruguru ya Mozambike ni nacyo cyarasiwemo isasu rya mbere ry’uyu mutwe w’inyeshyamba, hari mu mwaka wa 2017, ndetse kuva umwaka ushize kikaba ari cyo cyari icyicaro gikuru cy’uwo mutwe.

Ifatwa rya Mocimboa Da Praia ryashimangiwe n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col Ronald Rwivanga, wabwiye itangazamakuru ko Mocimboa da Praia byari ibirindiro bya mbere bikomeye by’umutwe urwanya ubutegetsi muri Mozambike, bikaba byigaruriwe bivuye ku murava, ubuhanga n’ubunyamwuga mu by’intambara byararanze Ingabo z’uRwanda zifatanyije n’iza Leta ya Mozambike.

Col Rwivanga kandi yavuze ko nta bindi birindiro bikomeye umwanzi asigaranye, akazi RDF n’ingabo za Mozambike bakurikijeho kakaba ari ako guhumbahumba inyeshyamba zaba zikihishashishahirya no hino, mbere yo gushishikariza abaturage gusubira mu byabo. Ikindi kizakurikiraho nk’uko Umuvugizi w’Ingabo z’uRwanda abisobanura, ni ukubaka ubushobozi bw’inzego z’umutekano za Mozambike, kugirango umwanzi atazongera guhungabaya umutekano muri Cabo Delgado ukundi.

Nyuma y’aya makuru isi yose iravuga imyato ingabo za RDF, dore ko kwigarurira Mocimboa Da Praia ndetse n’utundi duce two mu ntara ya Cabo Delgado bibaye mu gihe kitageze ku kwezi, uRwanda rwoherejeyo abasirikari n’abapolisi 1000 gusa.

Uretse iki gikorwa cyo kwirukana izi nyeshyamba zari zarigize “akarahakajyahe” mu duce twinshi two mu ntara ya Cabo Delgado , u Rwanda rwanashimiwe ubushake bwo gutabara aho rukomeye, hagamijwe kugarura amahoro n’umutekano mu bihugu byugarijwe n’intambara.

Urugero ni aha muri Mozambike, aho ibihugu byo mu muryango wa SADC, na Mozambike irimo, byakomeje kuzarira mu gutabara abaturage b’iki gihugu bicwaga buri munsi, abandi bakava mu byabo.

Byabaye ngombwa ko Perezida Filipe Nyusi yiyambaza Ingabo z’u Rwanda, nazo zimwumva bwangu, kikaba kibaye ikimenyetso ko ubufatanye bw’Abanyafurika ubwabo bushobora kurangiza ibibazo by’ingutu.

2021-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Ubwanditsi 19 Apr 2019
Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 13 Sep 2021
Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 18 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twagiramungu Faustin yibasiwe ubwo yanengaga itorwa rya Louise Mushikiwabo
INKURU NYAMUKURU

Twagiramungu Faustin yibasiwe ubwo yanengaga itorwa rya Louise Mushikiwabo

Ubwanditsi 13 Oct 2018
Champions League: Liverpool yakosoye Manchester City, FC Barcelone inyagira AS Roma
IMIKINO

Champions League: Liverpool yakosoye Manchester City, FC Barcelone inyagira AS Roma

Ubwanditsi 05 Apr 2018
EU yongereye igihe ku bihano yafatiye umukandida Shadary watanzwe na Perezida Kabila
POLITIKI

EU yongereye igihe ku bihano yafatiye umukandida Shadary watanzwe na Perezida Kabila

Ubwanditsi 11 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru