• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»BREAKING NEWS: CP BRUCE MUNYAMBO AGIZWE UMUYOBOZI WA POLICE YA UN MURI SOUTH SOUDAN.

BREAKING NEWS: CP BRUCE MUNYAMBO AGIZWE UMUYOBOZI WA POLICE YA UN MURI SOUTH SOUDAN.

Editorial 16 Feb 2016 Mu Rwanda

Umupolisi w’Umunyarwanda CP BRUCE MUNYAMBO yagizwe umuyobozi wa Police ya Loni ikorera muri Soudan y’Epfo “ Police Commissioner for the UN Mission in ‪‎SouthSudan‬ (UNMISS)”

Mu kazi gatandukanye kandi ahantu hatandukanye, CP Bruce Munyambo yahacanye umucyo ndetse asoza neza inshingano zose yahawe dore ko vuba anakubutse mu bundi butumwa bwa UN muri Haiti bityo iyi mirimo yindi ashinzwe akaba azayisohoza neza.

Ishyirwaho rya CP Munyambo ribaye nyuma y’uko yari yatanzweho umukandida na Leta y’u Rwanda, aho mu mpera z’uku kwezi azasimbura kuri uwo mwanya Umugande AIGP Fredrick Yiga, wushije ikivi cye cy’imyaka itatu.

Mbere yo guhabwa izi nshingano nshya muri UNMISS, CP Bruce Munyambo watangiriye mu gisirikare akagira n’uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, yari Komiseri ushinzwe ibikorwa bya Polisi muri Polisi y’u Rwanda, imirimo yahawe nyuma yo kuyobora Ishuri rya Polisi ry’i Gishari.

Yanayoboye kandi ishami rishinzwe ibikoresho muri Polisi y’u Rwanda n’indi myanya itandukanye yo hejuru.

CP Munyambo afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu by’imiyoborere mpuzamahanga (International Strategic Leadership and Management), akagira n’impamyabushobozi ihanitse mu miyoborere (Institutionalizing research in leadership and governance) yakuye muri Kaminuza ya Maastricht mu Buholandi.

Afite kandi impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza muri ‘Criminal Justice and Police Management’ yakuye muri Kaminuza ya Leicester mu Bwongereza, yize muri Hann Police Academy mu Budage iby’ubuyobozi mu gipolisi (Senior Police Leadership and Management), amahugurirwa muri Bramshill Police Staff College mu Bwongereza ku byitwa International Commanders and Strategic Command.

Mu by’ubutumwa bwo kubungabunga amahoro, afite ubunararibonye budashidikanywaho, kuko yabikoreye muri Liberia, anayobora umutwe w’abapolisi b’u Rwanda mu butumwa bwa Loni muri Haiti (MINUSTAH).

CP Munyambo abaye Umunyarwanda wa Kabiri uyoboye Polisi ya Loni mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, nyuma ya CP Vianney Nshimiyimana uyoboye polisi irimo kubungabunga amahoro muri Côte d’Ivoire (UNOCI).

Ahawe iyi mirimo kubera uburambe asanganywe mu gipolisi ndetse no mu mirimo yo kubungabunga amahoro mu bindi bihugu, kuko yabaye mu buyobozi ku rwego rwo hejuru haba muri Polisi y’u Rwanda no mu butumwa bw’amahoro bwa Loni.

-2139.jpg

U Rwanda rufite Abapolisi mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu bihugu birindwi, harimo abari i Darfur muri Sudani, abari muri Côte d’Ivoire, Haiti, Centrafrique, Sudani y’Epfo, mu Ntara ya Abyei na New York.

Umwanditsi wacu

2016-02-16
Editorial

IZINDI NKURU

Shampiyona y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 iratangira kuri uyu wa gatanu.

Shampiyona y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 iratangira kuri uyu wa gatanu.

Editorial 03 Jun 2021
Perezida Kagame yazamuye mu ntera abapolisi 4385

Perezida Kagame yazamuye mu ntera abapolisi 4385

Editorial 29 Jan 2019
Amafoto – Byiringiro Lague na Ishimwe Anicet bakinira ikipe ya APR FC, buri umwe yongereye amasezerano y’imyaka ine akinira iyi ikipe y’ingabo z’igihugu

Amafoto – Byiringiro Lague na Ishimwe Anicet bakinira ikipe ya APR FC, buri umwe yongereye amasezerano y’imyaka ine akinira iyi ikipe y’ingabo z’igihugu

Editorial 08 Feb 2022
Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Editorial 15 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Oda Gasinzigwa yatorewe gusimbura Bazivamo mu Nteko ya EALA
Mu Rwanda

Oda Gasinzigwa yatorewe gusimbura Bazivamo mu Nteko ya EALA

Editorial 19 Oct 2016
Urukiko rwafashe umwanzuro ku kibazo cy’umwana wa Ciara na Future
HIRYA NO HINO

Urukiko rwafashe umwanzuro ku kibazo cy’umwana wa Ciara na Future

Editorial 21 Jan 2017
CHAN: Ibihugu 3 muri ¼, 2 byarasezerewe, amakarita 2 atukura,… Ibimaze kuranga imikino 16 imaze gukinwa
IMIKINO

CHAN: Ibihugu 3 muri ¼, 2 byarasezerewe, amakarita 2 atukura,… Ibimaze kuranga imikino 16 imaze gukinwa

Editorial 24 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru