• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Brazil yabaye indi kipe isezerewe mu gikombe cy’Isi

Brazil yabaye indi kipe isezerewe mu gikombe cy’Isi

Editorial 07 Jul 2018 IMIKINO

Igihugu gikomeye mu mupira w’amaguru ku Isi, Brazil, cyahabwaga amahirwe yo kwegukana igikombe cy’Isi cya 2018, cyasezerewe n’u Bubiligi muri ¼ cy’iri rushanwa.

Brazil yatangiye iri rushanwa ihabwa amahirwe yo kuryegukana, akiyongera umunsi ku wundi nyuma yaho ibihugu bikomeye byasezererwa kimwe ku kindi.

Mu mukino wa ¼ wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu, u Bubiligi butahabwaga amahirwe nibwo bwafunguye amazamu ku gitero cyitsinzwe na Fernandinho ku munota wa 13.

Brazil yahererekanyaga umupira neza kurusha u Bubiligi, yagerageje uburyo bwinshi bwo gushaka uko yishyura ariko ba myugariro b’u Bubiligi bari benshi imbere y’izamu ryabo barayizibira.

Ku munota wa 30, Brazil igishakisha uko yakwishyura, abasore b’u Bubiligi baje kuyica mu rihumye maze bazamukana umupira ugera kuri Kevin De Bruyne maze nawe atera ishoti rikomeye umuzamu wa Brazil ayoberwa uko bigenze.

Igice cya mbere cyarangiye ari ibitego bibiri ku busa. Mu gice cya kabiri, Brazil yakoze impinduka ishaka uko ibona intsinzi, umutoza wayo Tite yinjiza mu kibuga abasore barimo nka Roberto Firmino, Douglas Costa na Renato Augusto.

Basatiriye bikomeye bashaka kwishyura, Neymar agerageza uburyo bwinshi imbere y’izamu ariko byose biranga biba iby’ubusa kugeza ubwo Renato Augusto yatsinze igitego kimwe ku munota wa 73.

Abasore ba Brazil bakomeje gusatira, biharira umupira karahava ariko banarema uburyo bwateje impaka basaba guhabwa penaliti n’ibindi ariko iminota 90 irangira ari ibitego bibiri kuri kimwe.

Brazil ibaye indi kipe ikomeye nyuma ya Espagne, u Budage, Argentine, na Portugal isezerewe.

U Bubiligi bwakatishije itike buzahura muri ½ n’u Bufaransa mu mukino uzagena ikipe igomba kugera ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa.

Hagati aho, kuri uyu wa Gatandatu u Burusiya bwakiriye irushanwa buzakina na Croatia, naho u Bwongereza buhure na Suède.

Kevin De Bruyne ni we watsinze igitego cyashimangiye intsinzi y’u Bubiligi

Abakinnyi b’u Bubiligi bishimira igitego cya mbere babonye kuri Brazil

Eden Hazard yishimira gufasha u Bubiligi kugera muri 1/2 aho bugomba kuzisobanura n’u Bufaransa

Ibyishimo byari byose nyuma y’aho iyi kipe igereye muri 1/2

Agahinda kari kose kuri Neymar wari witezweho ibitangaza n’Abanya-Brazil bose

2018-07-07
Editorial

IZINDI NKURU

CHAN:Ikipe izegukana igikombe izahabwa akayabo izahembwa miliyoni 560 FRW

CHAN:Ikipe izegukana igikombe izahabwa akayabo izahembwa miliyoni 560 FRW

Editorial 02 Jan 2016
Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo

Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo

Editorial 10 Nov 2024
Myugariro w’umunyarwanda  Dylan Maes wakinaga muri Portugal yerekeje muri Cyprus

Myugariro w’umunyarwanda Dylan Maes wakinaga muri Portugal yerekeje muri Cyprus

Editorial 03 Aug 2022
Bwa mbere mu mateka Kenya yatsinze Misiri mu mikino Nyafurika ya Volleyball, Tunisia na Cameroon zageze muri kimwe cya kane

Bwa mbere mu mateka Kenya yatsinze Misiri mu mikino Nyafurika ya Volleyball, Tunisia na Cameroon zageze muri kimwe cya kane

Editorial 09 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano
Mu Mahanga

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Editorial 29 Oct 2016
Perezida wa Guinea, Alpha Condé yasabye bagenzi be kwitandukanya n’u Bufaransa
POLITIKI

Perezida wa Guinea, Alpha Condé yasabye bagenzi be kwitandukanya n’u Bufaransa

Editorial 21 Apr 2017
Uganda: Amashusho agaragaza uko Sgt (Rtd) Rutagungira yashimuswe
Mu Rwanda

Uganda: Amashusho agaragaza uko Sgt (Rtd) Rutagungira yashimuswe

Editorial 11 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru